Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Karengera ya Nyamasheke bagorwa no kugeza umusaruro wabo ku isoko ndeste no kuhageza ibicuruzwa baravuga ko basigaye baryama bakarota uyu muhanda wakozwe, icyakora ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwo buracyabaha icyizere cy’igihe kitazwi.

Abatuye mu bice bitandukanye by’umurenge wa Karengera bavuga ko bibasaba kwikorera ku mutwe umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi bagakora urugendo rurerure ngo babigeze ku isoko aho bahura n’imvune zituruka ku kuba umuhanda bakoresha utari nyabagendwa ku buryo bakoresha ibinyabiziga.

Nyiranshimiyimana Diane ati “Ntaturutse mu rugo saa kumi n’imwe n’igice nikoreye ibasi y’imineke nyijyanye mu Bugarama. Ubu iyo haba umuhanda mba nateze ngatanga nk’amafaranga 500 nanjye nkaruhuka”.

Yambabariye cesalie nawe ati “Mvuye kurangura inyanya mu Bugarama , nakoze urugendo rw’amasaha 4. Ubu ndazinduka saa saba z’ijoro nzijyana i Ntendezi , ejo nzagenda amasaha 5 kugira ngo ngere yo”.

Nubwo bimeze gutyo, aba baturage bavuga ko buri mwaka baba biteze ko uyu muhanda ugiye gukorwa nk’uko bahora babibwirwa ku buryo bigeze aho bamwe ngo basigaye baryama bakawurota.

Nyiranshimiyimana ati “Ahubwo turara tunawurota. Buri munsi twumva ngo bagiye kuwukora tugategereza none dusaziye mu nzira.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Mupenzi Narcisse wemeranya n’aba baturage ko kuba uyu muhanda udakoze ari imbogamizi ku iterambere ryabo, n’ubwo atavuga igihe uzakorerwa, avuga ko akarere kabaye kari gukora iby’ibanze mu gihe hategerejwe kuboneka k’ubushobozi bwo kuwukora.

Mayor Mupenzi ati “Ari abaturage ari akarere ari n’igihugu, dusangiye ko ari umuhanda udakoze neza. Hari gahunda rero turimo yo gukora inyigo. Kugira ngo igihe dushakisha ingengo y’imari tube nibura dufite ingengo y’imari igereranyije yawugendaho. Ariko icyo twavuga nanone ni uko tutavuga ngo uyu muhanda urakorwa igihe iki n’iki na cyane ko inyigo itararangira ngo tumenye ngo ni umuhanda watwara ingengo y’imari ingana iki, Dufite inyota yo kubona ingengo y’imari yo gukora uriya muhanda”.

Biteganywa ko mu bihe  bizaza uyu muhanda wa Ntendezi Karengera uhinguka muri Rusizi mu gice cy’ikibaya cya Bugarama uzakorwa ukanaba inzira ya bugufi ihinguka kuri Cimerwa bidasabye kunyura mu mujyi wa Rusizi bikanavana mu bwigunge abaturage bo muri Karengera ya Nyamasheke ndeste n’imirenge ya Rusizi bagorwa no kugera kuri kaburimbo.

Basaba ko umuhanda wakorwa bikoroshya ingendo zibagora

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eighteen =

Previous Post

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Related Posts

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

by radiotv10
14/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, aravuga ko Guverinoma igiye kuganira n’inzego zirebwa no kwagura umuhanda Remera-Masaka kugira ngo bitazabangamira serivisi...

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

by radiotv10
14/02/2026
0

Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze...

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

by radiotv10
14/02/2026
0

For many years, success was easy to define. If someone had a lot of money, a good job title, and...

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

by radiotv10
15/02/2026
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by'Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yahagarariyemo Perezida...

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

by radiotv10
13/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota
IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

15/02/2026
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

14/02/2026
Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

14/02/2026
Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

14/02/2026
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

14/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.