Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

radiotv10by radiotv10
07/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore bari bamaze igihe kitageze ku kwezi babana nk’umugore n’umugabo, yarangiza akanatwika inzu.

Uyu mugabo w’imyaka 32 asanzwe akora akazi k’ubukanishi ariko abaturanyi bakaba bakunze kumwita Pasiteri, asanzwe atuye mu Mudugudu wa Nyakabungo mu kagari ka Gasange, Umurenge wa Nduba.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yavuze ko urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye ku manywa kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Gashyantare, ubwo inzu ibamo uyu mugabo yafatwaga n’inkongi y’umuriro.

Yagize ati “hari inzu yahiye, inzu yari icumbitsemo umugabo witwa Busingi Bonheur w’imyaka 32, inzu rero ikaba yahiye ariko hahiramo umudamu witwa Mukanyandwi Veneranda.”

CIP Gahonzire avuga ko inzego zirimo Polisi na RIB bageze aha hantu, basanga koko uriya mugore yahiriye muri iyo nzu.

Yagize ati “bageze aho byabereye, koko dusanga uwo mudamu Mukanyadwi yahiriye mu nzu ariko afite n’ibikomere, iperereza rero ryatangiye kugira ngo hamenyekane niba ari inkongi y’umuriro yaturutse kuri gaz cyangwa niba uwo mudamu yishwe.”

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko na bo bagiye kubona bakabona iyo nzu iri gushya, bakabona umugabo asohotse yiruka ariko ntibabona umugore bari bamaranye igihe gito.

Aba baturage bavuga ko babajije uyu mugabo aho umugore we bari bamaranye igihe gito ari, ariko akaryumaho.

Umwe ati “Acecetse rero, kwinjira mu nzu byangoye kuko mu muryango hari harunze ibintu by’ibitabo harunzemo n’ibikweto bishaje nabyo byarimo kwaka, ubwo byansabye gufata isuka mbishyira hanze mbona kwinjiramo, ntagira kugenda menamo itaka umuriro ugabanuka ninjiramo, abonye ninjiyemo aravuga ngo harimo n’umuntu, turavuga ngo igihe twahereye tukubaza kumbi harimo n’umuntu. Nahise ninjiramo mbona mugenzi we mukoraho mbona yamaze gupfa.”

Aba baturage bakeka ko nyakwigendera atishwe n’umuriro kuko uburyo yari yahiye atari ibyari kumuhitana, bagakeka ko ahubwo yaba yishwe n’uyu mugabo we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 13 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamayika (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye abasirikare b'u Rwanda bari mu gace kitwa Trelawny, zagiye...

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

Walk into any home, bus, or school yard today and you will see it: children holding phones, scrolling, laughing, watching...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk'inkingi ya...

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

by radiotv10
06/02/2026
0

Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze...

IZIHERUKA

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye
MU RWANDA

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

07/02/2026
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

07/02/2026
When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

07/02/2026
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.