Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

radiotv10by radiotv10
02/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America na Israel, zirimo CIA zari zimaze iminsi zineka bucece Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei kugeza ku munsi wa nyuma w’ubuzima bwe, ubwo yicirwaga rimwe n’abandi bayobozi bakuru n’ab’igisirikare.

Amakuru avuga ko izi nzego zakurikiranaga ibikorwa bye bya buri munsi, aho yabaga, abo yahuraga na bo, abo bavuganaga, ndetse n’aho yashoboraga kujya kwihisha igihe haba habayeho igitero.

Aya makuru yatanzwe n’abantu batanu bazi neza iby’ubu butasi, babibwiye CNN dukesha aya makuru, bavuze kandi ko n’abandi bayobozi bakuru muri politiki no mu gisirikare muri Iran, na bo banekwaga.

Abo bantu bo mu nzego za politiki no mu za gisirikare, ngo bakundaga n’ubundi guhurira ahantu hamwe n’umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, kuva mu binyacumi bine bishize.

Mu minsi micye ishize, hamenyekanye amakuru yo guhura kwabo. Abayobozi bakuru ba Iran barimo Khamenei, bateganyaga guhura mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, bagahurira mu nyubako zinyuranye mu mujyi wa Tehran, zirimo ibiro by’uyu Muyobozi w’Ikirenga, iy’iby’Umukuru w’Igihugu, ndetse n’inyubako y’ibiro by’urwego rushinzwe ubutasi.

Gusa amakuru yatanzwe n’uwo muri Israel, avuga ko icyo gihe Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran usanzwe aca bugufi, yumvaga amasaha ya ku manywa ari yo yaba ari meza kuri we.

Ibi byabereye amahirwe abayobozi ba Israel na US bashakaga kumwikiza. Igitero cyo kumwivugana cyari giteganyijwe gukorwa mu ijoro, cyahise kimurirwa mu masaha y’amanywa nk’uko byemewe n’abantu batatu babihamirije CNN.

Byahise bimenyeshwa abapilote b’indege z’igisirikare cya Israel, mu ibaruwa bandikiwe n’Umugaba Mukuru wacyo Eyal Zamir abasobanurira iby’icyo gitero.

Yari yanditse ngo “ku wa Gatandatu mu gitondo, Operasiyo Roaring Lion izaba itangiye. Muhawe uburenganzira bwo kurasa igipimo cyanyu. Tuzakore amateka. Ndabizeye kandi amahirwe masa kuri mwese.”

Mu gitondo ahagana saa kumi n’ebyiri zo muri Israel, indege z’intambara z’igisirikare cy’iki Gihugu zarashe ku nyubako, mu gikorwa cyakorwaga ku bufatanye bwa US na Israel. Izo ndege zari zifite ibikoresho n’amasasu na misile zo kurasa ahantu kure, byo ku rwego rwo hejuru.

Inyubako eshatu zose zagombaga guhuriramo bariya bayobozi bakuru muri Iran, zarashweho ibisasu icyarimwe. Nyuma y’amasaha macye, Perezida Donald Trump yatangaje ko Khamenei yapfuye.

Yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ati “Ntabwo yashoboraga gucika ubutasi ndetse na sisiteme yamukurikiranaga yo ku rwego ruhambaye, ku bufatanye na Israel, we n’abandi bayobozi bishwe, ntacyo bashoboraga gukora.”

Ntiharamenyekana icyari kigambiriwe ngo bariya bayobozi bakuru ba Iran barimo Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Impinduramatwara na Minisitiri w’Intebe, bahurire muri iriya nama bakoreraga rwagati mu mujyi wa Tehran kandi mu gace kamwe na Khamenei, nyamara America yari imaze iminsi icura imigambi yo kubivugana.

Abandi bahitanywe n’ibi bitero, ni Minisitiri w’ingabo Aziz Nasirzadeh; Adm. Ali Shamkhani, umuyobozi w’inama ya gisirikare; Mohammad Shirazi Wungirije Minisitiri w’Ubutasi; Mohammad Pakpour, umuyobozi mukuru w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara za kisilamu; na Seyyed Majid Mousavi, umuyobozi w’ingabo zirinda impinduramatwara za kisilamu, n’abandi.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + three =

Previous Post

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Next Post

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.