Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth yemeje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyishe umusirikare w’umwofisiye wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Donald Trump muri 2024.

Ibi byemejwe na Pete Hegseth kuri uyu wa Gatatu ku Cyicaro Gikuru Gikuru cya Minisiteri y’Ingabo muri America (Pentagon) mu gihe Iran yo ibihakana.

Donald Trump yasimbutse urupfu inshuro ebyiri muri 2024 ubwo yiyamamarizaga kugaruka muri White House, aho imwe mu nshuro isasu ryamufashe ku gutwi.

Pete Hegseth yavuze ko Perezida Trump “yishimiye” uku kwihorera kwakoze n’Igisirikare cy’Igihugu cye kivuganye uriya mwofisiye wo muri Iran utatangajwe.

Aganira n’abanyamakuru, Hegseth yavuze ko “uwari ukuriye umutwe wagerageje kwica Perezida Trump wahigwaga ejo yarishwe. Iran yagerageje kwica Perezida Trump maze Perezida Trump ayiha urw’amenyo.”

Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ingabo yavuze ko uku kwikiza uwari ukuriye uriya mugambi atari yo ntego ya mbere y’intambara, kandi yemeza ko Trump atigeze awushyira imbere kuri Pentagon.

Yavuze ko uriya “musirikare n’abandi bari inyuma y’uriya mugambi, amaherezo bari ku rutonde rw’abagomba kwikizwa.”

 

Ibyamenyekanye kuri uriya mugabo

Mu kwezi k’Ugushyingo 2024, ishami ry’ubutabera rya America ryashinje umugabo wo muri Iran witwa Farhad Shakeri, w’imyaka 51, umugambi wari washyizweho n’Igisirikare cya Iran Iranian Revolutionary Guard Corps (IRGC) wo kwivugana Trump nka Perezida wari watowe.

Merrick Garland, umushinjacyaha mukuru wa Amerika icyo gihe, yavuze mu itangazo ko Shakeri yari “Umuntu ukomeye w’ubutegetsi bwa Iran bwari bwahaye inshingano zo kuyobora itsinda ry’abagizi ba nabi kugira ngo bakomeze imigambi yo kwikiza abari babangamiye Iran, barimo na Perezida watowe Donald Trump.”

Ishami ry’ubutabera rivuga ko Shakeri yabwiye inzego ko yahawe inshingano ku ya 07 Ukwakira 2024 aho IRGC yari yamusabye kugaragaza ishusho y’uyu mugambi wo kwica Trump ariko ko atari agamije kurangiza uwo mugambi mu gihe cyagenwe n’Abanya-Iran.

Uyu mugambo kandi waregwamo abandi bagabo babiri b’Abanyamerika; Carlisle Rivera w’imyaka 49 na Jonathon Loadholt w’imyaka 36, bombi b’i New York, baregwaga kuba bari mu bugambanyi bw’uyu mugambi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + five =

Previous Post

The effects of eating fast food every day

Next Post

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.