Friday, February 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Hasobanuwe imikoreshereze y’ifumbire y’amazi ivugwaho kongera umusaruro w’umuceri

radiotv10by radiotv10
20/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Hasobanuwe imikoreshereze y’ifumbire y’amazi ivugwaho kongera umusaruro w’umuceri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hatangizwa igihembwe cy’ihinga ry’umuceri 2026B, bamwe mu bahinga umuceri mu kibaya cya bugararama muri Rusizi baragaragaza ko bifuza impinduka mu mitangire n’imiterere y’ifumbire y’amazi izwi nka CODA, abashinzwe gutanga iyi fumbire bakavuga ko batangiye kugerageza uburyo bwo kuyitera hakurikijwe ibyifuzo by’abahinzi.

Umwe mu bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama witwa Alphonse Twagiramungu , yumvikanisha  ko ifumbire ya CODA ubwayo atari mbi ahubwo ko  uburyo iterwa binyuze muri koperative aribwo butera ibibazo rimwe na rimwe, we agasanga  yajya ihabwa umuhinzi akaba ari we witerera.

Agira ati “Ubundi iyi fumbire ya CODA ni nziza ariko biba bibi iyo koperative yayiteresheje. Abo bashyiramo bayitera bayiduterera nabi cyane, yajya ihabwa umuhinzi akiterera”.

Umuyobozi wa Koperative y’abahinzi b’umuceri Koproriki ikorera mu murenge wa Gikundamvura Oscar Hamenyimana avuga ko aho batangiye gukorsha iyi fumbire byahinduye bikanongera ireme n’umusaruro w’umuceri.

Ati “Twabanje kugereranya aho twayiteye n’aho tutayiteye tureba ibiro. Ibiro byavuye mu mirima twayiteyemo n’aho tutayiteye byaratandukanye. Iyo wateye coda ibiro biriyongera”.

Ku busabe bw’abahinzi buganisha ku kunoza imiterere y’iyi fumbire, Umuyobozi mukuru wa Dairwa ltd ifasha abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama kubona ifumbire ya CODA avuga ko hatangijwe igeregeza muri koperative imwe muri enye zihari bityo ko hazarebwa imigendekere yaryo bikanagezwa mu zindi.

Ati “Barasaba ko ifumbire yatererwa mu matsinda nibura itsinda rikiterera ngo kuko iyo bahaye isoko abantu baterera koperative hari igihe batera birukanka kuko bahemberwa ku buso bateye. Muri Koimunya twarabitangiye, rero tuzavugana n’ubuyobozi bw’izindi koperative tubereke uko igerageza ryagenze barebe “.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko mu kurushaho korohereza abahinzi hashyizweho uburyo bwo kubafasha mu gushyira ikoranabuhanga mu gutera ifumbire mu muceri.

Agira ati “Twebwe icyo dushaka ni icyakorohereza umuhinzi kikanazamura umusaruro, aho ubufasha bushoboka hose turabutanga. Nk’ibikoresho bakoresha ubu ni twe twabitanze, bakoreshaga nyonga nyonga tubaha iza moteri nyuma tubona ziri kubasaba essence nyinshi twanzura ko dushaka pompe za batiri bashobora gusharija kandi zifite imbaraga nk’iza moteri”

Ku buso buhingwaho umuceri mu kibaya cya Bugarama bugera kuri hegitari 1500, mu gihembwe kimwe cy’ihinga hakoreshwa litiro zigera ku 700 z’ifumbire ya Coda iterwa mu byiciro bitandukanye ku gihingwa cy’umuceri.

Abahinzi b’umuceri

Ifumbire ikozwe mu buryo bw’amazi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Related Posts

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

by radiotv10
20/02/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, batashye bavuye guhinga, basanga abana babo babiri bitabiye...

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

by radiotv10
20/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, banenga umugabo bavugaho ubushurashuzi wahengereye mugenzi we yagiye...

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

by radiotv10
20/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko kuba Perezida w’u Burundi aherutse kuba Umuyobozi w’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize...

Attention Deficit Hyperactivity Disorder: What it really is and why it matters

Attention Deficit Hyperactivity Disorder: What it really is and why it matters

by radiotv10
20/02/2026
0

Attention Deficit Hyperactivity Disorder, also known as ADHD, is often misunderstood. Many people think it simply means being hyper or...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zasuye abatahutse bavuye muri Congo barimo abahoze muri FDLR

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zasuye abatahutse bavuye muri Congo barimo abahoze muri FDLR

by radiotv10
20/02/2026
0

Intumwa z’Ingabo za Uganda (UPDF) ziri mu Rwanda, ziri kumwe n’abayobozi mu Ngabo z’u Rwanda bakorera ku Mupaka uhuza ibi...

IZIHERUKA

Rusizi: Hasobanuwe imikoreshereze y’ifumbire y’amazi ivugwaho kongera umusaruro w’umuceri
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Hasobanuwe imikoreshereze y’ifumbire y’amazi ivugwaho kongera umusaruro w’umuceri

by radiotv10
20/02/2026
0

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

20/02/2026
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

20/02/2026
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

20/02/2026
Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

20/02/2026
AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

20/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Hasobanuwe imikoreshereze y’ifumbire y’amazi ivugwaho kongera umusaruro w’umuceri

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.