• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in AMAHANGA
0
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ikipe ya Inter Miami ikinamo rurangiranwa Lionel Messi, yavuze ko umwe mu bana be ari umufana we ukomeye, avuga ko ashobora kuba ari ku rwego nk’urwa Pele.

Ni mu birori byo kwakirwa kw’iyi kipe ya Inter Miami muri White House byabaye kuri uyu wa Kane mu rwego rwo kwizihiza igikombe cya MLS Cup iherutse kwegukana ku nshuro ya mbere mu mateka y’ikipe. Kapiteni Lionel Messi yahaye impano Perezida Donald Trump.

Messi yinjiye ari kumwe na Trump na Jorge Mas, nyiri iyi kipe ya Inter Miami, ubundi aha Perezida umupira w’amaguru, ndetse na jersey y’iyi kipe n’isaha byatanzwe na Mas n’umutoza mukuru Javier Mascherano.

Byari ku nshuro ya mbere Messi yinjiye muri White House, nyuma yo kujya muri iyi kipe muri Nyakanga 2023, aho aje akurikira mugenzi we Cristiano Ronaldo na we wakiriwemo mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize.

Trump yagize ati “Turi guha icyubahiro abantu bafite impano nyazo.” Yabivugaga ahagararaye na Messi na Mas n’abandi bakinnyi ba Miami bari inyuma yabo. Ati “Ni amahirwe akomeye kuko nta muperezida wa America wigeze agira amahirwe yo kuvuga nk’ibi mbere: Murakaza neza muri White House, Lionel Messi.”

Mu buryo bwo gushyenga, Trump yagize ati “Umwana wanjye yari yambwuye ati ‘Papa, uzi uza kuba ari hano uyu munsi?’ Ndavuga nti ‘ashi mfite ibintu byinshi ndi gukurikirana’, arambwira ati ‘ni Messi’.”

Yakomeje agira ati “Ni umufana wawe ukomeye. Atekereza ko uri umuntu ukomeye cyane. Kandi ndatekereza ko mwahuye mu bihe byashize. Rero ni umufana ukomeye w’umupira w’amaguru, ariko ni umufana wawe ukomeye cyane. Ndetse n’umugabo witwa Ronaldo. Cristiano ni igihangange cyane. Na we uri rurangiranwa.”

Trump yashimiye Messi kuba yarageze muri iyi kipe ari bwo begukanye kiriya gikombe. Miami yatwaye igikombe cya MLS cya 2025 ku ya 06 Ukuboza, itsinze Vancouver Whitecaps ibitego 3-1 i Fort Lauderdale, ndetse Messi atorwa nk’umukinnyi ukomeye muri shampiyona mu mwaka wa kabiri wikurikiranya.

Trump ati “Leo, waraje utwara igikombe, kandi ibyo ni ibintu bigoye cyane gukora, bidasanzwe cyane kandi mu by’ukuri, hari igitutu kinini washyirwagaho kurusha mbere, ariko warabirenze utwara igikombe.”

Trump yavuze ko mu bakinnyi b’ibirangirire azi ari Umunya-Brazil Pele yabonye ubwo yakiniriga New York Cosmos, maze arahindukira areba Messi ati “Ushobora kuba uri umuhanga kurusha Pele.” Ahita areba mu bari aho, arababaza ati “Ni nde muhanga kurusha undi?” Ubundi baraseka.

Ubwo binjiraga Messi yari kumwe na Trump
Yamushyikirije impano
Yamushimiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seven =

Previous Post

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Next Post

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.