• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, byemejwe ko ari ay’Ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI).

Aya mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko Ayatollah Ali Khamenei yishwe tariki 28 Gashyantare 2026 n’ibitero bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru dukesha Urubuga rwa AFP rugenzura ukuri ku bivugwa (AFP Fact Check) avuga ko hagendewe ku isesengura ryakorewe aya mafoto, bigaragara ko yakozwe n’ubwenge bukorano.

Iki gitangazamakuru cyagendeye ku ifoto yari yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook tariki 01 Werurwe, yari iherekejwe n’ubutumwa buvuga ko “Itangazamakuru mpuzamahanga ryashyize hanze umurambo w’Umuyobozi w’Ikirange wa Iran Ayatollah Ali Khamenei, wishwe n’igitero cya cya Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel ku wa Gatandatu.”

Iyi foto igaragaza Khamenei aryamye yapfuye, yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, yanifashishijwe na Al Jazeera mu mashusho yakoreshejwe n’iki gitangazamakuru mu makuru yacyo.

Nanone indi foto nka yo, igaragaza abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi, bari gukura ibisate by’inkuta ku murambo wa Khamenei, na yo kuri uriya munsi yanyujijwe kuri X iherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Iran yashyize hanze ifoto y’umurambo wa Khamenei uri munsi y’ibisate by’inkuta.”

Aya mafoto kandi yagiye ashyirwa ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye nka YouTube na X, aherekejwe n’ubutumwa bwo mu ndimi zinyuranye, aho yashyizweho nyuma yuko Iran yemeje urupfu rw’uriya wari Umuyobozi w’Ikirenga wayo.

AFP Fact Check ivuga ko kugeza ubu nta mafoto ya nyayo y’umurambo wa Khamenei yari yajya hanze, ahubwo ko akomeje gusakara ari ayakozwe n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano (AI-generated).

Mu isesengura ryakorewe ifoto ya mbere igaragaza itakaswe, yasakaye kuri Facebook, iyo umuntu ayitegereje neza, abonaho ikirango cya “Meta AI”.

Nanone kandi amaboko n’intoki bya Khamenei bigaragara nk’ibidafite imiterere myiza, ndetse bitanareshya, bishimangira ko yakozwe na AI.

Isesengura kandi ryakozwe n’ikoranabuhanga ritahura ko ikintu cyakozwe na AI (AI-detector tool Vera.ai), ryagaragaje amahirwe menshi ko iriya foto yakozwe na AI.

Kimwe n’isesengura ryakorewe ifoto ya kabiri na yo yasakaye, hifashijwe n’ubundi ikoranabuhanga ritahura ibyakozwe na AI rizwi nka Hive Moderation AI video detector, na ryo ryagaragaje ko “hari amahirwe menshi ko yakozwe na AI kandi ari ibihimbano.”

Nanone kandi abagaragara mu bikorwa by’ubutabazi muri iriya foto ya AI, batandukanye cyane n’amafoto y’aba nyabo babikoze bafotowe n’Ibiro Ntaramakuru bya Iran.

Ivomo/AFP Fact Check

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 18 =

Previous Post

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Next Post

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza 'drones' za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.