Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari hafi y’Umujyi wa Kisangani bakoze operasiyo igamije gusenya izo ndege, rinavuga ko urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rudashobora kugenda gutyo gusa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23, rivuga ko ihuriro ry’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa rikomeje ibyo bitero bigabwa mu bice bituwemo n’abaturage.

Riti “Bitewe n’iki kibazo gikomeye, ingabo zacu zoherejwe hafi y’umujyi wa Kisangani zakoze igikorwa kigamije guhagarika no gusenya drones zategurwaga kugaba ibitero byo kwica abasivile no kwibasira ibirindiro byacu.”

AFC/M23 ivuga ko iyi operasiyo yakozwe mu rwego rw’inshingano zo gukunda Iguhugu no kurinda inzirakarengane z’abasivile zikomeje kwibasirwa.

Iri huriro kandi rivuga ko ibikorwa nk’ibi bya gisirikare byo “kwikiza ibiteye impungenge, bizakomeza gukoranwa ubushishozi” igihe cyose “ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa Tshisekedi butarahagarika burundu ubugome ndengakamere bukomeje gukorerwa abaturage b’inzirakarengane bo mu bice byabohowe.”

Iri huriro kandi ryaboneyeho kwibutsa ko “kumena amaraso kw’abavandimwe bacu n’abasirikare bacu benshi barimo umuvugizi w’Igisirikare, mugenzi wacu Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, ntibizigera byibagirana kandi ntabwo byagenda gutyo gusa.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizakomeza kubushyira mu kaga kimwe n’ababufasha bose, kuko bigomba kubagiraho ingaruka.

Iri huriro kandi ryaboneyeho kwizeza abaturage ko rizakomeza kuba ku ruhande rwabo rinakora ibishoboka ngo ribarinde ibibi bariho bakorerwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo butahwemye kubagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 5 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Related Posts

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

by radiotv10
02/03/2026
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije agace ka Buhimba muri Teritwari ya Walikare muri...

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

by radiotv10
02/03/2026
0

Inzego z'Ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America na Israel, zirimo CIA zari zimaze iminsi zineka bucece Umuyobozi w’Ikirenga wa...

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

by radiotv10
02/03/2026
0

Israel yagabye ibindi bitero by’indege kuri Iran, ndetse itangira no kugaba ibitero ku barwanyi ba Hezbollah bashyigikiwe na Iran muri...

Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

by radiotv10
02/03/2026
0

Abasesenguzi mu bya politiki, bemeza ko urupfu rwa Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, rushoboro gutuma iri huriro...

What the Death of Col Willy Ngoma Could Mean for AFC/M23 In the Conflict- Political analysts

What the Death of Col Willy Ngoma Could Mean for AFC/M23 In the Conflict- Political analysts

by radiotv10
02/03/2026
0

Political Analysts say that the death of Col Willy Ngoma, who was the spokesperson for the AFC/M23 Military group, could...

IZIHERUKA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma
AMAHANGA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

by radiotv10
03/03/2026
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

02/03/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

02/03/2026
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

02/03/2026
Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

02/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.