Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashyize hanze itangazo ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma wari umuvugizi w’igisirikare cyaryo.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gashyantare 2026, ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.
AFC/M23 yatangaje ko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano “rugatangiza ikomeye kuri AFC/M23, bigatuma abasirikare bacu n’abasivili bagabwaho ibitero n’indege zitagira abapilote mu bice bitarimo n’imirwano.”
Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere byahitanye umwe mu basirikare bakuru ba Armée révolutionnaire congolaise (ARC), Coloneli Willy Ngoma, wapfuye ku ya 24 Gashyantare 2026, kandi bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi mu Gihugu.”
Iri huriro rivuga ko ibikorwa nk’ibi bidashobora kwihangananirwa, ahubwo ko ari inshingano zaryo zo kurinda abasirikare baryo ndetse n’abasivile
AFC/M23 yavuze kandi ko imaze iminsi igaragaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku ngamba zashyizweho zo gushaka umuti hakoreshejwe inzira z’amahoro, rukaba rukomeje kwivugana abasivile mu bice byo muri Kivu zombi, byumwihariko mu duce twa Kawele, Mweso, Rutigita, Kitazungura, Rugezi, Kitendebwa, Kashihe, Kiduveri, Rubaya, Rumbishi, Walikale, Masisi, Kalehe, Gasovu, Nkokwe, Gatoyi, Minembwe, Gasheke, Murema, Mberwa, Ruki, Mutobo, Nyaruhinga, Mulumemunene, Rutare, Kadasomwa, Nyagisozi, Nyabikeri, na Kinyumba. Nyabyondo, Nyabikeri, Miyanja, Kasirosiro, Bunyantenge, Misiya, no mu bice bihakikije.
Muri iri tangazo, AFC/M23 ivuga ko ikomeje guhagarara ku buzima bw’abaturage, kandi ko ushyigikiye inzira z’amahoro, ariko ko uzakomeza gukora ibishoboka byose ukarwana ku baturage n’ibyabo.
Urupru rwa Col Willy Ngoma rwari rumaze iminsi ruvugwa ariko AFC/M23 itarabyemeza ku mugaragaro, aho amakuru yamenyekanye nyuma y’amasaha macye yiciwe mu bitero bya drone byagabwe hafi y’agace ka Rubaya mu rucyerera rwo ku ya 24.
Amakuru avuga ko Col Willy Ngoma yishwe nyuma yuko we na bamwe mu basirikare bakuru ba AFC/M23 bari bagiye muri kariya gace mu nama idasanzwe yigaga ku bitero byari bikomeje kuhagabwa na FARDC, imodoka zari zimutwaye n’abarinzi be, zikaza kuraswa na drone yari iri hanze batari babonye.
RADIOTV10










