Inzego z’Ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America na Israel, zirimo CIA zari zimaze iminsi zineka bucece Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei kugeza ku munsi wa nyuma w’ubuzima bwe, ubwo yicirwaga rimwe n’abandi bayobozi bakuru n’ab’igisirikare.
Amakuru avuga ko izi nzego zakurikiranaga ibikorwa bye bya buri munsi, aho yabaga, abo yahuraga na bo, abo bavuganaga, ndetse n’aho yashoboraga kujya kwihisha igihe haba habayeho igitero.
Aya makuru yatanzwe n’abantu batanu bazi neza iby’ubu butasi, babibwiye CNN dukesha aya makuru, bavuze kandi ko n’abandi bayobozi bakuru muri politiki no mu gisirikare muri Iran, na bo banekwaga.
Abo bantu bo mu nzego za politiki no mu za gisirikare, ngo bakundaga n’ubundi guhurira ahantu hamwe n’umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, kuva mu binyacumi bine bishize.
Mu minsi micye ishize, hamenyekanye amakuru yo guhura kwabo. Abayobozi bakuru ba Iran barimo Khamenei, bateganyaga guhura mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, bagahurira mu nyubako zinyuranye mu mujyi wa Tehran, zirimo ibiro by’uyu Muyobozi w’Ikirenga, iy’iby’Umukuru w’Igihugu, ndetse n’inyubako y’ibiro by’urwego rushinzwe ubutasi.
Gusa amakuru yatanzwe n’uwo muri Israel, avuga ko icyo gihe Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran usanzwe aca bugufi, yumvaga amasaha ya ku manywa ari yo yaba ari meza kuri we.
Ibi byabereye amahirwe abayobozi ba Israel na US bashakaga kumwikiza. Igitero cyo kumwivugana cyari giteganyijwe gukorwa mu ijoro, cyahise kimurirwa mu masaha y’amanywa nk’uko byemewe n’abantu batatu babihamirije CNN.
Byahise bimenyeshwa abapilote b’indege z’igisirikare cya Israel, mu ibaruwa bandikiwe n’Umugaba Mukuru wacyo Eyal Zamir abasobanurira iby’icyo gitero.
Yari yanditse ngo “ku wa Gatandatu mu gitondo, Operasiyo Roaring Lion izaba itangiye. Muhawe uburenganzira bwo kurasa igipimo cyanyu. Tuzakore amateka. Ndabizeye kandi amahirwe masa kuri mwese.”
Mu gitondo ahagana saa kumi n’ebyiri zo muri Israel, indege z’intambara z’igisirikare cy’iki Gihugu zarashe ku nyubako, mu gikorwa cyakorwaga ku bufatanye bwa US na Israel. Izo ndege zari zifite ibikoresho n’amasasu na misile zo kurasa ahantu kure, byo ku rwego rwo hejuru.
Inyubako eshatu zose zagombaga guhuriramo bariya bayobozi bakuru muri Iran, zarashweho ibisasu icyarimwe. Nyuma y’amasaha macye, Perezida Donald Trump yatangaje ko Khamenei yapfuye.
Yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ati “Ntabwo yashoboraga gucika ubutasi ndetse na sisiteme yamukurikiranaga yo ku rwego ruhambaye, ku bufatanye na Israel, we n’abandi bayobozi bishwe, ntacyo bashoboraga gukora.”
Ntiharamenyekana icyari kigambiriwe ngo bariya bayobozi bakuru ba Iran barimo Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Impinduramatwara na Minisitiri w’Intebe, bahurire muri iriya nama bakoreraga rwagati mu mujyi wa Tehran kandi mu gace kamwe na Khamenei, nyamara America yari imaze iminsi icura imigambi yo kubivugana.
Abandi bahitanywe n’ibi bitero, ni Minisitiri w’ingabo Aziz Nasirzadeh; Adm. Ali Shamkhani, umuyobozi w’inama ya gisirikare; Mohammad Shirazi Wungirije Minisitiri w’Ubutasi; Mohammad Pakpour, umuyobozi mukuru w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara za kisilamu; na Seyyed Majid Mousavi, umuyobozi w’ingabo zirinda impinduramatwara za kisilamu, n’abandi.
RADIOTV10










