Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yabwiye abaturage bo mu Mujyi wa Goma ko nyuma y’umwaka hashyizweho ubuyobozi bw’uyu mujyi, ubu ibintu byose byamaze kujya ku murongo igisigaye ari ugukomeza urugendo rw’iterambere ndetse no kubohora Congo yose.

Corneille Nangaa yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026 ubwo yaganiraga n’abaturage bo muri uyu Mujyi, nk’umunsi wo kwibuka umwaka ushize bahawe ubuyobozi bwawo.

Uyu mujyi wafashwe mu mpera za Mutarama umwaka ushize wa 2025, nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye rwari rugizwe na FARDC, ingabo za SADC, Abacancuro ndetse n’imitwe irimo FDLR.

Muri iki kiganiro, Nangaa yagiranye n’abaturage b’i Goma, yababwiye ko intambara muri uyu Mujyi yarangiye burundu, bigizwemo uruhare n’igisirikare cy’iri Huriro, gikwiye kubishimirwa.

Yavuze ko “Mubikesheje imbaraga z’inzego za gisirikare, iz’umutekano n’iz’Intara, ubu muraryama mugasinzira, amahoro yaragarutse, ku bw’iyo mpamvu mureke tubashimire. Ubwo mvuga ko rero intambara yarangiye, ubu tugomba gukomeza urugamba rw’iterambere.”

Corneille Nangaa kandi yaboneyeho gushimira ubuyobozi bw’inzego bwite zikomeje gukora ibishoboka kugira ngo uyu mujyi wa Goma ukomeze kurangwamo amahoro ndetse n’ubuzima bukaba bukomeje gutera imbere.

Yakomeje asaba abaturage na bo gukomeza gutanga umusanzu wabo muri ibi byose, abibutsa ko Igihugu cyabo kigomba kubeshwaho kandi kigatezwa imbere n’Abanyekongo ubwabo.

Ati “Aho rero mvugira ko intambara yarangiye, kuva AFC/M23 yagera hano, ntiteze kuzasubira inyuma ahubwo mu ntero yacu turavuga ngo ‘tutasonga mbere’ [tuzakomeza intambwe igana imbere] tuzakomeza intambwe igana mbere kugeza igihe tuzabohorera Congo yose.”

Nangaa atangaje ibi nyuma yuko Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri Huriro AFC/M23, General Sultani Makenga avuze ko abantu bakwiye kumva ko urugamba ari bwo rugitangira kandi ko bazaruhuka ari uko babohoye Congo yose bakayikura mu menyo y’ubutegetsi bubi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + eighteen =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Related Posts

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

by radiotv10
06/02/2026
0

Lt Gen Vladimir Alexeyev wari umwe mu basirikare bakomeye mu gisirikare cy’u Burusiya, yishwe arashwe inshuro nyinshi mu Murwa Mukuru...

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

by radiotv10
06/02/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko wababajwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote Ihuriro AFC/M23 riherutse kugaba ku Kibuga cy’Indege cya...

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

by radiotv10
06/02/2026
0

Umusirikare mu gisirikare cy’u Burundi ushinzwe kurinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru w’u Burundi, Aimée Laurentine Kanyana; yarashe umuturage aramwica. Uyu musirikare...

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), bwatangaje ko bwiteguye gushyigikira imyanzuro mishya yo guhagarika imirwano...

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

by radiotv10
04/02/2026
0

Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barekurwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

06/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.