Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko bwagize uruhare mu ifatwa rya Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za America umwaka ushize.

Prince Kid wahoze ayobora sosiyete Rwanda Inspiration Backup yateguraga irushanwa rya Miss rwanda, yahamijwe ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, akatirwa gufungwa imyaka itanu.

Nyuma y’iki cyemezo cyafashwe mu kwezi k’Ukwakira 2023, uregwa waburanye ari hanze, ntiyabonetse ngo ajye kurangiza igihano, ahubwo biza kuvugwa ko yatorokeye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Umwaka ushize wa 2025, Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Immigration and Customs Enforcement-ICE), rwatangaje ko Prince Kid yafatiwe mu mujyi wa Fort Worth, muri Texas.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gashyantare 2026, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Habyarimana Angélique yemeye ko Ishimwe Dieudonné yafatiwe muri America.

Yagize ati “Ishimwe Dieudonné yahamijwe icyaha cyo gufata ku ngufungu mu buryo budasubirwaho hamenyekanye ko ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).”

Umushinjacyaha Mukuru yavuze ko kugira ngo Ishimwe afatwe, byanyuze mu nzira z’amategeko. ati “Nk’uko bisanzwe hakozwe ibisabwa iyo hamenyekanye uwakoze icyaha aho aherereye hashyizweho impapuro zo kumufata.”

Habyarimana Angélique yavuze ko inzego z’ubutabera z’u Rwanda zikomeje gukurikirana ikibazo cya Ishimwe kugira ngo hazakurikizwe ibiteganywa n’amategeko.

Prince Kid yahamijwe ibyaha bishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, aho bamwe bavuze ko batswe ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Related Posts

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

by radiotv10
09/02/2026
0

Umunyarwenya Mwitende Abdoulkarim uzwi nka Burikantu, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yahoze...

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

by radiotv10
09/02/2026
0

Ibirangirire Kim Kardashian, na Lewis Hamilton bamaze igihe bavugwa ko bari mu rukundo, bagaragaye bari kumwe bareba umupira, banyuzamo bakarebana...

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

by radiotv10
07/02/2026
0

Abantu bamara igihe kinini ku kazi, kenshi kurusha igihe bamara mu rugo. Ibi bituma ibisanzwe ari ubucuti bishobora gukura, rimwe...

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

by radiotv10
06/02/2026
0

This weekend across Rwanda is packed with a mix of adventure, nature, music, and social events. Whether you love the...

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amashusho agaragaza umuhanzikazi Celine Dion atitira anarira kubera ububabare bw’indwara ya SPS (Stiff-Person Syndrome) amaranye...

IZIHERUKA

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America
IBYAMAMARE

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

by radiotv10
09/02/2026
0

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

09/02/2026
Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

09/02/2026
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

09/02/2026
Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

09/02/2026
Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

09/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.