Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yabwiye abaturage bo mu Mujyi wa Goma ko nyuma y’umwaka hashyizweho ubuyobozi bw’uyu mujyi, ubu ibintu byose byamaze kujya ku murongo igisigaye ari ugukomeza urugendo rw’iterambere ndetse no kubohora Congo yose.

Corneille Nangaa yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026 ubwo yaganiraga n’abaturage bo muri uyu Mujyi, nk’umunsi wo kwibuka umwaka ushize bahawe ubuyobozi bwawo.

Uyu mujyi wafashwe mu mpera za Mutarama umwaka ushize wa 2025, nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye rwari rugizwe na FARDC, ingabo za SADC, Abacancuro ndetse n’imitwe irimo FDLR.

Muri iki kiganiro, Nangaa yagiranye n’abaturage b’i Goma, yababwiye ko intambara muri uyu Mujyi yarangiye burundu, bigizwemo uruhare n’igisirikare cy’iri Huriro, gikwiye kubishimirwa.

Yavuze ko “Mubikesheje imbaraga z’inzego za gisirikare, iz’umutekano n’iz’Intara, ubu muraryama mugasinzira, amahoro yaragarutse, ku bw’iyo mpamvu mureke tubashimire. Ubwo mvuga ko rero intambara yarangiye, ubu tugomba gukomeza urugamba rw’iterambere.”

Corneille Nangaa kandi yaboneyeho gushimira ubuyobozi bw’inzego bwite zikomeje gukora ibishoboka kugira ngo uyu mujyi wa Goma ukomeze kurangwamo amahoro ndetse n’ubuzima bukaba bukomeje gutera imbere.

Yakomeje asaba abaturage na bo gukomeza gutanga umusanzu wabo muri ibi byose, abibutsa ko Igihugu cyabo kigomba kubeshwaho kandi kigatezwa imbere n’Abanyekongo ubwabo.

Ati “Aho rero mvugira ko intambara yarangiye, kuva AFC/M23 yagera hano, ntiteze kuzasubira inyuma ahubwo mu ntero yacu turavuga ngo ‘tutasonga mbere’ [tuzakomeza intambwe igana imbere] tuzakomeza intambwe igana mbere kugeza igihe tuzabohorera Congo yose.”

Nangaa atangaje ibi nyuma yuko Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri Huriro AFC/M23, General Sultani Makenga avuze ko abantu bakwiye kumva ko urugamba ari bwo rugitangira kandi ko bazaruhuka ari uko babohoye Congo yose bakayikura mu menyo y’ubutegetsi bubi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + twenty =

Previous Post

Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya yarashwe inshuro nyinshi

Next Post

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.