Monday, March 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

radiotv10by radiotv10
02/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America na Israel, zirimo CIA zari zimaze iminsi zineka bucece Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei kugeza ku munsi wa nyuma w’ubuzima bwe, ubwo yicirwaga rimwe n’abandi bayobozi bakuru n’ab’igisirikare.

Amakuru avuga ko izi nzego zakurikiranaga ibikorwa bye bya buri munsi, aho yabaga, abo yahuraga na bo, abo bavuganaga, ndetse n’aho yashoboraga kujya kwihisha igihe haba habayeho igitero.

Aya makuru yatanzwe n’abantu batanu bazi neza iby’ubu butasi, babibwiye CNN dukesha aya makuru, bavuze kandi ko n’abandi bayobozi bakuru muri politiki no mu gisirikare muri Iran, na bo banekwaga.

Abo bantu bo mu nzego za politiki no mu za gisirikare, ngo bakundaga n’ubundi guhurira ahantu hamwe n’umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, kuva mu binyacumi bine bishize.

Mu minsi micye ishize, hamenyekanye amakuru yo guhura kwabo. Abayobozi bakuru ba Iran barimo Khamenei, bateganyaga guhura mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, bagahurira mu nyubako zinyuranye mu mujyi wa Tehran, zirimo ibiro by’uyu Muyobozi w’Ikirenga, iy’iby’Umukuru w’Igihugu, ndetse n’inyubako y’ibiro by’urwego rushinzwe ubutasi.

Gusa amakuru yatanzwe n’uwo muri Israel, avuga ko icyo gihe Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran usanzwe aca bugufi, yumvaga amasaha ya ku manywa ari yo yaba ari meza kuri we.

Ibi byabereye amahirwe abayobozi ba Israel na US bashakaga kumwikiza. Igitero cyo kumwivugana cyari giteganyijwe gukorwa mu ijoro, cyahise kimurirwa mu masaha y’amanywa nk’uko byemewe n’abantu batatu babihamirije CNN.

Byahise bimenyeshwa abapilote b’indege z’igisirikare cya Israel, mu ibaruwa bandikiwe n’Umugaba Mukuru wacyo Eyal Zamir abasobanurira iby’icyo gitero.

Yari yanditse ngo “ku wa Gatandatu mu gitondo, Operasiyo Roaring Lion izaba itangiye. Muhawe uburenganzira bwo kurasa igipimo cyanyu. Tuzakore amateka. Ndabizeye kandi amahirwe masa kuri mwese.”

Mu gitondo ahagana saa kumi n’ebyiri zo muri Israel, indege z’intambara z’igisirikare cy’iki Gihugu zarashe ku nyubako, mu gikorwa cyakorwaga ku bufatanye bwa US na Israel. Izo ndege zari zifite ibikoresho n’amasasu na misile zo kurasa ahantu kure, byo ku rwego rwo hejuru.

Inyubako eshatu zose zagombaga guhuriramo bariya bayobozi bakuru muri Iran, zarashweho ibisasu icyarimwe. Nyuma y’amasaha macye, Perezida Donald Trump yatangaje ko Khamenei yapfuye.

Yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ati “Ntabwo yashoboraga gucika ubutasi ndetse na sisiteme yamukurikiranaga yo ku rwego ruhambaye, ku bufatanye na Israel, we n’abandi bayobozi bishwe, ntacyo bashoboraga gukora.”

Ntiharamenyekana icyari kigambiriwe ngo bariya bayobozi bakuru ba Iran barimo Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Impinduramatwara na Minisitiri w’Intebe, bahurire muri iriya nama bakoreraga rwagati mu mujyi wa Tehran kandi mu gace kamwe na Khamenei, nyamara America yari imaze iminsi icura imigambi yo kubivugana.

Abandi bahitanywe n’ibi bitero, ni Minisitiri w’ingabo Aziz Nasirzadeh; Adm. Ali Shamkhani, umuyobozi w’inama ya gisirikare; Mohammad Shirazi Wungirije Minisitiri w’Ubutasi; Mohammad Pakpour, umuyobozi mukuru w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara za kisilamu; na Seyyed Majid Mousavi, umuyobozi w’ingabo zirinda impinduramatwara za kisilamu, n’abandi.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Related Posts

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

by radiotv10
01/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashyize hanze itangazo ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma wari...

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

by radiotv10
28/02/2026
0

Israel yemeje ko yatangije ibitero kuri Iran bigamije kwikiza imbogamizi, aho igitero cya mbere cyagabwe hafi y’Ibiro by’Umuyobozi w’Ikirenga wa...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Biravugwa ko Lt Col Willy Ngoma wa AFC/M23 yamaze gushyingurwa

by radiotv10
27/02/2026
0

Amakuru aravuga Lt Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23 uherutse kwicwa arasiwe mu gitero cya Drone za FARDC...

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

by radiotv10
27/02/2026
0

Nyuma y’umunsi umwe gusa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekadi agiriye uruzinduko mu Bufaransa, Guverinoma y’Igihugu cye...

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

by radiotv10
26/02/2026
0

Amakuru ku rupfu rwa Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, akomeje kujya hanze, aho bivugwa ko drone yamurashe, yari iri gucungacunga abayobozi mu...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa
AMAHANGA

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

by radiotv10
02/03/2026
0

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

02/03/2026
AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

01/03/2026
Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

01/03/2026
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

01/03/2026
TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

28/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.