• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Karengera ya Nyamasheke bagorwa no kugeza umusaruro wabo ku isoko ndeste no kuhageza ibicuruzwa baravuga ko basigaye baryama bakarota uyu muhanda wakozwe, icyakora ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwo buracyabaha icyizere cy’igihe kitazwi.

Abatuye mu bice bitandukanye by’umurenge wa Karengera bavuga ko bibasaba kwikorera ku mutwe umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi bagakora urugendo rurerure ngo babigeze ku isoko aho bahura n’imvune zituruka ku kuba umuhanda bakoresha utari nyabagendwa ku buryo bakoresha ibinyabiziga.

Nyiranshimiyimana Diane ati “Ntaturutse mu rugo saa kumi n’imwe n’igice nikoreye ibasi y’imineke nyijyanye mu Bugarama. Ubu iyo haba umuhanda mba nateze ngatanga nk’amafaranga 500 nanjye nkaruhuka”.

Yambabariye cesalie nawe ati “Mvuye kurangura inyanya mu Bugarama , nakoze urugendo rw’amasaha 4. Ubu ndazinduka saa saba z’ijoro nzijyana i Ntendezi , ejo nzagenda amasaha 5 kugira ngo ngere yo”.

Nubwo bimeze gutyo, aba baturage bavuga ko buri mwaka baba biteze ko uyu muhanda ugiye gukorwa nk’uko bahora babibwirwa ku buryo bigeze aho bamwe ngo basigaye baryama bakawurota.

Nyiranshimiyimana ati “Ahubwo turara tunawurota. Buri munsi twumva ngo bagiye kuwukora tugategereza none dusaziye mu nzira.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Mupenzi Narcisse wemeranya n’aba baturage ko kuba uyu muhanda udakoze ari imbogamizi ku iterambere ryabo, n’ubwo atavuga igihe uzakorerwa, avuga ko akarere kabaye kari gukora iby’ibanze mu gihe hategerejwe kuboneka k’ubushobozi bwo kuwukora.

Mayor Mupenzi ati “Ari abaturage ari akarere ari n’igihugu, dusangiye ko ari umuhanda udakoze neza. Hari gahunda rero turimo yo gukora inyigo. Kugira ngo igihe dushakisha ingengo y’imari tube nibura dufite ingengo y’imari igereranyije yawugendaho. Ariko icyo twavuga nanone ni uko tutavuga ngo uyu muhanda urakorwa igihe iki n’iki na cyane ko inyigo itararangira ngo tumenye ngo ni umuhanda watwara ingengo y’imari ingana iki, Dufite inyota yo kubona ingengo y’imari yo gukora uriya muhanda”.

Biteganywa ko mu bihe  bizaza uyu muhanda wa Ntendezi Karengera uhinguka muri Rusizi mu gice cy’ikibaya cya Bugarama uzakorwa ukanaba inzira ya bugufi ihinguka kuri Cimerwa bidasabye kunyura mu mujyi wa Rusizi bikanavana mu bwigunge abaturage bo muri Karengera ya Nyamasheke ndeste n’imirenge ya Rusizi bagorwa no kugera kuri kaburimbo.

Basaba ko umuhanda wakorwa bikoroshya ingendo zibagora

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Next Post

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Related Posts

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Next Post
Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y'ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n'ibyarimo byose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.