Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari hafi y’Umujyi wa Kisangani bakoze operasiyo igamije gusenya izo ndege, rinavuga ko urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rudashobora kugenda gutyo gusa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23, rivuga ko ihuriro ry’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa rikomeje ibyo bitero bigabwa mu bice bituwemo n’abaturage.

Riti “Bitewe n’iki kibazo gikomeye, ingabo zacu zoherejwe hafi y’umujyi wa Kisangani zakoze igikorwa kigamije guhagarika no gusenya drones zategurwaga kugaba ibitero byo kwica abasivile no kwibasira ibirindiro byacu.”

AFC/M23 ivuga ko iyi operasiyo yakozwe mu rwego rw’inshingano zo gukunda Iguhugu no kurinda inzirakarengane z’abasivile zikomeje kwibasirwa.

Iri huriro kandi rivuga ko ibikorwa nk’ibi bya gisirikare byo “kwikiza ibiteye impungenge, bizakomeza gukoranwa ubushishozi” igihe cyose “ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa Tshisekedi butarahagarika burundu ubugome ndengakamere bukomeje gukorerwa abaturage b’inzirakarengane bo mu bice byabohowe.”

Iri huriro kandi ryaboneyeho kwibutsa ko “kumena amaraso kw’abavandimwe bacu n’abasirikare bacu benshi barimo umuvugizi w’Igisirikare, mugenzi wacu Lieutenant-Colonel Willy Ngoma, ntibizigera byibagirana kandi ntabwo byagenda gutyo gusa.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizakomeza kubushyira mu kaga kimwe n’ababufasha bose, kuko bigomba kubagiraho ingaruka.

Iri huriro kandi ryaboneyeho kwizeza abaturage ko rizakomeza kuba ku ruhande rwabo rinakora ibishoboka ngo ribarinde ibibi bariho bakorerwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo butahwemye kubagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Related Posts

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, byemejwe...

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

by radiotv10
03/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko mu gihe uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, Ingabo...

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

by radiotv10
03/03/2026
0

Mansoureh Khojasteh Bagherzadeh, umugore w'Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran Ali Khamenei, na we yapfuye nyuma y'iminsi ari muri coma nyuma y'ibitero...

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

by radiotv10
02/03/2026
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije agace ka Buhimba muri Teritwari ya Walikare muri...

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

by radiotv10
02/03/2026
0

Inzego z'Ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America na Israel, zirimo CIA zari zimaze iminsi zineka bucece Umuyobozi w’Ikirenga wa...

IZIHERUKA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa
MU RWANDA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

03/03/2026
Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

03/03/2026
Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

03/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.