Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy’ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa Kabiri wakwimurwa, bikayorohereza kwitegura umukino wa LUPOPO uri ku wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare 2026.
Uyu ni umukino wagombaga kuba mu gice kibanza cya shampiyona, ariko uza kwimurwa kubera ko ikipe ya Al Hilal yari iri gukina undi mukino w’amatsinda y’amakipe yabaye aya mberse iwayo ku mugabane wa Afurika CAF Champions League.
Umutoza w’iyi kipe LAURENÈšIU REGHECAMPF, yasabye ubuyobozi bwe ko bwasaba Rwanda Premier League ikabimurira uyu mukino kugira ngo bakaze imyiteguro y’umukino wa nyuma wo mu itsinda barimo, aho bazahura na FC Sait-Éloi Lupopo ku wa 6 w’iki cyumweru bakaba basabwa kuwutsinda cyangwa kunganya ngo bizere kuzagera muri 1/4 cya CAF Champions League.
Ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaga iki cyifuzo, Rwanda Premier League yababwiye ko bidashoboka ko match yabo na APR igomba kuba nk’uko bisanzwe, ikazaba ku wa 2 tariki 10/2/2026.
Andi makuru Radio/TV10 yamenye, ni uko uyu mukino ushobora kubera kuri Kigali Pelé Stadium Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aho kubera kuri Stade Amahoro.
Andi makuru twamenye, Umutoza wa Al Hilal yifuzaga ko uyu mukino usubikwa nyuma yo gutsindwa na MC Alger 2-1, aho yasabwaga nibura inota rimwe ngo abone itike ya 1/4. Ibi byatumye agomba gukanira umukino wa nyuma wo mu itsinda kugira ngo azawutsinde cyangwa awunganye bimuheshe gukomeza.
Al Hilal yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, nyuma y’urugendo rurerure rwo kuva muri Algérie aho bari bakinnye ku wa 5.
Iyi kipe yo muri Sudan iri gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, yasoje igice kibanza cya shampiyona ari yo iyoboye urutonde n’amanota 35 mu mikino 15, dore ko ifite ibirarane 2 bya APR FC na AL-MERRIKH.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10










