Friday, March 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in AMAHANGA
0
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ikipe ya Inter Miami ikinamo rurangiranwa Lionel Messi, yavuze ko umwe mu bana be ari umufana we ukomeye, avuga ko ashobora kuba ari ku rwego nk’urwa Pele.

Ni mu birori byo kwakirwa kw’iyi kipe ya Inter Miami muri White House byabaye kuri uyu wa Kane mu rwego rwo kwizihiza igikombe cya MLS Cup iherutse kwegukana ku nshuro ya mbere mu mateka y’ikipe. Kapiteni Lionel Messi yahaye impano Perezida Donald Trump.

Messi yinjiye ari kumwe na Trump na Jorge Mas, nyiri iyi kipe ya Inter Miami, ubundi aha Perezida umupira w’amaguru, ndetse na jersey y’iyi kipe n’isaha byatanzwe na Mas n’umutoza mukuru Javier Mascherano.

Byari ku nshuro ya mbere Messi yinjiye muri White House, nyuma yo kujya muri iyi kipe muri Nyakanga 2023, aho aje akurikira mugenzi we Cristiano Ronaldo na we wakiriwemo mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize.

Trump yagize ati “Turi guha icyubahiro abantu bafite impano nyazo.” Yabivugaga ahagararaye na Messi na Mas n’abandi bakinnyi ba Miami bari inyuma yabo. Ati “Ni amahirwe akomeye kuko nta muperezida wa America wigeze agira amahirwe yo kuvuga nk’ibi mbere: Murakaza neza muri White House, Lionel Messi.”

Mu buryo bwo gushyenga, Trump yagize ati “Umwana wanjye yari yambwuye ati ‘Papa, uzi uza kuba ari hano uyu munsi?’ Ndavuga nti ‘ashi mfite ibintu byinshi ndi gukurikirana’, arambwira ati ‘ni Messi’.”

Yakomeje agira ati “Ni umufana wawe ukomeye. Atekereza ko uri umuntu ukomeye cyane. Kandi ndatekereza ko mwahuye mu bihe byashize. Rero ni umufana ukomeye w’umupira w’amaguru, ariko ni umufana wawe ukomeye cyane. Ndetse n’umugabo witwa Ronaldo. Cristiano ni igihangange cyane. Na we uri rurangiranwa.”

Trump yashimiye Messi kuba yarageze muri iyi kipe ari bwo begukanye kiriya gikombe. Miami yatwaye igikombe cya MLS cya 2025 ku ya 06 Ukuboza, itsinze Vancouver Whitecaps ibitego 3-1 i Fort Lauderdale, ndetse Messi atorwa nk’umukinnyi ukomeye muri shampiyona mu mwaka wa kabiri wikurikiranya.

Trump ati “Leo, waraje utwara igikombe, kandi ibyo ni ibintu bigoye cyane gukora, bidasanzwe cyane kandi mu by’ukuri, hari igitutu kinini washyirwagaho kurusha mbere, ariko warabirenze utwara igikombe.”

Trump yavuze ko mu bakinnyi b’ibirangirire azi ari Umunya-Brazil Pele yabonye ubwo yakiniriga New York Cosmos, maze arahindukira areba Messi ati “Ushobora kuba uri umuhanga kurusha Pele.” Ahita areba mu bari aho, arababaza ati “Ni nde muhanga kurusha undi?” Ubundi baraseka.

Ubwo binjiraga Messi yari kumwe na Trump
Yamushyikirije impano
Yamushimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + one =

Previous Post

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Next Post

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda Oscar yatangaje ko hari abasirikare b’abakomando b’iri huriro bari hafi ya Kisangani, bagaba ibitero...

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

by radiotv10
06/03/2026
0

The Deputy Spokesperson of AFC/M23, Dr. Oscar Balinda, has announced that some of the coalition’s commando soldiers are operating near...

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

by radiotv10
05/03/2026
0

Igitero cya Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel, cyasenye Sitade yakira imikino ya Azadi iherereye i Tehran muri...

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

by radiotv10
05/03/2026
0

Umuganga mukuru muri zone ya Rutshuru, Dr. Christian Bitwayiki yagize icyo avuga kuri raporo ivuga ko hagaragaye imfu z’abantu 1...

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

by radiotv10
05/03/2026
0

Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko...

IZIHERUKA

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB
MU RWANDA

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

by radiotv10
06/03/2026
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

06/03/2026
Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

06/03/2026
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

06/03/2026
Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

05/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.