• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

radiotv10by radiotv10
22/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruzinduko rwa Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Hadja Lahbib; rwasize ibyemezo binyuranye birimo irekurwa ry’abasirikare 230 ba FARDC bavurwaga n’iri Huriro, rinashyikirizwa abana n’abagore 140 bari barashyizwe mu gisirikare na FARDC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 nyuma yuko Nangaa agiranye ibiganiro n’uyu Komiseri uri mu ruzinduko mu karere, aho yagiye i Goma avuye mu Rwanda.

AFC/M23 ivuga ko muri ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Gashyantare, Hadja Lahbib yashimangiye akamaro ko k’ubufatanye hagati ya AFC/M23 n’Umuryango w’Ubutabazi kugira ngo Abanyekongo bagerweho n’ubutabazi bakeneye.

Yanavuze ko hafungurwa inzira z’ubutabazi, hagashyirwaho Komite Ihuriweho ya Tekiniki, n’ibyo yiteze ku bijyanye no gufungura ikibuga cy’indege cya Goma.

Corneille NANGAA YOBELUO na we yizeje Komiseri muri uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ubufatanye bukomeye hagati y’iri huriro ndetse n’umuryango w’ubutabazi.

Yavuze ko mu mwaka umwe iri huriro rimaze riyobora kariya gace, hari impinduka zigaragara zabayeho, harimo kubungabunga umutekano, gufunga inkambi z’abakuwe mu byabo (usibye i Kamanyola, aho abaherutse kugera baturutse muri Uvira bahurijwe), gusenya ibirindiro byose byari byarashinzwe na Wazalendo, FARDC, na FDLR, no gucyura abantu barenga miliyoni 1,2 bakuwe mu byayo bari bacumbikiwe hafi ya Goma, basubira mu bice byabo.

AFC/M23 ivuga ko “Ibi byatumye umusaruro w’ibiribwa wiyongera muri ako gace.”

Hadja Lahbib i Goma, AFC/M23 yanayoboye igikorwa cyo kurekura abana 40 n’abagore bagera ku 100 bari barashyizwe mu gisirikare na FARDC bashyikirizwa AFC/M23 kugira ngo babone uko basubira mu miryango yabo.

AFC/M23 kandi yashyikirije Komiseri w’Uburayi abasirikare 230 ba FARDC bakomerekeye mu ntambara, bari kuvurwa na AFC/M23 mu bitaro bya gisirikare bya Katindo, kugira ngo bongere kubonana n’imiryango yabo.

AFC/M23 iyi “Ibiganiro bya tekiniki bizakomeza mu minsi iri imbere kugira ngo hakomeze guhagarara neza ubufatanye hagati ya AFC/M23 n’umuryango w’ubutabazi ukorera mu karere kabohowe.”

AFC/M23 yashimiye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, binyuze kuri Komiseri, ku nkunga nyinshi yagaragarije abaturage ba Congo muri iki gihe gikomeye.

Hadja Lahbib yagiranye ibiganiro n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23
Yasuye ibikorwa binyuranye i Goma
Yanasuye ibitaro bivurirwamo inkomere za FARDC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 19 =

Previous Post

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Next Post

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy'u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.