Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Icyitonderwa: Ifoto yakoreshejwe ni iy'undi musirikare wari ukurikiranyweho ibindi byaha muri 2024

Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko uyu musirikare avuze ko atiteguye kuburana kubera impamvu y’uburwayi.

Inteko iburanisha yabajije Majoro Jean Claude Habineza niba yiteguye kuburana asubiza ko arwaye. Bamubajije icyerekana ko arwaye avuga ko yari kujya kwa muganga uwo munsi w’urubanza kandi ko yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza.

None ku wa 16 Gashyantare 2026 Urukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo rwaburanishije urubanza ruregwamo Majoro Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw na Civile Bavakure Ndekwe Felix bari kumwe muri iyo dosiye.

Inteko iburanisha yabajije Majoro Jean Claude Habineza niba yiteguye kuburana asubiza ko arwaye. Bamubajije icyerekana ko arwaye avuga ko yari kujya kwa muganga uwo munsi w’urubanza kandi ko yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza.

Inteko iburanisha yabajije niba Civile Ndekwe Felix yiteguye kuburana noneho we arabyemera. Habajijwe Ubushinjacyaha bwa Gisirikare icyo bongeraho, bavuga ko urubanza rugomba kuburanishwa kuko nta kimenyetso cyerekana ko Majoro Jean Claude Habineza arwaye.

Uwunganira Majoro Jean Claude Habineza yafashe ijambo agaragaza inzitizi. Yavuze ko Ubushinjacyaha bwashyize ikirego ku wa 11 Gashyantare 2026 saa tanu z’ijoro. Ati “Ntabwo tuzi ikintu gishyashya Ubushinjacyaha bwashyize mu kirego kuko gifite paji 30″.

Majoro Jean Claude Habineza yunganiwe n’abanyamategeko babiri b’abagore. Uwa kabiri yunze mu rya Habineza avuga ko yasabye kujya kwa muganga. Ati “Iyo aza kuba adafunze yari kuba yaragiye kwivuza. Rero ibindi bimenyetso Ubushinjacyaha bushaka si ngombwa.”

Yanakomoje ku kirego gishya cyongewemo avuga ko uwo yunganira atarabasha gusoma ibyo akurikiranyweho byose. Yasabye Urukiko gufata umwanzuro bagatanga indi tariki bityo umukiriya wabo akabanza kwivuza.

Ubushinjacyaha bwahawe undi mwanya

Ku nzitizi za dosiye yongewemo, bavuze ko habayemo gukosora gusa. Nta kirego gishya cyongerewemo. Uhagarariye Ubushinjacyaha muri iyi dosiye yavuze ko gusubikisha urubanza ari amayeri ya Majoro Jean Claude Habineza amenyereye.

Ati”Yigeze gusubikisha urubanza asaba ko yakwishyura abamureze ariko ntabyo yakoze. Nyakubahwa Perezida w’inteko iburanisha izo nzitizi ntizihabwe agaciro kuko agamije gutinza urubanza “.

Umwe mu bunganira Majoro Jean Claude Habineza yavuze ko iminsi ibiri yo gusoma dosiye bidashoboka kuko abafunze bagira iminsi yo gusoma dosiye kandi bakagira n’iminsi yo kujyanwa kuvuzwa.

Abashaka indishyi bahagarariwe n’abanyamategeko batatu (3)

Umunyamategeko uri kuburanira umwe mu baregeye indishyi yavuze ko nabo bakeneye ubutabera kuko Majoro Jean Claude Habineza yasubikishije imanza kenshi.

Bityo rero asanga abaririwe amafaranga nabo bakeneye ubutabera bwihuse kandi buciye mu mucyo kuko igihombo batewe nta wundi bazakibaza.

Feritula Muhimakazi yagiye imbere abwira inteko iburanisha ikibazo cye. Yavuze ko yagujije banki miliyoni 30 zo gucuruza.

Yajyaga mu Bushinwa ntakijyayo, inzu yacururizagamo Downtown yarayitanze kandi abana be bamwe bari kwicwa n’inzara abandi baretse ishuri bitewe n’igihombo cyatewe na Majoro Jean Claude Habineza.

Urukiko rwafashe umwanzuro wo gusubika Urubanza kugirango Majoro Jean Claude Habineza yivuze kandi abunganizi be bazasome neza dosiye. Icyakora Urukiko rwavuze ko uwo munsi nta kabuza urubanza ruzaburanishwa.

Urubanza rwimuriwe muri Mata 2026 bitewe n’uko ukwezi kose kwa Werurwe 2026 iminsi yose yamaze kuzura imanza. Urubanza ruzaburanishwa ku wa mbere tariki 14 Mata 2026 saa tatu za mu gitondo.

Inteko iburanisha yari igizwe n’Abacamanza bane, Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n’umwe. Ni mu gihe Majoro Jean Claude Habineza (Yambuwe ayo mapeti) yunganiwe n’Abavoka babiri.

Civile Ndekwe Felix yunganiwe n’Umunyamategeko umwe (1).

Majoro Jean Claude Habineza na Civile Bavakure Ndekwe Felix bakurikiranyweho;Gutanga sheki itazigamiwe,kwiba,inyandiko itavugisha ukuri,kwambura ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyaha cy’ubuhemu.

Uru rubanza rusa nk’urutinze dore ko rwatangiye kuburanishwa ku wa Ku wa 16 Nzeri 2025.

Ivomo: Ukweli Times 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

Related Posts

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

by radiotv10
16/02/2026
0

Perezida wa Kenya, Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, wahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yatangaje ko...

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

by radiotv10
16/02/2026
0

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma...

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

by radiotv10
16/02/2026
0

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga...

IZIHERUKA

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe
MU RWANDA

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

by radiotv10
16/02/2026
0

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

16/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.