• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekadi agiriye uruzinduko mu Bufaransa, Guverinoma y’Igihugu cye yatangaje Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba, nk’umukandida uzahatana mu Matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Itangazwa ry’uyu mukandida, rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri DRC, rivuga ko uyu Juliana Amato Lumumba ari we Mukandida w’iki Gihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa.

Iri tangazo rivuga ko “Guverinoma ya DRC ku mugaragaro kandidatire ya Madame Juliana AMATO LUMUMBA ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie (Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa).

Intumwa ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri DRC, Crispin MBADU PHANZU, yagize ati “mu gutangaza Kandidatire ya Juliana Amato Lumumba, RDC yifuza gutanga umusanzu mu muri Francophonie igezweho, itagira uwo iheza kandi kandi yegereye abaturage. Mu rugendo rwe rwihariye, mu guteza imbere abagore n’urubyiruko, n’icyerekezo cya Francophonie ishyize hamwe, bituma aba Umukandida w’ibikorwa.”

Guverinoma ya DRC ivuga ko Juliana Amato Lumumba afite ubunararibonye mu miyoborere mu nzego za Leta, muri Dipolomasi y’umuco, mu mibanire n’imikoranire mpuzamahanga y’Ibihugu ndetse no mu miyoborere mu by’ubukungu.

Leta ya Congo Kinshasa itangaje Kandidatire y’uyu uzahatana mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, nyuma y’umunsi umwe Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Paris mu Bufaransa, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Emmanuel Macron, byanagarutse ku itangwa rya kandidatire y’uzahatana muri aya matora.

Juliana Amato Lumumba w’imyaka 71, ni umukobwa wa Patrice Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mbere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Mugore yagize imyanya inyuranye ku rwego rwa Minisiteri ku butegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, aho nko mu 1997 yari Minisitiri Wungirije w’Itumanaho n’Itangazamakuru, ndetse akaba yarabaye na Minisitiri w’Uburezi, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubuco n’Ubugeni.

Kandidatire ya Juliana Amato Lumumba iramutse yemejwe, yazahatana n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wamaze kwemezwa na Guverinoma y’u Rwanda ko azahatanira manda ya gatatu.

Louise Mushikiwabo wabaye watorewe izi nshingano arimo mu kwezi k’Ukwakira 2018, azwiho kuba yarateje imbere uyu Muryango wa OIF, byumwihariko ukaba wararushijeho kwegera abantu, ndetse no guha ijambo abari n’abategarugori, yanagize urahare mu iterambere ryabo.

Uyu Munyarwandakazi ufite izina rikomeye muri politiki mu Rwanda no mu karere, yabaye Umunyamabanga Mukuru wa OIF, abanje kugira imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, aho yabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuva mu 2009 kugeza 2018 ubwo yatorerwaga izi nshingano.

Mushikiwabo wanabaye Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yanabaye Minisitiri w’itangazamakuru muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo aherutse kugirana na Jeune Afrique yagarutse ku kuba DRC yari yaramaze gutangaza ko izatanga umukandida bazahatana, aho yagize ati “Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo ntakibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 17 =

Previous Post

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Next Post

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.