Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore bari bamaze igihe kitageze ku kwezi babana nk’umugore n’umugabo, yarangiza akanatwika inzu.
Uyu mugabo w’imyaka 32 asanzwe akora akazi k’ubukanishi ariko abaturanyi bakaba bakunze kumwita Pasiteri, asanzwe atuye mu Mudugudu wa Nyakabungo mu kagari ka Gasange, Umurenge wa Nduba.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yavuze ko urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye ku manywa kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Gashyantare, ubwo inzu ibamo uyu mugabo yafatwaga n’inkongi y’umuriro.
Yagize ati “hari inzu yahiye, inzu yari icumbitsemo umugabo witwa Busingi Bonheur w’imyaka 32, inzu rero ikaba yahiye ariko hahiramo umudamu witwa Mukanyandwi Veneranda.”
CIP Gahonzire avuga ko inzego zirimo Polisi na RIB bageze aha hantu, basanga koko uriya mugore yahiriye muri iyo nzu.
Yagize ati “bageze aho byabereye, koko dusanga uwo mudamu Mukanyadwi yahiriye mu nzu ariko afite n’ibikomere, iperereza rero ryatangiye kugira ngo hamenyekane niba ari inkongi y’umuriro yaturutse kuri gaz cyangwa niba uwo mudamu yishwe.”
Abaturage bo muri aka gace bavuga ko na bo bagiye kubona bakabona iyo nzu iri gushya, bakabona umugabo asohotse yiruka ariko ntibabona umugore bari bamaranye igihe gito.
Aba baturage bavuga ko babajije uyu mugabo aho umugore we bari bamaranye igihe gito ari, ariko akaryumaho.
Umwe ati “Acecetse rero, kwinjira mu nzu byangoye kuko mu muryango hari harunze ibintu by’ibitabo harunzemo n’ibikweto bishaje nabyo byarimo kwaka, ubwo byansabye gufata isuka mbishyira hanze mbona kwinjiramo, ntagira kugenda menamo itaka umuriro ugabanuka ninjiramo, abonye ninjiyemo aravuga ngo harimo n’umuntu, turavuga ngo igihe twahereye tukubaza kumbi harimo n’umuntu. Nahise ninjiramo mbona mugenzi we mukoraho mbona yamaze gupfa.”
Aba baturage bakeka ko nyakwigendera atishwe n’umuriro kuko uburyo yari yahiye atari ibyari kumuhitana, bagakeka ko ahubwo yaba yishwe n’uyu mugabo we.
RADIOTV10









