Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 cyungutse abasirikare b’abakomando 7 532 barangije imyitozo, binjijwe mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wabo Maj Gen Sultani Makenga.

Iki gikorwa cyabereye Tshanzu muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruhuru, ku Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026.

AFC/M23 ivuga ko imyitozo yahawe aba bakomando, yari ikomeye kandi yateguranywe ubuhanga, ikaba ari kimwe mu bigize ingamba zihamye zo gushimangira ubushobozi bwa gisirikare bwa ARC.

Iri Huriro rivuga ko “Intego ari ukongera kubaka ubuyobozi bw’Igihugu mu buryo bufatika mu Gihugu hose. Iyi myitozo yibanze ku myitwarire myiza, guhuza hagati y’imitwe, no kubahiriza cyane amabwiriza y’ubuyobozi, nk’inkingi z’ingenzi z’umutwe w’ingabo uteguye neza kandi ukora neza.”

AFC/M23 ivuga kandi ko mu bice byabohowe, abasirikare ba AFC/M23 bagira uruhare rukomeye mu buzima rusange by’abadutuye, aho bakora uburinzi bwihariye bw’ibyo bice no kugenzura ko ibikorwa bihakorerwa bigenda neza.

Umugaba Mukuru w’abasirikare ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yavuze ko ARC ikomeje kugaragaza ko ifite imyitwarire iboneye, kandi ubunararibonye bw’abagize uyu mutwe, buyifasha mu rugamba barimo.

Maj Gen Makenga, mu butumwa yagejeje kuri aba bakomando, yabibukije ko binjiye mu gisirikare gifite intego yo kubohora Igihugu cyose cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abagituye bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bubi.

Yagize ati “Igihugu cyacu kiyobowe n’abantu badashoboye bibereye i Kinshasa, bagiye ku buyobozi batabikwiye, bakangiza Igihugu, basenya ibintu byose, bica abaturage b’Igihugu cyabo. Abanyekongo b’abavandimwe bacu babaye impunzi mu Bihugu byo hanze, abandi bava mu byabo bahunga mu bice binyuranye by’Igihugu.”

Yavuze ko ubutegetsi buriho muri Congo bukwiye kuzirengera ingaruka z’ibikorwa bibi buriho bukora. Ati “Barica abasivile, bahohotera abaturage, barasenya buri kimwe cyose gihari.”

Gen Makenga akomeza avuga ko ARC yahagurutse kugira ngo ihagarike ibi bikorwa byose bibi biriho bikorwa n’ubutegetsi buriho muri DRC, kandi ko bari gukoresha imbara zishoboka, bakaba barageze kuri byinshi.

Ati “Barwanyije umwanzi nubwo yari afite imbaraga n’ubufasha bukomeye, bazanye Ingabo z’Abarundi, bazana FDLR, bazana abacancuro b’abazungu baturutse mu Bihugu binyuranye, bakoresha amabandi yose babahuriza mu cyo bise Wazalendo, abo bose ARC yaraje irabakubita.”

Gen Makenga yabwiye aba bakomando ko imyitozo n’ubumenyi bahawe bagomba kubikoresha batanga umusanzu wabo muri uru rugamba AFC/M23 irimo.

Ati “Mugomba gutanga umusanzu wanyu mu kubaka Igihugu, abavandimwe banyu bamaze imyaka myinshi ari impunzi, bagomba gutahuka bakaza bakabaho mu mahoro.”

Umugaba Mukuru wa AFC/M23 iri Huriro rigomba kubaka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kikaba Igihugu cyubashywe ku ruhando mpuzamahanga. Ati “Tugomba kugira abaturage bubashywe, tukagira igisirikare cyiza, abaturage bacu bakaba abantu bubashywe.”

Yasabye aba Bakomando kuzarangwa n’imyitwarire myiza nk’uko abarwanyi b’iri Huriro basanzwe bitwara, kugira ngo babashe kurwanya abari mu gisirikare cya Congo barangwa n’imyitwarire mibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Next Post

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n'umukoresha we KNC banakorana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.