• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, July 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma yuko Ndayishimiye asuye Congo Perezida wa Afurika y’Epfo na we ategerejweyo

radiotv10by radiotv10
02/07/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma yuko Ndayishimiye asuye Congo Perezida wa Afurika y’Epfo na we ategerejweyo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe Perezida Evariste Ndayishimiye agiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na we aragenderera iki Gihugu.

Cyril Ramaphosa ategerejwe i Kinshasa kuri uyu wa kane tariki 02 Nyakanga, nk’Umuyobozi ushinzwe gahunda yo kwitegura, gukumira no guhangana n’ibyorezo (PPPR) mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ubu butumwa bwo ku rwego rwo hejuru bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe buje mu gihe icyorezo cya Ebola cyongeye kugaruka muri Congo ku nshuro ya 17.

Nk’uko itangazo ryavuye muri Perezidansi ya Afurika y’Epfo ribivuga, Cyril Ramaphosa, araherekezwa na Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane muri Guverinoma ya Afurika y’Epfo, Thandi Moraka.

Biteganyijwe ko Ramaphosa ahura na mugenzi we wa Congo, Félix-Antoine Tshisekedi, kugira ngo “yerekane Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wifatanyije na Guverinoma n’abaturage ba DRC mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje.”

Urwo ruzinduko rugamije kandi gukomeza guhuza ibikorwa by’ubutabazi bw’ibanze ku Mugabane w’Afurika mu guhangana n’iki kibazo

Itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Afurika y’Epfo, rigira riti “Ubu butumwa buzatanga umuyoboro mu bya politiki bwo ku rwego rwo hejuru mu gukomeze uburyo buhuriweho bwo guhangana n’icyorezo cya Ebola ku Mugabane w’Afurika, bushimangire ubufatanye mu karere no kwitegura kwambukiranya imipaka, kandi ishyire hamwe imigambi ya politiki, tekiniki n’imari by’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika n’abafatanyabikorwa.”

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ushimangira ko izi ngamba zidakwiye gusa gukumira iki cyorezo kiriho ubu, ahubwo zigomba no gukomeza uburyo burambye bwo kubungabunga ubuzima rusange bw’Ibihugu bya Afurika no kunoza ubushobozi bw’uyu Mugabane bwo guhangana n’ibibazo by’ubuzima mu gihe kizaza.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Ramaphosa agendereye DRC, nyuma y’icyumweru n’igice, iki Gihugu n’ubundi kigenderewe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, unayoboye Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu biganiro Ndayishimiye yagiranye na mugenzi we Tshisekedi, bagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo n’iki cyorezo cya Ebola gikomeje gukaza umurego muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Abayobozi banyuranye mu Nteko ya Uganda batawe muri yombi

Next Post

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Related Posts

Abayobozi banyuranye mu Nteko ya Uganda batawe muri yombi

Abayobozi banyuranye mu Nteko ya Uganda batawe muri yombi

by radiotv10
02/07/2026
0

Abayobozi banyuranye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, barimo ukuriye Chris Obore ukuriye Itumanaho n’Itangazamakuru, batawe muri yombi bakekwaho ibyaha...

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
02/07/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi cyamuritse intwaro zikomeye mu karasisi kakozwe mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 64 iki Gihugu kimaze kibonye...

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

by radiotv10
30/06/2026
0

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanakiriwemo akanagirana ibiganiro na mugenzi we...

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

by radiotv10
30/06/2026
0

Senateri Jim Risch muri akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye...

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
29/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rirashinja uruhande bahanganye gutwika inzu z’abaturage bo mu gace ka...

Next Post
Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Nyuma yuko Ndayishimiye asuye Congo Perezida wa Afurika y’Epfo na we ategerejweyo

Abayobozi banyuranye mu Nteko ya Uganda batawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.