• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahitanye abantu barenga 100.

Iyi mpanuka yabaye kuri wa Kabiri tariki 03 Werurwe 2026, mu gace ka Kasasa gacukurwamo amabuye y’agaciro mu gace ka Rubaya.

Amakuru aturuka ahantu hatandukanye avuga ko iyi mpanuka yahitanye abantu barenga ijana, biganjemo abacukuzi b’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa coltan.

Abacuruzi b’ibicuruzwa biciriritse bashinze amaduka hafi y’ako gace kugira ngo bagurishe ibiribwa n’ibindi bicuruzwa ku bacukuzi, na bo bari mu baguye muri iyi mpanuka.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’ukwezi kumwe ku ya 28 Mutarama 2026, na bwo habaye inkangu yahitanye abantu barenga 400, utabariyemo abataraboneka.

Nubwo hari habaye iyi mpanuka, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri aka gace bwarakomeje, bitewe n’ibibazo by’ubukungu no kubura andi mahitamo ku rubyiruko rwinshi rwo muri aka gace.

Umucukuzi w’amabuye y’agaciro warokotse, yagize ati “Twari benshi muri turi mu rwobo. Ibitaka byatangiye kugwa buhoro buhoro. Bamwe baratakaga bavuga ko tugomba kuvamo, ariko byari byatinze cyane. Mu masegonda make, byose byaridutse. Nabashije gufata igiti. Barumuna banjye babiri bagumye hasi… Sinzi niba imirambo yabo izigera iboneka.”

Undi mucukuzi w’amabuye y’agaciro, yavuze ko n’uburyo bakoramo, bishyira ubuzima bwabo mu kaga. Ati “Turapfa buri munsi nta burinzi, nta ngofero, nta ba injeniyeri bo kugenzura ko ubutaka buhagaze neza. Tuzi ko ari akaga, ariko nta bundi buryo dufite bwo kubaho. Nyuma y’amakuba yabaye muri Mutarama, twararize, hanyuma turagaruka. Inzara irakomeye kuruta ubwoba.”

Agace gacukura amabuye y’agaciro ka Rubaya, gakungahaye ku mabuye yo mu bwoko bunyuranye burimo coltan, cassiterite, zahabu, na tourmaline, gakomeje kugenzurwa kamaze igihe kagenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 ryanifatanyije n’imiryango y’ababuze ababo mu mpanuka iherutse kuba, ndetse rinabaha bumwe mu butabazi bw’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Next Post

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.