• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 11 mu itsinda rya 17 bo muri Afurika y’Epfo bisanze barwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine nyuma yo kujyanwa bizezwa akazi, bagiye kugarurwa mu Gihugu cyabo.

Aba 11 bagiye kugarurwa nyuma yuko abandi ba bane batashye mu cyumweru gishize, mu gihe abandi babiri, bazaguma mu Burusiya, aho umwe arwariye mu Bitaro i Moscou, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Cyril Ramaphosa, mu itangazo byashyize hanze.

Ramaphosa azamura ikibazo cy’aba bagabo 17 bari batanze intabaza basaba Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu Gushyingo nyuma yo gufatirwa mu gace ka Donbas muri Ukraine, yari yakigejeje kuri Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin muri uku kwezi.

Amakuru y’abagabo b’Abanyafurika bashutswe bakisanga muri iriya ntambara, avuga ko bajyanywe mu Burusiya bizezwa akazi, ahubwo bakaza guhita bajyanwa ku rugamba, ndetse ko ari bo bashyirwaga imbere mu ntambara ibera muri Ukraine.

Iki kibazo cy’aba banyafurika bakunze gukoreshwa n’u Burusiya muri iyi ntambara, cyazamyye amakimbirane hagati y’ubutegetsi bw’u Burusiya na bimwe mu bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

Raporo y’ubutasi ya Kenya yashyikirijwe abashingamategeko mu cyumweru gishize ,yagaragaje ko Abanyakenya barenga 1.000 bashyizwe mu gisirikare kugira ngo barwane ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya yavuze ko ateganya gusura u Burusiya kugira ngo agire icyo avuga kuri iki kibazo.

Afurika y’Epfo yo yiyemeje gukomeza mu murongo wo kutagira aho ibogamiye ku ntambara yo muri Ukraine, mu gihe ikomeza kugirana umubano ukomeye n’ubutegetsi bw’u Burusiya nk’umunyamuryango w’umuryango wa BRICS urimo n’Ibihugu nka Brazil, u Buhindi n’u Bushinwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 15 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Next Post

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y'ibiganiro byatanze umusaruro n'uwo basoreje rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.