• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

radiotv10by radiotv10
07/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 31 bishwe, abandi benshi barakomereka, mu gitero cy’ubwiyahuzi cyabereye mu musigiti w’Abashiya mu murwa mukuru wa Pakistan, Islamabad, mu gihe cy’amasengesho yo kuri uyu wa Gatanu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’igihugu.

Iki gikorwa cy’ubwiyahuzi cyabereye ku musigiti wa Khadija Tul Kubra, uherereye mu gace ka Tarlai Kalan, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Islamabad. Uwabigizemo uruhare yiturikije hagati mu basenga, bituma abantu benshi bahasiga ubuzima, abandi bagakomereka bikabije.

Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Khawaja Asif, yavuze ko abashinzwe umutekano bagerageje guhagarika ukekwa mbere yo kwinjira mu musigiti, ariko akabarasa urufaya rw’amasasu abona kwinjira, maze agezemo ahita yiturikirizaho igisasu.

Yongeyeho ko hari amakuru y’ibanze yerekana ko uwo mugizi wa nabi yaba yaragiye cyangwa yaranyuze muri Afghanistan, nubwo iperereza rigikomeje.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Islamabad bwatangaje ko abantu 169 bajyanywe mu bitaro bitandukanye nyuma y’uko inzego z’ubutabazi zihageze. Abenshi mu bakomerewe bakomeretse bikomeye, barimo abagabo, abagore n’abana.

Minisitiri w’Intebe wungirije wa Pakistan, Ishaq Dar, yamaganye icyo gitero, agisobanura nk’igikorwa cy’ubugwari cyibasiye abasenga b’inzirakarengane.

Yavuze ko kwibasira ahasengerwa n’abasivili ari icyaha gikomeye kandi kinyuranyije n’amahame ya Islam, ashimangira ko Pakistan izakomeza kurwanya iterabwoba mu buryo bwose. Kugeza ubu, nta mutwe urigamba kugaba iki gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe muri uwo musigiti.

Jean de Dieu NDAHIMAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 1 =

Previous Post

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

Next Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Related Posts

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
02/07/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi cyamuritse intwaro zikomeye mu karasisi kakozwe mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 64 iki Gihugu kimaze kibonye...

Nyuma yuko Ndayishimiye asuye Congo Perezida wa Afurika y’Epfo na we ategerejweyo

Nyuma yuko Ndayishimiye asuye Congo Perezida wa Afurika y’Epfo na we ategerejweyo

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’icyumweru kimwe Perezida Evariste Ndayishimiye agiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na...

Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w'Ingabo za Jamaica yasuye iz'u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.