Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth yemeje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyishe umusirikare w’umwofisiye wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Donald Trump muri 2024.

Ibi byemejwe na Pete Hegseth kuri uyu wa Gatatu ku Cyicaro Gikuru Gikuru cya Minisiteri y’Ingabo muri America (Pentagon) mu gihe Iran yo ibihakana.

Donald Trump yasimbutse urupfu inshuro ebyiri muri 2024 ubwo yiyamamarizaga kugaruka muri White House, aho imwe mu nshuro isasu ryamufashe ku gutwi.

Pete Hegseth yavuze ko Perezida Trump “yishimiye” uku kwihorera kwakoze n’Igisirikare cy’Igihugu cye kivuganye uriya mwofisiye wo muri Iran utatangajwe.

Aganira n’abanyamakuru, Hegseth yavuze ko “uwari ukuriye umutwe wagerageje kwica Perezida Trump wahigwaga ejo yarishwe. Iran yagerageje kwica Perezida Trump maze Perezida Trump ayiha urw’amenyo.”

Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ingabo yavuze ko uku kwikiza uwari ukuriye uriya mugambi atari yo ntego ya mbere y’intambara, kandi yemeza ko Trump atigeze awushyira imbere kuri Pentagon.

Yavuze ko uriya “musirikare n’abandi bari inyuma y’uriya mugambi, amaherezo bari ku rutonde rw’abagomba kwikizwa.”

 

Ibyamenyekanye kuri uriya mugabo

Mu kwezi k’Ugushyingo 2024, ishami ry’ubutabera rya America ryashinje umugabo wo muri Iran witwa Farhad Shakeri, w’imyaka 51, umugambi wari washyizweho n’Igisirikare cya Iran Iranian Revolutionary Guard Corps (IRGC) wo kwivugana Trump nka Perezida wari watowe.

Merrick Garland, umushinjacyaha mukuru wa Amerika icyo gihe, yavuze mu itangazo ko Shakeri yari “Umuntu ukomeye w’ubutegetsi bwa Iran bwari bwahaye inshingano zo kuyobora itsinda ry’abagizi ba nabi kugira ngo bakomeze imigambi yo kwikiza abari babangamiye Iran, barimo na Perezida watowe Donald Trump.”

Ishami ry’ubutabera rivuga ko Shakeri yabwiye inzego ko yahawe inshingano ku ya 07 Ukwakira 2024 aho IRGC yari yamusabye kugaragaza ishusho y’uyu mugambi wo kwica Trump ariko ko atari agamije kurangiza uwo mugambi mu gihe cyagenwe n’Abanya-Iran.

Uyu mugambo kandi waregwamo abandi bagabo babiri b’Abanyamerika; Carlisle Rivera w’imyaka 49 na Jonathon Loadholt w’imyaka 36, bombi b’i New York, baregwaga kuba bari mu bugambanyi bw’uyu mugambi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Related Posts

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

by radiotv10
05/03/2026
0

Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko...

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

by radiotv10
05/03/2026
0

Umunyamakuru Sandra Aline Muhoza wo mu Gihugu cy’u Burundi wakatiwe gufungwa imyaka ine, yafunguwe by’agateganyo amaze imyaka ibiri afunzwe, ategekwa...

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

by radiotv10
04/03/2026
0

Umubare w’abakomeje kugwa mu ntambara ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Iran ukomeje kuzamuka. Kugeza kuri uyu...

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

by radiotv10
04/03/2026
0

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri...

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

by radiotv10
04/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera...

IZIHERUKA

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump
AMAHANGA

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

by radiotv10
05/03/2026
0

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

05/03/2026
Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

05/03/2026
Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

05/03/2026
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

05/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.