Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryungutse abasirikare 1 518 bo mu mutwe udasanzwe, binjiye mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri Huriro Maj Gen Sultani Makenga wanabageneye ubutumwa, abashimira kuba baritandukanyije na FARDC yokamwe n’imigirire mibi.

Aba basirikare binjijwe mu gisirikare cya AFC/M23 ku wa Mbere tariki 02 Werurwe, aho uyu muhango wo gosoza imyitozo, wabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru akaba n’Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare wa AFC/M23 Général Major Sultani Makenga.

Aba bakomando bashya b’iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa DRC, biteguye kwinjira mu kazi ko kurinda no kurwanira abaturage b’abasivile bakomeje kugirwaho ingaruka n’intambara y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Mu butumwa yagejeje kuri aba basirikare, Maj Gen Makenga yabibukije ko igisirikare bagiye guhangana nacyo cya FARDC, kigizwe n’abasirikare bamaze gutakaza indangagaciro ndetse ko “n’Umugaba w’Ikirenga wacyo, Perezida Felix Tshisekedi ubwe yigeze kukita igisirikare cy’amabandi (Clochards).”

Ati “Mwanze kuguguma muri icyo gisirikare cya Clochards muza kwiyunga ku gisirikare cy’impinduramatwara kugira ngo mubohore Igihugu cyanyu n’abavandimwe banyu n’abandi Banyekongo bose.”

Yaboneyeho kubabwira ku mugaragaro ko kuva uriya munsi, babaye abasirikare ba AFC/M23 nyuma yo kurangiza imyitozo, bityo ko ubu bashobora gutangira inshingano zabo.

Yababwiye ko igisirikare cy’Iri huriro cyanze gukomeza kurebera ngo Igihugu cyabo gikomeze gusenywa n’ubutegetsi n’abanyapolitiki babi bagifashe nk’akarima kabo, bakagisahura bakigwizaho imitungo.

Ati “Barica abaturage bakabanyaga ibyabo. Uriya Tshisekedi arafata amabandi n’inkozi z’ibibi zose akabaha intwaro ngo bice abaturage bazira uko basa n’ubwoko bwabo. Bakica abaturage banze kuyoboka ingengabitekerezo yabo, abandi bakabica kungira ngo basahure ibyabo.”

Gen Makenga kandi yavuze ko ubutegetsi bwa Congo, muri ibi bikorwa byabwo bibi, bwiyambaje Ingabo z’u Burundi, bugakoresha FDLR n’abacancuro ndetse n’indi mitwe y’inyeshyamba nka Wazalendo.

Maj Gen Sultani Makenga agaragaye mu ruhame nyuma y’icyumweru kimwe na we avuzweho ibihuha ko yagizweho ingaruka n’ibitero by’indege zitagira abapilote bya FARDC biherutse kugabwa mu gace ka Rubaya, byahitanye Lt Col Willy Ngoma wari umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23.

Amakuru avuga ko biriya bitero byagabwe nyuma gato yuko Gen Makenga yari amaze kuva aharashwe ibisasu byahitanye Willy Ngoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

Next Post

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.