Sunday, February 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

radiotv10by radiotv10
08/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy’ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa Kabiri wakwimurwa, bikayorohereza kwitegura umukino wa LUPOPO uri ku wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare 2026.

Uyu ni umukino wagombaga kuba mu gice kibanza cya shampiyona, ariko uza kwimurwa kubera ko ikipe ya Al Hilal yari iri gukina undi mukino w’amatsinda y’amakipe yabaye aya mberse iwayo ku mugabane wa Afurika CAF Champions League.

Umutoza w’iyi kipe LAURENÈšIU REGHECAMPF, yasabye ubuyobozi bwe ko bwasaba Rwanda Premier League ikabimurira uyu mukino kugira ngo bakaze imyiteguro y’umukino wa nyuma wo mu itsinda barimo, aho bazahura na FC Sait-Éloi Lupopo ku wa 6 w’iki cyumweru bakaba basabwa kuwutsinda cyangwa kunganya ngo bizere kuzagera muri 1/4 cya CAF Champions League.

Ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaga iki cyifuzo, Rwanda Premier League yababwiye ko bidashoboka ko match yabo na APR igomba kuba nk’uko bisanzwe, ikazaba ku wa 2 tariki 10/2/2026.

Andi makuru Radio/TV10 yamenye, ni uko uyu mukino ushobora kubera kuri Kigali Pelé Stadium Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aho kubera kuri Stade Amahoro.

Andi makuru twamenye, Umutoza wa Al Hilal yifuzaga ko uyu mukino usubikwa nyuma yo gutsindwa na MC Alger 2-1, aho yasabwaga nibura inota rimwe ngo abone itike ya 1/4. Ibi byatumye agomba gukanira umukino wa nyuma wo mu itsinda kugira ngo azawutsinde cyangwa awunganye bimuheshe gukomeza.

Al Hilal yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, nyuma y’urugendo rurerure rwo kuva muri Algérie aho bari bakinnye ku wa 5.

Iyi kipe yo muri Sudan iri gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, yasoje igice kibanza cya shampiyona ari yo iyoboye urutonde n’amanota 35 mu mikino 15, dore ko ifite ibirarane 2 bya APR FC na AL-MERRIKH.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + thirteen =

Previous Post

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Related Posts

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

by radiotv10
08/02/2026
0

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru...

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare. Ubuyobozi bwa...

IZIHERUKA

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR
FOOTBALL

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

07/02/2026
Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.