Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, byemejwe ko ari ay’Ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI).

Aya mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko Ayatollah Ali Khamenei yishwe tariki 28 Gashyantare 2026 n’ibitero bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru dukesha Urubuga rwa AFP rugenzura ukuri ku bivugwa (AFP Fact Check) avuga ko hagendewe ku isesengura ryakorewe aya mafoto, bigaragara ko yakozwe n’ubwenge bukorano.

Iki gitangazamakuru cyagendeye ku ifoto yari yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook tariki 01 Werurwe, yari iherekejwe n’ubutumwa buvuga ko “Itangazamakuru mpuzamahanga ryashyize hanze umurambo w’Umuyobozi w’Ikirange wa Iran Ayatollah Ali Khamenei, wishwe n’igitero cya cya Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel ku wa Gatandatu.”

Iyi foto igaragaza Khamenei aryamye yapfuye, yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, yanifashishijwe na Al Jazeera mu mashusho yakoreshejwe n’iki gitangazamakuru mu makuru yacyo.

Nanone indi foto nka yo, igaragaza abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi, bari gukura ibisate by’inkuta ku murambo wa Khamenei, na yo kuri uriya munsi yanyujijwe kuri X iherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Iran yashyize hanze ifoto y’umurambo wa Khamenei uri munsi y’ibisate by’inkuta.”

Aya mafoto kandi yagiye ashyirwa ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye nka YouTube na X, aherekejwe n’ubutumwa bwo mu ndimi zinyuranye, aho yashyizweho nyuma yuko Iran yemeje urupfu rw’uriya wari Umuyobozi w’Ikirenga wayo.

AFP Fact Check ivuga ko kugeza ubu nta mafoto ya nyayo y’umurambo wa Khamenei yari yajya hanze, ahubwo ko akomeje gusakara ari ayakozwe n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI-generated).

Mu isesengura ryakorewe ifoto ya mbere igaragaza itakaswe, yasakaye kuri Facebook, iyo umuntu ayitegereje neza, abonaho ikirango cya “Meta AI”.

Nanone kandi amaboko n’intoki bya Khamenei bigaragara nk’ibidafite imiterere myiza, ndetse bitanareshya, bishimangira ko yakozwe na AI.

Isesengura kandi ryakozwe n’ikoranabuhanga ritahura ko ikintu cyakozwe na AI (AI-detector tool Vera.ai), ryagaragaje amahirwe menshi ko iriya foto yakozwe na AI.

Kimwe n’isesengura ryakorewe ifoto ya kabiri na yo yasakaye, hifashijwe n’ubundi ikoranabuhanga ritahura ibyakozwe na AI rizwi nka Hive Moderation AI video detector, na ryo ryagaragaje ko “hari amahirwe menshi ko yakozwe na AI kandi ari ibihimbano.”

Nanone kandi abagaragara mu bikorwa by’ubutabazi muri iriya foto ya AI, batandukanye cyane n’amafoto y’aba nyabo babikoze bafotowe n’Ibiro Ntaramakuru bya Iran.

Ivomo/AFP Fact Check

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 6 =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Next Post

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Related Posts

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

by radiotv10
03/03/2026
0

Mansoureh Khojasteh Bagherzadeh, umugore w'Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran Ali Khamenei, na we yapfuye nyuma y'iminsi ari muri coma nyuma y'ibitero...

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

by radiotv10
03/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari...

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

by radiotv10
02/03/2026
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije agace ka Buhimba muri Teritwari ya Walikare muri...

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

by radiotv10
02/03/2026
0

Inzego z'Ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America na Israel, zirimo CIA zari zimaze iminsi zineka bucece Umuyobozi w’Ikirenga wa...

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

by radiotv10
02/03/2026
0

Israel yagabye ibindi bitero by’indege kuri Iran, ndetse itangira no kugaba ibitero ku barwanyi ba Hezbollah bashyigikiwe na Iran muri...

IZIHERUKA

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa
IMYIDAGADURO

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

03/03/2026
Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

03/03/2026
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
Ingabo z’u Rwanda n’iza Ethiopia zaganiriye ku buryo zarushaho gushimangira ubufatanye

Ingabo z’u Rwanda n’iza Ethiopia zaganiriye ku buryo zarushaho gushimangira ubufatanye

03/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n'abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.