Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera kwangira America gukoresha ibirindiro byo ku butaka bw’Igihugu cye mu bitero iri kugaba kuri Iran.

Trump, mu butumwa bwe, yibasiye byihariye Keir Starmer kubera kwangira America gukoresha ibirindiro ku butaka bw’u Bwongereza muri biriya bitero.

Perezida wa America yavuze ko atishimiye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, nubwo yaje kwemera ko America ishobora gukoresha Diego Garcia mu bitero bya misile kuri Iran.

Yumvikanye anenga uyu ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza, inshuro eshatu mu gihe cy’amasaha 24, avuga kandi ko ababajwe no kuba inshuti zo mu burengerazuba bw’Isi zidashyigikiye mu buryo bweruye ibi bitero.

Ku wa Mbere, Trump yabwiye ikinyamakuru The Sun ko “bigaragara ko umubano utari uko wari umeze” bitewe n’icyemezo cy’u Bwongereza bwabanje guhakanira America.

Nanone kandi mu kiganiro yagiranye na Telegraph, Perezida wa US yavuze ko Starmer yatinze cyane kugira ngo yemerere America gukoresha ibirindiro by’u Bwongereza.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Starmer yari yasimwe mbere ko yarushijeho guteza imbere umubano na Perezida Trump, gura ku wa mbere ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, yagaragaje gushidikanya ku bikorwa bya America byo kugaba ibitero i Tehran, agaragaza ko kiremewe n’amategeko.

Starmer yavuze ko Igihugu cye cy’u Bwongereza butemera “impinduka z’ubutegetsi zikorwa hifashishijwe ibitero byo mu kirere” kandi yihagararaho ku cyemezo cyo kutemerera America gukoresha ibirindiro by’Igihugu cye mu kigaba biriya bitero.

Gusa yavuze ko u Bwongereza buzemerera America igakoresha Diego Garcia na RAF Fairford mu bikorwa byo kwirwanaho kugira ngo barinde abaturage b’u Bwongereza n’ingabo, ndetse n’Ibihugu bifitanye isano mu Burasirazuba bwo Hagati byibasiwe n’ibitero byo kwihorera biriho bikorwa na Irani nyuma y’ibitero bya America na Israel.

Starmer yagize ati “Perezida Trump yagaragaje ko atemeranya n’umwanzuro twafashe wo kutivanga mu bitero bya mbere, ariko ni inshingano zanjye gufata icyemezo mu nyungu z’Igihugu cy’u Bwongereza. Ibyo nibyo nakoze, kandi ndabishyigikiye.”

Kugeza ubu Ibihugu by’i Burayi, ntibiragaragaza guhuza ku bitero biriho bikorwa na Leta Zunze Ubumwe za America kuri Iran.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Trump yateye ubwoba ko azahagarika ubucuruzi bwose na Espagne nyuma yuko iki Gihugu na cyo gihakaniye America gukoresha ibirindiro ku butaka bwayo kugira ngo igabe ibitero kuri Iran.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + four =

Previous Post

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Next Post

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.