Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth yemeje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyishe umusirikare w’umwofisiye wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Donald Trump muri 2024.
Ibi byemejwe na Pete Hegseth kuri uyu wa Gatatu ku Cyicaro Gikuru Gikuru cya Minisiteri y’Ingabo muri America (Pentagon) mu gihe Iran yo ibihakana.
Donald Trump yasimbutse urupfu inshuro ebyiri muri 2024 ubwo yiyamamarizaga kugaruka muri White House, aho imwe mu nshuro isasu ryamufashe ku gutwi.
Pete Hegseth yavuze ko Perezida Trump “yishimiye” uku kwihorera kwakoze n’Igisirikare cy’Igihugu cye kivuganye uriya mwofisiye wo muri Iran utatangajwe.
Aganira n’abanyamakuru, Hegseth yavuze ko “uwari ukuriye umutwe wagerageje kwica Perezida Trump wahigwaga ejo yarishwe. Iran yagerageje kwica Perezida Trump maze Perezida Trump ayiha urw’amenyo.”
Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ingabo yavuze ko uku kwikiza uwari ukuriye uriya mugambi atari yo ntego ya mbere y’intambara, kandi yemeza ko Trump atigeze awushyira imbere kuri Pentagon.
Yavuze ko uriya “musirikare n’abandi bari inyuma y’uriya mugambi, amaherezo bari ku rutonde rw’abagomba kwikizwa.”
Ibyamenyekanye kuri uriya mugabo
Mu kwezi k’Ugushyingo 2024, ishami ry’ubutabera rya America ryashinje umugabo wo muri Iran witwa Farhad Shakeri, w’imyaka 51, umugambi wari washyizweho n’Igisirikare cya Iran Iranian Revolutionary Guard Corps (IRGC) wo kwivugana Trump nka Perezida wari watowe.
Merrick Garland, umushinjacyaha mukuru wa Amerika icyo gihe, yavuze mu itangazo ko Shakeri yari “Umuntu ukomeye w’ubutegetsi bwa Iran bwari bwahaye inshingano zo kuyobora itsinda ry’abagizi ba nabi kugira ngo bakomeze imigambi yo kwikiza abari babangamiye Iran, barimo na Perezida watowe Donald Trump.”
Ishami ry’ubutabera rivuga ko Shakeri yabwiye inzego ko yahawe inshingano ku ya 07 Ukwakira 2024 aho IRGC yari yamusabye kugaragaza ishusho y’uyu mugambi wo kwica Trump ariko ko atari agamije kurangiza uwo mugambi mu gihe cyagenwe n’Abanya-Iran.
Uyu mugambo kandi waregwamo abandi bagabo babiri b’Abanyamerika; Carlisle Rivera w’imyaka 49 na Jonathon Loadholt w’imyaka 36, bombi b’i New York, baregwaga kuba bari mu bugambanyi bw’uyu mugambi.
RADIOTV10









