Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 cyungutse abasirikare b’abakomando 7 532 barangije imyitozo, binjijwe mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wabo Maj Gen Sultani Makenga.

Iki gikorwa cyabereye Tshanzu muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruhuru, ku Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026.

AFC/M23 ivuga ko imyitozo yahawe aba bakomando, yari ikomeye kandi yateguranywe ubuhanga, ikaba ari kimwe mu bigize ingamba zihamye zo gushimangira ubushobozi bwa gisirikare bwa ARC.

Iri Huriro rivuga ko “Intego ari ukongera kubaka ubuyobozi bw’Igihugu mu buryo bufatika mu Gihugu hose. Iyi myitozo yibanze ku myitwarire myiza, guhuza hagati y’imitwe, no kubahiriza cyane amabwiriza y’ubuyobozi, nk’inkingi z’ingenzi z’umutwe w’ingabo uteguye neza kandi ukora neza.”

AFC/M23 ivuga kandi ko mu bice byabohowe, abasirikare ba AFC/M23 bagira uruhare rukomeye mu buzima rusange by’abadutuye, aho bakora uburinzi bwihariye bw’ibyo bice no kugenzura ko ibikorwa bihakorerwa bigenda neza.

Umugaba Mukuru w’abasirikare ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yavuze ko ARC ikomeje kugaragaza ko ifite imyitwarire iboneye, kandi ubunararibonye bw’abagize uyu mutwe, buyifasha mu rugamba barimo.

Maj Gen Makenga, mu butumwa yagejeje kuri aba bakomando, yabibukije ko binjiye mu gisirikare gifite intego yo kubohora Igihugu cyose cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abagituye bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bubi.

Yagize ati “Igihugu cyacu kiyobowe n’abantu badashoboye bibereye i Kinshasa, bagiye ku buyobozi batabikwiye, bakangiza Igihugu, basenya ibintu byose, bica abaturage b’Igihugu cyabo. Abanyekongo b’abavandimwe bacu babaye impunzi mu Bihugu byo hanze, abandi bava mu byabo bahunga mu bice binyuranye by’Igihugu.”

Yavuze ko ubutegetsi buriho muri Congo bukwiye kuzirengera ingaruka z’ibikorwa bibi buriho bukora. Ati “Barica abasivile, bahohotera abaturage, barasenya buri kimwe cyose gihari.”

Gen Makenga akomeza avuga ko ARC yahagurutse kugira ngo ihagarike ibi bikorwa byose bibi biriho bikorwa n’ubutegetsi buriho muri DRC, kandi ko bari gukoresha imbara zishoboka, bakaba barageze kuri byinshi.

Ati “Barwanyije umwanzi nubwo yari afite imbaraga n’ubufasha bukomeye, bazanye Ingabo z’Abarundi, bazana FDLR, bazana abacancuro b’abazungu baturutse mu Bihugu binyuranye, bakoresha amabandi yose babahuriza mu cyo bise Wazalendo, abo bose ARC yaraje irabakubita.”

Gen Makenga yabwiye aba bakomando ko imyitozo n’ubumenyi bahawe bagomba kubikoresha batanga umusanzu wabo muri uru rugamba AFC/M23 irimo.

Ati “Mugomba gutanga umusanzu wanyu mu kubaka Igihugu, abavandimwe banyu bamaze imyaka myinshi ari impunzi, bagomba gutahuka bakaza bakabaho mu mahoro.”

Umugaba Mukuru wa AFC/M23 iri Huriro rigomba kubaka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kikaba Igihugu cyubashywe ku ruhando mpuzamahanga. Ati “Tugomba kugira abaturage bubashywe, tukagira igisirikare cyiza, abaturage bacu bakaba abantu bubashywe.”

Yasabye aba Bakomando kuzarangwa n’imyitwarire myiza nk’uko abarwanyi b’iri Huriro basanzwe bitwara, kugira ngo babashe kurwanya abari mu gisirikare cya Congo barangwa n’imyitwarire mibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 3 =

Previous Post

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Related Posts

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

by radiotv10
10/02/2026
0

Maj. Gen. Sultani Makenga reminded the 7,532 new AFC/M23 commandos that the coalition’s goal is to liberate the entire Democratic...

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

by radiotv10
09/02/2026
0

Mu bice bimwe byo mu misozi miremire ya Mimbwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, habaye imirwano...

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwemeje ko bwamenyeshejwe ko...

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

by radiotv10
07/02/2026
0

Abantu 31 bishwe, abandi benshi barakomereka, mu gitero cy’ubwiyahuzi cyabereye mu musigiti w’Abashiya mu murwa mukuru wa Pakistan, Islamabad, mu...

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yabwiye abaturage bo mu Mujyi wa Goma ko nyuma y’umwaka hashyizweho ubuyobozi bw’uyu mujyi, ubu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe
AMAHANGA

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

by radiotv10
10/02/2026
0

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

10/02/2026
Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

10/02/2026
Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

10/02/2026
Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

10/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

09/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.