Sunday, March 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
01/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Col Willy Ngoma

Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashyize hanze itangazo ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma wari umuvugizi w’igisirikare cyaryo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gashyantare 2026, ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

AFC/M23 yatangaje ko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano “rugatangiza ikomeye kuri AFC/M23, bigatuma abasirikare bacu n’abasivili bagabwaho ibitero n’indege zitagira abapilote mu bice bitarimo n’imirwano.”

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere byahitanye umwe mu basirikare bakuru ba Armée révolutionnaire congolaise (ARC), Coloneli Willy Ngoma, wapfuye ku ya 24 Gashyantare 2026, kandi bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi mu Gihugu.”

Iri huriro rivuga ko ibikorwa nk’ibi bidashobora kwihangananirwa, ahubwo ko ari inshingano zaryo zo kurinda abasirikare baryo ndetse n’abasivile

AFC/M23 yavuze kandi ko imaze iminsi igaragaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku ngamba zashyizweho zo gushaka umuti hakoreshejwe inzira z’amahoro, rukaba rukomeje kwivugana abasivile mu bice byo muri Kivu zombi, byumwihariko mu duce twa Kawele, Mweso, Rutigita, Kitazungura, Rugezi, Kitendebwa, Kashihe, Kiduveri, Rubaya, Rumbishi, Walikale, Masisi, Kalehe, Gasovu, Nkokwe, Gatoyi, Minembwe, Gasheke, Murema, Mberwa, Ruki, Mutobo, Nyaruhinga, Mulumemunene, Rutare, Kadasomwa, Nyagisozi, Nyabikeri, na Kinyumba. Nyabyondo, Nyabikeri, Miyanja, Kasirosiro, Bunyantenge, Misiya, no mu bice bihakikije.

Muri iri tangazo, AFC/M23 ivuga ko ikomeje guhagarara ku buzima bw’abaturage, kandi ko ushyigikiye inzira z’amahoro, ariko ko uzakomeza gukora ibishoboka byose ukarwana ku baturage n’ibyabo.

Urupru rwa Col Willy Ngoma rwari rumaze iminsi ruvugwa ariko AFC/M23 itarabyemeza ku mugaragaro, aho amakuru yamenyekanye nyuma y’amasaha macye yiciwe mu bitero bya drone byagabwe hafi y’agace ka Rubaya mu rucyerera rwo ku ya 24.

Amakuru avuga ko Col Willy Ngoma yishwe nyuma yuko we na bamwe mu basirikare bakuru ba AFC/M23 bari bagiye muri kariya gace mu nama idasanzwe yigaga ku bitero byari bikomeje kuhagabwa na FARDC, imodoka zari zimutwaye n’abarinzi be, zikaza kuraswa na drone yari iri hanze batari babonye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 10 =

Previous Post

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

Related Posts

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

by radiotv10
28/02/2026
0

Israel yemeje ko yatangije ibitero kuri Iran bigamije kwikiza imbogamizi, aho igitero cya mbere cyagabwe hafi y’Ibiro by’Umuyobozi w’Ikirenga wa...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Biravugwa ko Lt Col Willy Ngoma wa AFC/M23 yamaze gushyingurwa

by radiotv10
27/02/2026
0

Amakuru aravuga Lt Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23 uherutse kwicwa arasiwe mu gitero cya Drone za FARDC...

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

by radiotv10
27/02/2026
0

Nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekadi agiriye uruzinduko mu Bufaransa, Guverinoma y’Igihugu cye...

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

by radiotv10
26/02/2026
0

Amakuru ku rupfu rwa Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, akomeje kujya hanze, aho bivugwa ko drone yamurashe, yari iri gucungacunga abayobozi mu...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

by radiotv10
26/02/2026
0

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba...

IZIHERUKA

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

by radiotv10
01/03/2026
0

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

28/02/2026
BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

28/02/2026
How to shower properly and how often to bathe

How to shower properly and how often to bathe

28/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.