• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

radiotv10by radiotv10
08/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa
Share on FacebookShare on Twitter

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA.

Shema Fabrice yatorewe kuba muri komite nyobozi ari kumwe na Francis Amin Michael usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sudan y’Epfo.

Shema yinjiye muri Cecafa nyuma y’amezi atanu atorewe kuyobora Ferwafa mu matora yabaye taliki ya 30 Kanama 2025.

Umunya-Eritrea Paulos Weldehaimanot Andemariam usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cye , niwe watorewe kuyobora Cecafa ku mwanya atahanganaga n’undi muntu, mu gihe uwatowe nka visi perezida we ari Ali Abdi Mohamed usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Somalia, nawe utari ufite uwo bahanganiye uwo mwanya.

Paulos yiyamamaje wenyine ku mwanya wa perezida kuko abo bari bahanganye bose bari bakuyemo kandidatire zabo.

Uwakuyemo kandidatire mbere y’uko n’inteko rusange itora itangira ni perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burundi General de Police Muyenge Alexandre.

Undi ni Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda , Eng Moses Hassim Magogo, wakuyemo kandidatire inteko yanatangiye ndetse ananenga iyi mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru yo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA).

Magogo yafashe iki cyemezo hahita hasigara umukandida umwe muri batatu bahataniraga umwanya wa perezida.

Mu ijambo yagejeje ku Nteko rusange ubwo yatunguranaga akuramo kandidatire , Magogo yavuze ko akarere kahungabanyijwe cyane n’ingaruka z’ivangura n’imikino ya politiki mu mupira w’amaguru, bikabangamira iterambere ry’uyu mukino muri rusange.

Yagize ati: “Ni ukuri kubabaje kubona ko muri Afurika tukiri inyuma mu iterambere ry’umupira w’amaguru, kandi imbogamizi ikomeye ari politiki dukina. Igihe twari i Juba muri Sudani y’Epfo, nahisemo kwikuramo nkareka umuvandimwe wanjye Wallace Karia akajya ku mwanya w’abari muri CAF adahanganye nanjye. Nemera ko dukomeje gutora, bizakomeza kuducamo ibice. Umuvandimwe wanjye wo mu Burundi yikuye mu matora, nanjye mfata uwo murongo. Ndizera ko bizadutwara igihe gito kandi bigatuma dukomeza imbere twunze ubumwe.”

Magogo yanagaragaje ko akarere karimo ibibazo bikomeye, agaragaza ko katarabasha kugera ku rwego rw’utundi turere.

Yagize ati: “Kuri bamwe muri twe, CECAFA ni nk’Igikombe cy’Isi cyacu, ni nk’Igikombe cya Afurika cyacu, kandi ni yo mahirwe yonyine tugira yo guhatana. Iyo urebye akarere, usanga ari ibihugu bitatu cyangwa bine byakira amarushanwa, mu gihe bimwe bitanayitabira.”

Cecafa ikunze kunengwa kudategura amarushanwa nk’ahandi.CECAFA igizwe n’ibihugu 12 ari byo: Sudani, Eritrea, Sudani y’Epfo, Djibouti, Somalia, Ethiopia, Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda n’u Burundi.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Next Post

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Related Posts

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n'Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe...

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

by radiotv10
30/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo, rimuziza kuwucunga nabi. Ibi bibaye nyuma y’aho kompanyi...

Rwabuze gica hagati ya APR HC na Police HC imbere y’abafana b’ingeri zinyuranye (Amafoto)

Rwabuze gica hagati ya APR HC na Police HC imbere y’abafana b’ingeri zinyuranye (Amafoto)

by radiotv10
29/06/2026
0

Imikino ya nyuma ya kamarampaka muri shampiyona ya Handball yafashe indi ntera nyuma y’aho APR HC yishyuriye Police HC, amakipe...

Next Post
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n'Abapolisi b'u Rwanda bitabiriye amarushana y'ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.