• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran
Share on FacebookShare on Twitter

U Bushinwa buratangaza ko ishyirwaho rya Mojtaba Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran asimbuye se uherutse kwicwa, ari icyemezo kireba iki Gihugu bityo ko nta kindi gikwiye kubyivangamo, buvuga kandi ko bwamaganye icyo ari cyo cyose kigamije kumwivugana.

Ni nyuma y’amasaha macye Iran yemeje Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ali Khamenei nk’ugomba kumusimbura nyuma yo kwicwa n’ibitero by’indege bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ubu kigendereye kwica uyu muhungu wa Ali Khamenei uherutse kwicwa n’ubundi ku bufatanye bwacyo na America.

Perezida wa US, Donald Trump na we aherutse kugaragaza ko atifuza ko  Mojtaba Khamenei agirwa umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, ndetse ko agomba kugira uruhare mu ishyirwaho ry’Umuyobozi mushya.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bushinwa, Guo Jiakun, kuri uyu wa Mbere yabwiye itangazamakuru ko kuba Iran yashyizeho umuhungu wa Khamenei bishingiye ku Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Yagize ati “U Bushinwa bwitandukanyije no kwivanga kw’ibindi Bihugu muri gahunda z’imbere za Iran ku mpamvu iyo ari yo yose, kandi ubusugire, umutekano n’ubudahangarwa bya Iran bigomba kubahwa.”

U Bushinwa butangaje ibi, mu gihe Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, bakomeje kugaba ibitero muri Iran, ndetse iki Gihugu na cyo kikaba gikomeje kugambirira kwihimura kigaba ibitero kuri Israel no mu bindi Bihugu bifitwemo ibirindiro na America.

Ubutegetsi bw’u Bushinwa, ni umufatanyabikorwa wa Tehran, ndetse bwamaganye iyicwa ry’uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, ariko kandi bukaba bwarananenze ibitero bya Iran yagabye ku Bihugu by’inshuti za America.

Zhai Jun, Intumwa y’u Bushinwa mu Burasirazuba bwo Hagati, yasabye ko umwuka w’intambara uhagarara, ubwo yahuraga na Prince Faisal bin Farhan bin Abdullah, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Saudi Arabia, mu biganiro kuri iki Cyumweru.

Yagize ati “U Bushinwa burasaba impande zose guhagarika vuba na bwangu ibikorwa bya gisirikare, mu rwego rwo gucubya ko umwuka ukomeza kuba mubi, ndetse no kwirinda ko bigira ingaruka ku baturage bo mu karere k’ibi Bihugu.”

U Bushinwa na Iran, bisanganywe imikiranire mu by’ingufu n’ubucuruzi, n’ibikomoka kuri peteroli, aho umwaka ushize, 80% by’ibikomoka kuri Peteroli byavuye muri Iran, byagiye mu Bushinwa.

Mojtaba Khamenei washyizweho nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran
Guo Jiakun, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bushinwa yamaganye abashaka kwivugana uyu muyobozi wo muri Iran

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 2 =

Previous Post

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Next Post

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.