Wednesday, March 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera kwangira America gukoresha ibirindiro byo ku butaka bw’Igihugu cye mu bitero iri kugaba kuri Iran.

Trump, mu butumwa bwe, yibasiye byihariye Keir Starmer kubera kwangira America gukoresha ibirindiro ku butaka bw’u Bwongereza muri biriya bitero.

Perezida wa America yavuze ko atishimiye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, nubwo yaje kwemera ko America ishobora gukoresha Diego Garcia mu bitero bya misile kuri Iran.

Yumvikanye anenga uyu ukuriye Guverinoma y’u Bwongereza, inshuro eshatu mu gihe cy’amasaha 24, avuga kandi ko ababajwe no kuba inshuti zo mu burengerazuba bw’Isi zidashyigikiye mu buryo bweruye ibi bitero.

Ku wa Mbere, Trump yabwiye ikinyamakuru The Sun ko “bigaragara ko umubano utari uko wari umeze” bitewe n’icyemezo cy’u Bwongereza bwabanje guhakanira America.

Nanone kandi mu kiganiro yagiranye na Telegraph, Perezida wa US yavuze ko Starmer yatinze cyane kugira ngo yemerere America gukoresha ibirindiro by’u Bwongereza.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Starmer yari yasimwe mbere ko yarushijeho guteza imbere umubano na Perezida Trump, gura ku wa mbere ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, yagaragaje gushidikanya ku bikorwa bya America byo kugaba ibitero i Tehran, agaragaza ko kiremewe n’amategeko.

Starmer yavuze ko Igihugu cye cy’u Bwongereza butemera “impinduka z’ubutegetsi zikorwa hifashishijwe ibitero byo mu kirere” kandi yihagararaho ku cyemezo cyo kutemerera America gukoresha ibirindiro by’Igihugu cye mu kigaba biriya bitero.

Gusa yavuze ko u Bwongereza buzemerera America igakoresha Diego Garcia na RAF Fairford mu bikorwa byo kwirwanaho kugira ngo barinde abaturage b’u Bwongereza n’ingabo, ndetse n’Ibihugu bifitanye isano mu Burasirazuba bwo Hagati byibasiwe n’ibitero byo kwihorera biriho bikorwa na Irani nyuma y’ibitero bya America na Israel.

Starmer yagize ati “Perezida Trump yagaragaje ko atemeranya n’umwanzuro twafashe wo kutivanga mu bitero bya mbere, ariko ni inshingano zanjye gufata icyemezo mu nyungu z’Igihugu cy’u Bwongereza. Ibyo nibyo nakoze, kandi ndabishyigikiye.”

Kugeza ubu Ibihugu by’i Burayi, ntibiragaragaza guhuza ku bitero biriho bikorwa na Leta Zunze Ubumwe za America kuri Iran.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Trump yateye ubwoba ko azahagarika ubucuruzi bwose na Espagne nyuma yuko iki Gihugu na cyo gihakaniye America gukoresha ibirindiro ku butaka bwayo kugira ngo igabe ibitero kuri Iran.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Next Post

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Related Posts

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

by radiotv10
04/03/2026
0

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri...

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

by radiotv10
04/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryungutse abasirikare 1 518 bo mu mutwe udasanzwe, binjiye mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri...

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

by radiotv10
03/03/2026
0

Hashyizwe hanze amafoto yafatiwe mu kirere agaragaza iyangirika rikomeye ry’uruganda rutunganya ibikomoka kuri Peteroli ruherereye mu mujyi wa Ras Tanura...

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

by radiotv10
03/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari...

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, byemejwe...

IZIHERUKA

NAME CHANGE REQUEST
MU RWANDA

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
04/03/2026
0

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

04/03/2026
Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

04/03/2026
Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

04/03/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

04/03/2026
Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda yitabye Imana

Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda yitabye Imana

04/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

NAME CHANGE REQUEST

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.