Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga mukuru muri zone ya Rutshuru, Dr. Christian Bitwayiki yagize icyo avuga kuri raporo ivuga ko hagaragaye imfu z’abantu 1 000 zikomoka ku bwandu bwa Virusi itera SIDA, avuga ko ibivugwa n’iyi raporo atari ukuri.

Yabitangaje mu bisobanuro by’ingenzi nyuma ya raporo y’umuryango Actions pour la Protection Civile et le Développement yagaragaje ko hagaragaye ziriya mpfu zatewe na SIDA.

Dr. Christian Bitwayiki avuga ko akurikije amakuru mpamo na we ahagazeho, ari uko mu mwaka ushize hagaragaye impfu 13 zikomoka kuri SIDA muri zone Rutshuru, mu gihe muri Teritwari yose ya Rutshuru habayeho impfu 37.

Yavuze ko hakunze kubaho urujijo ku bantu bitaba Imana bazize Virusi ya SIDA, kuko hari n’abapfa bafite ubwandu bikitirirwa ko ari yo ibahitanye nyamara atari yo.

Yagize ati “Urupfu rukomoka ku cyorezo cya SIDA ruvuga ko umuntu ubana na virusi itera SIDA ibyuririzi bya virusi itera SIDA kandi agapfa ari byo azize.”

Uyu muganga yakomeje agira ati “Nubwo umuntu yaba afite n’ubwandu bwa virusi itera SIDA, ashobora no kwicwa n’indi mpamvu (malariya, indwara yo gucika kw’imitsi, ingorane zikomoka ku muriro wa tifoyide), kandi umuntu nk’uwo ntafatwa nk’uwapfuye azize virusi itera SIDA, kabone n’iyo yaba yari arwaye virusi itera SIDA.”

Avuga ko abantu bakunze kwitiranye impfu zatewe n’izindi mpamvu bakazifata nk’izatewe na SIDA, kuko hari nk’abarwara Cancer n’izindi ndwara zikomeye, bakaba banarwaye SIDA, bakwitaba Imana, bikavugwa ko bishwe n’iki cyorezo.

Dr. Bitwayiki yemeza ko virusi itera SIDA ikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomere muri Zone ya Rutshuru, agasaba abafatanyabikorwa yaba mu bya tekiniki ndetse no mu bushobozi, gukomeza kugira uruhare mu kwita no gukurikirana abafite ubwandu bw’iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

From past to present: How surgery has become safer and more effective

Related Posts

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

by radiotv10
05/03/2026
0

Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko...

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

by radiotv10
05/03/2026
0

Umunyamakuru Sandra Aline Muhoza wo mu Gihugu cy’u Burundi wakatiwe gufungwa imyaka ine, yafunguwe by’agateganyo amaze imyaka ibiri afunzwe, ategekwa...

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

by radiotv10
05/03/2026
0

Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth yemeje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyishe umusirikare w’umwofisiye...

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

by radiotv10
04/03/2026
0

Umubare w’abakomeje kugwa mu ntambara ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Iran ukomeje kuzamuka. Kugeza kuri uyu...

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

by radiotv10
04/03/2026
0

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo
AMAHANGA

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

by radiotv10
05/03/2026
0

From past to present: How surgery has become safer and more effective

From past to present: How surgery has become safer and more effective

05/03/2026
Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

05/03/2026
Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

05/03/2026
Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

05/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

From past to present: How surgery has become safer and more effective

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.