Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 11 mu itsinda rya 17 bo muri Afurika y’Epfo bisanze barwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine nyuma yo kujyanwa bizezwa akazi, bagiye kugarurwa mu Gihugu cyabo.

Aba 11 bagiye kugarurwa nyuma yuko abandi ba bane batashye mu cyumweru gishize, mu gihe abandi babiri, bazaguma mu Burusiya, aho umwe arwariye mu Bitaro i Moscou, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Cyril Ramaphosa, mu itangazo byashyize hanze.

Ramaphosa azamura ikibazo cy’aba bagabo 17 bari batanze intabaza basaba Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu Gushyingo nyuma yo gufatirwa mu gace ka Donbas muri Ukraine, yari yakigejeje kuri Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin muri uku kwezi.

Amakuru y’abagabo b’Abanyafurika bashutswe bakisanga muri iriya ntambara, avuga ko bajyanywe mu Burusiya bizezwa akazi, ahubwo bakaza guhita bajyanwa ku rugamba, ndetse ko ari bo bashyirwaga imbere mu ntambara ibera muri Ukraine.

Iki kibazo cy’aba banyafurika bakunze gukoreshwa n’u Burusiya muri iyi ntambara, cyazamyye amakimbirane hagati y’ubutegetsi bw’u Burusiya na bimwe mu bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

Raporo y’ubutasi ya Kenya yashyikirijwe abashingamategeko mu cyumweru gishize ,yagaragaje ko Abanyakenya barenga 1.000 bashyizwe mu gisirikare kugira ngo barwane ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya yavuze ko ateganya gusura u Burusiya kugira ngo agire icyo avuga kuri iki kibazo.

Afurika y’Epfo yo yiyemeje gukomeza mu murongo wo kutagira aho ibogamiye ku ntambara yo muri Ukraine, mu gihe ikomeza kugirana umubano ukomeye n’ubutegetsi bw’u Burusiya nk’umunyamuryango w’umuryango wa BRICS urimo n’Ibihugu nka Brazil, u Buhindi n’u Bushinwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Related Posts

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy'indege zitagira abapilote...

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

by radiotv10
24/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) n’abagifasha, rwatangije ibitero by’urugamba rwagutse mu bice byose by’imirwano...

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/02/2026
0

Nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo bafatanya na FARDC, yaberaga mu bice bimwe byo muri...

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

by radiotv10
23/02/2026
0

Umujyanama Mukuru ushinzwe Itumanaho akaba n’Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, aherutse gutabwa muri yombi, n’urwego rw’iki Gihugu rushinzwe Iperereza...

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

by radiotv10
23/02/2026
0

Guverinoma ya Sudani yamaganye Igihugu cya Uganda kubera kwakira umuyobozi w’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), ivuga ko iyo nama...

IZIHERUKA

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza
AMAHANGA

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

25/02/2026
Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

25/02/2026
Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

25/02/2026
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

24/02/2026
Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

24/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.