Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

radiotv10by radiotv10
07/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 31 bishwe, abandi benshi barakomereka, mu gitero cy’ubwiyahuzi cyabereye mu musigiti w’Abashiya mu murwa mukuru wa Pakistan, Islamabad, mu gihe cy’amasengesho yo kuri uyu wa Gatanu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’igihugu.

Iki gikorwa cy’ubwiyahuzi cyabereye ku musigiti wa Khadija Tul Kubra, uherereye mu gace ka Tarlai Kalan, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Islamabad. Uwabigizemo uruhare yiturikije hagati mu basenga, bituma abantu benshi bahasiga ubuzima, abandi bagakomereka bikabije.

Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Khawaja Asif, yavuze ko abashinzwe umutekano bagerageje guhagarika ukekwa mbere yo kwinjira mu musigiti, ariko akabarasa urufaya rw’amasasu abona kwinjira, maze agezemo ahita yiturikirizaho igisasu.

Yongeyeho ko hari amakuru y’ibanze yerekana ko uwo mugizi wa nabi yaba yaragiye cyangwa yaranyuze muri Afghanistan, nubwo iperereza rigikomeje.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Islamabad bwatangaje ko abantu 169 bajyanywe mu bitaro bitandukanye nyuma y’uko inzego z’ubutabazi zihageze. Abenshi mu bakomerewe bakomeretse bikomeye, barimo abagabo, abagore n’abana.

Minisitiri w’Intebe wungirije wa Pakistan, Ishaq Dar, yamaganye icyo gitero, agisobanura nk’igikorwa cy’ubugwari cyibasiye abasenga b’inzirakarengane.

Yavuze ko kwibasira ahasengerwa n’abasivili ari icyaha gikomeye kandi kinyuranyije n’amahame ya Islam, ashimangira ko Pakistan izakomeza kurwanya iterabwoba mu buryo bwose. Kugeza ubu, nta mutwe urigamba kugaba iki gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe muri uwo musigiti.

Jean de Dieu NDAHIMAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 19 =

Previous Post

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

Related Posts

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yabwiye abaturage bo mu Mujyi wa Goma ko nyuma y’umwaka hashyizweho ubuyobozi bw’uyu mujyi, ubu...

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

by radiotv10
06/02/2026
0

Lt Gen Vladimir Alexeyev wari umwe mu basirikare bakomeye mu gisirikare cy’u Burusiya, yishwe arashwe inshuro nyinshi mu Murwa Mukuru...

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

by radiotv10
06/02/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko wababajwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote Ihuriro AFC/M23 riherutse kugaba ku Kibuga cy’Indege cya...

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

by radiotv10
06/02/2026
0

Umusirikare mu gisirikare cy’u Burundi ushinzwe kurinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru w’u Burundi, Aimée Laurentine Kanyana; yarashe umuturage aramwica. Uyu musirikare...

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), bwatangaje ko bwiteguye gushyigikira imyanzuro mishya yo guhagarika imirwano...

IZIHERUKA

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi
AMAHANGA

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

by radiotv10
07/02/2026
0

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

07/02/2026
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.