Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Sandra Aline Muhoza wo mu Gihugu cy’u Burundi wakatiwe gufungwa imyaka ine, yafunguwe by’agateganyo amaze imyaka ibiri afunzwe, ategekwa kutarenga Intara atabiherewe uburenganzira.

Uyu munyamakuru wafunzwe muri Mata 2024 kubera ubutumwa yari yanyujije muri Group ya WhatsApp yahuriragamo abandi banyamakuru bagenzi be, aho yavugaga ko hari amakuru “hari imihoro yatanzwe mu Gihugu” cy’u Burundi.

Sandra Aline Muhoza washinjwaga ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu kubiba urwango rushingiye ku bwoko, muri Mutarama uyu mwaka yahamijwe ibi byaha akatirwa gufungwa imyaka ine.

Uyu munyamakuru we yaburanye ahakana ibyaha aregwa, agasaba kurekurwa akajya gukomeza umwuga w’itangazamakuru we.

Kuri uyu wa Gatatu yarekuwe by’agateganyo nyuma y’imyaka ibiri afunzwe, ariko akaba yarashyiriweho n’Umucamanza kutarenga Intara atabihirewe uruhushya.

Umunyamategeko wa Sandra Aline Muhoza, yatangaje ko irekurwa ry’umukiliya we, rikubiye mu cyemezo cyafashwe n’Umucamanza Mukuru w’i Ngozi.

Ubwo uyu munyamakuru yasohokaga muri Gereza ya Ngozi, yakiriwe n’umugabo we wari wagiye kumufata kuri iyi Gereza yari amaze igihe afungiyemo.

Mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2025, Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yaganiraga n’abayobozi b’ibinyamakuru binyuranye mu Gihugu cy’u Burundi, yasabwe ko abanyamakuru barimo n’uyu Sandra bagirirwa ikigongwe bakarekurwa.

Perezida Evariste Ndayishimiye we yari yavuze ko atari azi dosiye y’uyu munyamakuru, kandi ko atazi icyo yaba afungiye.

Urwandiko rw’Umucamanza Mukuru wa Ngozi rufungura by’agateganyo Sandra Aline Muhoza, ruvuga ko iki cyemezo cyafashwe gishingiye ku busabe bwe, kandi ko yemereye inzego z’ubutabera ko atazabangamira urubanza rwe rw’ubujurire rugikomeza, kandi ko yagaragaje imyitwarire myiza igihe amaze afunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Next Post

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Related Posts

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

by radiotv10
05/03/2026
0

Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth yemeje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyishe umusirikare w’umwofisiye...

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

by radiotv10
05/03/2026
0

Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko...

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

by radiotv10
04/03/2026
0

Umubare w’abakomeje kugwa mu ntambara ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Iran ukomeje kuzamuka. Kugeza kuri uyu...

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

by radiotv10
04/03/2026
0

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri...

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

by radiotv10
04/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera...

IZIHERUKA

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump
AMAHANGA

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

by radiotv10
05/03/2026
0

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

05/03/2026
Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

05/03/2026
Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

05/03/2026
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

05/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.