Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in AMAHANGA
0
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ikipe ya Inter Miami ikinamo rurangiranwa Lionel Messi, yavuze ko umwe mu bana be ari umufana we ukomeye, avuga ko ashobora kuba ari ku rwego nk’urwa Pele.

Ni mu birori byo kwakirwa kw’iyi kipe ya Inter Miami muri White House byabaye kuri uyu wa Kane mu rwego rwo kwizihiza igikombe cya MLS Cup iherutse kwegukana ku nshuro ya mbere mu mateka y’ikipe. Kapiteni Lionel Messi yahaye impano Perezida Donald Trump.

Messi yinjiye ari kumwe na Trump na Jorge Mas, nyiri iyi kipe ya Inter Miami, ubundi aha Perezida umupira w’amaguru, ndetse na jersey y’iyi kipe n’isaha byatanzwe na Mas n’umutoza mukuru Javier Mascherano.

Byari ku nshuro ya mbere Messi yinjiye muri White House, nyuma yo kujya muri iyi kipe muri Nyakanga 2023, aho aje akurikira mugenzi we Cristiano Ronaldo na we wakiriwemo mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize.

Trump yagize ati “Turi guha icyubahiro abantu bafite impano nyazo.” Yabivugaga ahagararaye na Messi na Mas n’abandi bakinnyi ba Miami bari inyuma yabo. Ati “Ni amahirwe akomeye kuko nta muperezida wa America wigeze agira amahirwe yo kuvuga nk’ibi mbere: Murakaza neza muri White House, Lionel Messi.”

Mu buryo bwo gushyenga, Trump yagize ati “Umwana wanjye yari yambwuye ati ‘Papa, uzi uza kuba ari hano uyu munsi?’ Ndavuga nti ‘ashi mfite ibintu byinshi ndi gukurikirana’, arambwira ati ‘ni Messi’.”

Yakomeje agira ati “Ni umufana wawe ukomeye. Atekereza ko uri umuntu ukomeye cyane. Kandi ndatekereza ko mwahuye mu bihe byashize. Rero ni umufana ukomeye w’umupira w’amaguru, ariko ni umufana wawe ukomeye cyane. Ndetse n’umugabo witwa Ronaldo. Cristiano ni igihangange cyane. Na we uri rurangiranwa.”

Trump yashimiye Messi kuba yarageze muri iyi kipe ari bwo begukanye kiriya gikombe. Miami yatwaye igikombe cya MLS cya 2025 ku ya 06 Ukuboza, itsinze Vancouver Whitecaps ibitego 3-1 i Fort Lauderdale, ndetse Messi atorwa nk’umukinnyi ukomeye muri shampiyona mu mwaka wa kabiri wikurikiranya.

Trump ati “Leo, waraje utwara igikombe, kandi ibyo ni ibintu bigoye cyane gukora, bidasanzwe cyane kandi mu by’ukuri, hari igitutu kinini washyirwagaho kurusha mbere, ariko warabirenze utwara igikombe.”

Trump yavuze ko mu bakinnyi b’ibirangirire azi ari Umunya-Brazil Pele yabonye ubwo yakiniriga New York Cosmos, maze arahindukira areba Messi ati “Ushobora kuba uri umuhanga kurusha Pele.” Ahita areba mu bari aho, arababaza ati “Ni nde muhanga kurusha undi?” Ubundi baraseka.

Ubwo binjiraga Messi yari kumwe na Trump
Yamushyikirije impano
Yamushimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Next Post

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.