Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko bwagize uruhare mu ifatwa rya Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za America umwaka ushize.
Prince Kid wahoze ayobora sosiyete Rwanda Inspiration Backup yateguraga irushanwa rya Miss rwanda, yahamijwe ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, akatirwa gufungwa imyaka itanu.
Nyuma y’iki cyemezo cyafashwe mu kwezi k’Ukwakira 2023, uregwa waburanye ari hanze, ntiyabonetse ngo ajye kurangiza igihano, ahubwo biza kuvugwa ko yatorokeye muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Umwaka ushize wa 2025, Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Immigration and Customs Enforcement-ICE), rwatangaje ko Prince Kid yafatiwe mu mujyi wa Fort Worth, muri Texas.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gashyantare 2026, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Habyarimana Angélique yemeye ko Ishimwe Dieudonné yafatiwe muri America.
Yagize ati “Ishimwe Dieudonné yahamijwe icyaha cyo gufata ku ngufungu mu buryo budasubirwaho hamenyekanye ko ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).”
Umushinjacyaha Mukuru yavuze ko kugira ngo Ishimwe afatwe, byanyuze mu nzira z’amategeko. ati “Nk’uko bisanzwe hakozwe ibisabwa iyo hamenyekanye uwakoze icyaha aho aherereye hashyizweho impapuro zo kumufata.”
Habyarimana Angélique yavuze ko inzego z’ubutabera z’u Rwanda zikomeje gukurikirana ikibazo cya Ishimwe kugira ngo hazakurikizwe ibiteganywa n’amategeko.
Prince Kid yahamijwe ibyaha bishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, aho bamwe bavuze ko batswe ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.
RADIOTV10









