Imikino ya nyuma ya kamarampaka muri shampiyona ya Handball yafashe indi ntera nyuma y’aho APR HC yishyuriye Police HC, amakipe yombi anganya intsinzi ebyiri kuri ebyiri (2-2) mu mikino ya nyuma ikinwa hakurikijwe uburyo bwa Best of Five.
Aya makipe ni yo yageze ku mukino wa nyuma, aho igikombe gitangwa ku ikipe ibanza gutsinda imikino itatu muri itanu iteganyijwe.
Police HC yari yatangiye neza itsinda imikino ibiri ya mbere, biyishyira mu mwanya mwiza wo kwegukana igikombe. Ku mukino wa gatatu, wakinwe ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026, Police HC yari ikeneye intsinzi imwe gusa ngo yegukane igikombe, ariko APR HC irayitungura irayitsinda, bituma irushanwa rikomeza.
Ku mukino wa kane wabereye muri Petit Stade kuri iki Cyumweru tariki ya 28 Kamena 2026, Police HC yongeye kubona amahirwe yo kurangiza akazi, ariko ntiyayabyaza umusaruro.
APR HC yongeye kwitwara neza itsinda Police HC ibitego 27-24, ihita yishyura imikino ibiri yari yatsinzwe.
Iyi ntsinzi isobanuye ko ikipe izegukana igikombe cya shampiyona igomba kuzamenyekana nyuma y’umukino wa gatanu.
Umukino wa nyuma (Game 5) uteganyijwe ku wa Kabiri, saa 18:00, ukazabera muri Petit Stade.
Abakunzi ba Handball bategereje uyu mukino ufatwa nk’uw’amateka, aho APR HC y’umutoza Anaclet Bagirishya ishaka kurangiza urugendo rwayo rwiza nyuma yo kuva inyuma, mu gihe Police HC y’umutoza CIP (RTD) Antoine Ntabanganyimana izaba ishaka kwisubiza amahirwe yari ifite yo kwegukana igikombe.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10





