• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’abarimu bava mu mwuga wabo mu Gihugu cy’u Burundi gikomeje gufata intera, aho mu mezi atandatu gusa, abarenga 1 800 bigishaga mu mashuri yisumbuye bateye umugongo ubwarimu.

Ibi byemejwe na na Minisitiri w’Uburezi mu Gihugu cy’u Burundi, François Havyarimana, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyari kigamije gusuzuma imyaka 14 y’ishyirwa mu bikorwa ry’uburezi bw’ibanze. Yavuze ko aba barimo barenga 1 800 bavuye mu kazi hagati ya Kanama 2025 na Mutarama 2026.

Muri aba bavuye mu kazi k’ubwarimu, abagera kuri 700 bivugwa ko bavuye bagiye gushaka akazi gahemba neza mu mahanga, bigaragaza ikibazo gikomeye kiri mu bakozi b’abarimu bahura n’imishahara igaragara nk’aho idahagije mu gihe izamuka ry’ibiciro ku masoko mu Burundi rikomeje gutumbagira.

Nanone kandi si abarimu bo mu mashuri yisumbuye, kuko kinavugwa ku bo mu mashuri makuru na za kaminuza, aho kuva muri 2020, abarimu 47 bafite impamyabumenyi z’ikirenga bavuye mu Gihugu cy’u Burundi cyangwa mu myanya yabo ya kaminuza bajya gukorera mu mahanga cyangwa mu bindi bigo, nk’uko Minisitiri yabitangaje.

François Havyarimana yavuze ko ari igihombo gikomeye, mu gihe Leta yari yafashe ingamba zo guhugura abarimu, none bakaba bakomeje kuva mu mwuga wabo.

François Havyarimana yagize ati “Ubu ni ubumenyi turi gutakaza nyuma yo gushora imari nyinshi mu mahugurwa yabo.”

Minisitiri yemera ko umushahara udahagije iri mu mpamvu nyamukuru zatumye habaho uku kureka akazi k’ubwarimu, gusa akanavuga ko haniyongeraho n’ikibazo cy’ubukungu bw’isi butifashe neza kuva hakwaduka icyorezo cya Covid-19, intambara yo muri Ukraine, n’ibindi bibazo mpuzamahanga byagabanyije ubukungu bw’Igihugu cy’u Burundi, bituma n’ibiciro by’ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga bitumbagira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + twenty =

Previous Post

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Next Post

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.