Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

radiotv10by radiotv10
07/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 31 bishwe, abandi benshi barakomereka, mu gitero cy’ubwiyahuzi cyabereye mu musigiti w’Abashiya mu murwa mukuru wa Pakistan, Islamabad, mu gihe cy’amasengesho yo kuri uyu wa Gatanu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’igihugu.

Iki gikorwa cy’ubwiyahuzi cyabereye ku musigiti wa Khadija Tul Kubra, uherereye mu gace ka Tarlai Kalan, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Islamabad. Uwabigizemo uruhare yiturikije hagati mu basenga, bituma abantu benshi bahasiga ubuzima, abandi bagakomereka bikabije.

Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Khawaja Asif, yavuze ko abashinzwe umutekano bagerageje guhagarika ukekwa mbere yo kwinjira mu musigiti, ariko akabarasa urufaya rw’amasasu abona kwinjira, maze agezemo ahita yiturikirizaho igisasu.

Yongeyeho ko hari amakuru y’ibanze yerekana ko uwo mugizi wa nabi yaba yaragiye cyangwa yaranyuze muri Afghanistan, nubwo iperereza rigikomeje.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Islamabad bwatangaje ko abantu 169 bajyanywe mu bitaro bitandukanye nyuma y’uko inzego z’ubutabazi zihageze. Abenshi mu bakomerewe bakomeretse bikomeye, barimo abagabo, abagore n’abana.

Minisitiri w’Intebe wungirije wa Pakistan, Ishaq Dar, yamaganye icyo gitero, agisobanura nk’igikorwa cy’ubugwari cyibasiye abasenga b’inzirakarengane.

Yavuze ko kwibasira ahasengerwa n’abasivili ari icyaha gikomeye kandi kinyuranyije n’amahame ya Islam, ashimangira ko Pakistan izakomeza kurwanya iterabwoba mu buryo bwose. Kugeza ubu, nta mutwe urigamba kugaba iki gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe muri uwo musigiti.

Jean de Dieu NDAHIMAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + ten =

Previous Post

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

Next Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe
MU RWANDA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w'Ingabo za Jamaica yasuye iz'u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.