• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari hafi y’Umujyi wa Kisangani bakoze operasiyo igamije gusenya izo ndege, rinavuga ko urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rudashobora kugenda gutyo gusa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23, rivuga ko ihuriro ry’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa rikomeje ibyo bitero bigabwa mu bice bituwemo n’abaturage.

Riti “Bitewe n’iki kibazo gikomeye, ingabo zacu zoherejwe hafi y’umujyi wa Kisangani zakoze igikorwa kigamije guhagarika no gusenya drones zategurwaga kugaba ibitero byo kwica abasivile no kwibasira ibirindiro byacu.”

AFC/M23 ivuga ko iyi operasiyo yakozwe mu rwego rw’inshingano zo gukunda Iguhugu no kurinda inzirakarengane z’abasivile zikomeje kwibasirwa.

Iri huriro kandi rivuga ko ibikorwa nk’ibi bya gisirikare byo “kwikiza ibiteye impungenge, bizakomeza gukoranwa ubushishozi” igihe cyose “ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa Tshisekedi butarahagarika burundu ubugome ndengakamere bukomeje gukorerwa abaturage b’inzirakarengane bo mu bice byabohowe.”

Iri huriro kandi ryaboneyeho kwibutsa ko “kumena amaraso kw’abavandimwe bacu n’abasirikare bacu benshi barimo umuvugizi w’Igisirikare, mugenzi wacu Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, ntibizigera byibagirana kandi ntabwo byagenda gutyo gusa.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizakomeza kubushyira mu kaga kimwe n’ababufasha bose, kuko bigomba kubagiraho ingaruka.

Iri huriro kandi ryaboneyeho kwizeza abaturage ko rizakomeza kuba ku ruhande rwabo rinakora ibishoboka ngo ribarinde ibibi bariho bakorerwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo butahwemye kubagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.