Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda, bari i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye Inama ya kabiri y’Ihuriro ku Ngufu za Nikeleyeri.

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Mu butumwa bwayo, Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yagize iti “Perezida Paul kagame, n’itsinda ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda (Rwanda Atomic Energy Board), uyu munsi bari i Paris bitabiriye Inama ya kabiri y’Ihuriro ku Ngufu za Nikeleyeri.”

Perezida Kagame wagiye i Paris mu Bufaransa, yaherukagayo muri Gicurasi umwaka ushize, aho yanabonanye na mugenzi we Emmanuel Macron, bagirana ibiganiro byagarutse ku bibazo byariho ku Isi, ndetse n’umubano w’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bufaransa).

Iyi nama igiye guterana mu gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bituruka ku mihindagurikire y’ikirere ndetse n’izamuka ry’ingano y’ingufu zikenerwa ku Isi, rituma hakomeza gutekerezwa icyakorwa.

Iyi nama ibera i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026, itegerejwemo ibiganiro mpaka ku ngufu ziboneye kandi zidakomoka ku bishobora guteza ibyuka bihumanya ikirere.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame, Emmanuel Macron ndetse na Rafael Grossi, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Nikeleyeri IAEA (International Atomic Energy Agency), baza gutanga ibiganiro muri iyi nama.

Umukuru w’u Rwanda, aratanga ikiganiro kibanda ku ruhare rw’ingufu za Nikeleyeri mu bikorwa bya gisivile, mu bijyanye n’iterambere ry’inganda n’ingufu ku Mugabane wa Afurika.

 

Na dipolomasi iri mu bijyanye Perezida Kagame

Biteganyijwe kandi ko Perezida Paul Kagame na Emmanuel Macron bagirana ibiganiro byihariye, ku bijyanye n’umubano w’Ibihugu byombi.

Biteganyijwe kandi ko mu biganiro Abakuru bombi baganira ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho u Bufaransa na bwo bwagiye bugaragaza ko bwifuza ko biriya bibazo bibonerwa umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro nk’uko u Rwanda rwamye rubivuga.

Perezida Kagame kandi agiye mu Bufaransa nyuma y’ibyumweru bibiri, Felix Tshisekedi wa DRC na we agiriye uruzinduko muri iki Gihugu cy’i Burayi, aho byavuzwe ko mu byamugenzaga harimo n’itangwa ry’Umukandida wa DRC uzahatana mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo.

Nyuma y’umunsi umwe gusa Tshisekedi agiriye uru ruzinduko mu Bufaransa, DRC yahise itanga Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba, nk’umukandida uzahatana muri aya Matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Louise Mushikiwabo kandi, na we u Rwanda rwamaze kumutanga nk’Umukandida uzahatanira manda ya gatatu muri aya matora azaba mu kwezi k’Ugushyingo 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

by radiotv10
10/03/2026
0

Iperereza ry'ibanze ku rupfu rw’umugore w’imyaka 40 basanze yapfuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, ryafashe abagabo babiri...

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

by radiotv10
10/03/2026
0

Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zatanze ibyumba bitatu by’ishuri zavuguruye, ku...

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

by radiotv10
10/03/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihigu, ubu akaba ari Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusubiza mu Buzima...

IZIHERUKA

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa
MU RWANDA

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

10/03/2026
Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

10/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.