Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi rye bahasanze umunyeshuri w’umukobwa w’imyaka 15 wari wabuzwe n’ababyeyi be muri weekend yose.
Uyu mwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (G.S) Bihinga; yatawe muri yombi ku bufatanye bwa Polisi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.
Uyu mwarimu asanzwe yigisha mu mashuri abanza, mu gihe uyu mwana w’umukobwe we yiga mu mashuri yisumbuye, n’ubundi kuri ririya shuri rya G.S Bihinga.
Ifatwa ry’uyu mwarimu, ryakurikiwe no kuba uriya mwana yari yabuze kuva mu minsi igize impera z’icyumweru gishize, aho ababyeyi be bari bakubise hirya hino babaririza aho yaba aherereye ariko baramubura.
Kuri uyu wa Mbere tariki 09 Werurwe 2026 ubwo amasomo yasubukurwaga, ababyeyi b’uyu mwana bagiye kubaza ku ishuri, ari na bwo hatangiraga ibikorwa byo kumushakisha.
Hari abari babonye uriya mwana w’umukobwa ajya ku icumbi ry’umwarimu ku wa Gatanu, batanze amakuru, yafashije inzego, kuko zahise zimwaka urufunguzo zikajya ku icumbi rye, zifunguye zisanga koko umwana araryamye.
Uyu mwarimu yahise atabwa muri yombi, ubu acumbukiwe kuri sitasiyo ya Kabarore kugira ngo hakorwe iperereza.
Amakuru y’ifungwa ry’uyu mwarimu, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana; wagize ati “Yafashwe.”
SP Hamdun yaboneyeho gutanga ubutumwa burimo n’ubureba ababyeyi. Ati “Bakwiye kurizirikana uburere bw’abana babo bakamenya ibyo bakeneye, aho bagiye n’igihe bagendeye, bakagirana ibiganiro.”
Yanagiriye inama kandi abarezi, ati “Na bo bakwiye gufata abana nk’abana bagakora inshingano yo kurera aho kubangiza.”
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba kandi yaboneyeho gusaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe, mu gihe babonye ibimenyetso biganisha kuri iki cyaha cyo gusambanya abana, nko kuba hari umuntu babonye yinjiza umwana mu nzu ye nk’uko byakozwe n’uriya mwarimu.
RADIOTV10









