U Bushinwa buratangaza ko ishyirwaho rya Mojtaba Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran asimbuye se uherutse kwicwa, ari icyemezo kireba iki Gihugu bityo ko nta kindi gikwiye kubyivangamo, buvuga kandi ko bwamaganye icyo ari cyo cyose kigamije kumwivugana.
Ni nyuma y’amasaha macye Iran yemeje Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ali Khamenei nk’ugomba kumusimbura nyuma yo kwicwa n’ibitero by’indege bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ubu kigendereye kwica uyu muhungu wa Ali Khamenei uherutse kwicwa n’ubundi ku bufatanye bwacyo na America.
Perezida wa US, Donald Trump na we aherutse kugaragaza ko atifuza ko Mojtaba Khamenei agirwa umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, ndetse ko agomba kugira uruhare mu ishyirwaho ry’Umuyobozi mushya.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bushinwa, Guo Jiakun, kuri uyu wa Mbere yabwiye itangazamakuru ko kuba Iran yashyizeho umuhungu wa Khamenei bishingiye ku Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.
Yagize ati “U Bushinwa bwitandukanyije no kwivanga kw’ibindi Bihugu muri gahunda z’imbere za Iran ku mpamvu iyo ari yo yose, kandi ubusugire, umutekano n’ubudahangarwa bya Iran bigomba kubahwa.”
U Bushinwa butangaje ibi, mu gihe Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, bakomeje kugaba ibitero muri Iran, ndetse iki Gihugu na cyo kikaba gikomeje kugambirira kwihimura kigaba ibitero kuri Israel no mu bindi Bihugu bifitwemo ibirindiro na America.
Ubutegetsi bw’u Bushinwa, ni umufatanyabikorwa wa Tehran, ndetse bwamaganye iyicwa ry’uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, ariko kandi bukaba bwarananenze ibitero bya Iran yagabye ku Bihugu by’inshuti za America.
Zhai Jun, Intumwa y’u Bushinwa mu Burasirazuba bwo Hagati, yasabye ko umwuka w’intambara uhagarara, ubwo yahuraga na Prince Faisal bin Farhan bin Abdullah, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Saudi Arabia, mu biganiro kuri iki Cyumweru.
Yagize ati “U Bushinwa burasaba impande zose guhagarika vuba na bwangu ibikorwa bya gisirikare, mu rwego rwo gucubya ko umwuka ukomeza kuba mubi, ndetse no kwirinda ko bigira ingaruka ku baturage bo mu karere k’ibi Bihugu.”
U Bushinwa na Iran, bisanganywe imikiranire mu by’ingufu n’ubucuruzi, n’ibikomoka kuri peteroli, aho umwaka ushize, 80% by’ibikomoka kuri Peteroli byavuye muri Iran, byagiye mu Bushinwa.


RADIOTV10









