Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yabwiye abaturage bo mu Mujyi wa Goma ko nyuma y’umwaka hashyizweho ubuyobozi bw’uyu mujyi, ubu ibintu byose byamaze kujya ku murongo igisigaye ari ugukomeza urugendo rw’iterambere ndetse no kubohora Congo yose.
Corneille Nangaa yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026 ubwo yaganiraga n’abaturage bo muri uyu Mujyi, nk’umunsi wo kwibuka umwaka ushize bahawe ubuyobozi bwawo.
Uyu mujyi wafashwe mu mpera za Mutarama umwaka ushize wa 2025, nyuma y’imirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande bahanganye rwari rugizwe na FARDC, ingabo za SADC, Abacancuro ndetse n’imitwe irimo FDLR.
Muri iki kiganiro, Nangaa yagiranye n’abaturage b’i Goma, yababwiye ko intambara muri uyu Mujyi yarangiye burundu, bigizwemo uruhare n’igisirikare cy’iri Huriro, gikwiye kubishimirwa.
Yavuze ko “Mubikesheje imbaraga z’inzego za gisirikare, iz’umutekano n’iz’Intara, ubu muraryama mugasinzira, amahoro yaragarutse, ku bw’iyo mpamvu mureke tubashimire. Ubwo mvuga ko rero intambara yarangiye, ubu tugomba gukomeza urugamba rw’iterambere.”
Corneille Nangaa kandi yaboneyeho gushimira ubuyobozi bw’inzego bwite zikomeje gukora ibishoboka kugira ngo uyu mujyi wa Goma ukomeze kurangwamo amahoro ndetse n’ubuzima bukaba bukomeje gutera imbere.
Yakomeje asaba abaturage na bo gukomeza gutanga umusanzu wabo muri ibi byose, abibutsa ko Igihugu cyabo kigomba kubeshwaho kandi kigatezwa imbere n’Abanyekongo ubwabo.
Ati “Aho rero mvugira ko intambara yarangiye, kuva AFC/M23 yagera hano, ntiteze kuzasubira inyuma ahubwo mu ntero yacu turavuga ngo ‘tutasonga mbere’ [tuzakomeza intambwe igana imbere] tuzakomeza intambwe igana mbere kugeza igihe tuzabohorera Congo yose.”
Nangaa atangaje ibi nyuma yuko Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri Huriro AFC/M23, General Sultani Makenga avuze ko abantu bakwiye kumva ko urugamba ari bwo rugitangira kandi ko bazaruhuka ari uko babohoye Congo yose bakayikura mu menyo y’ubutegetsi bubi.
RADIOTV10










