• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda, bari i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye Inama ya kabiri y’Ihuriro ku Ngufu za Nikeleyeri.

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Mu butumwa bwayo, Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yagize iti “Perezida Paul kagame, n’itsinda ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda (Rwanda Atomic Energy Board), uyu munsi bari i Paris bitabiriye Inama ya kabiri y’Ihuriro ku Ngufu za Nikeleyeri.”

Perezida Kagame wagiye i Paris mu Bufaransa, yaherukagayo muri Gicurasi umwaka ushize, aho yanabonanye na mugenzi we Emmanuel Macron, bagirana ibiganiro byagarutse ku bibazo byariho ku Isi, ndetse n’umubano w’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bufaransa).

Iyi nama igiye guterana mu gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bituruka ku mihindagurikire y’ikirere ndetse n’izamuka ry’ingano y’ingufu zikenerwa ku Isi, rituma hakomeza gutekerezwa icyakorwa.

Iyi nama ibera i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026, itegerejwemo ibiganiro mpaka ku ngufu ziboneye kandi zidakomoka ku bishobora guteza ibyuka bihumanya ikirere.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame, Emmanuel Macron ndetse na Rafael Grossi, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Nikeleyeri IAEA (International Atomic Energy Agency), baza gutanga ibiganiro muri iyi nama.

Umukuru w’u Rwanda, aratanga ikiganiro kibanda ku ruhare rw’ingufu za Nikeleyeri mu bikorwa bya gisivile, mu bijyanye n’iterambere ry’inganda n’ingufu ku Mugabane wa Afurika.

 

Na dipolomasi iri mu bijyanye Perezida Kagame

Biteganyijwe kandi ko Perezida Paul Kagame na Emmanuel Macron bagirana ibiganiro byihariye, ku bijyanye n’umubano w’Ibihugu byombi.

Biteganyijwe kandi ko mu biganiro Abakuru bombi baganira ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho u Bufaransa na bwo bwagiye bugaragaza ko bwifuza ko biriya bibazo bibonerwa umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro nk’uko u Rwanda rwamye rubivuga.

Perezida Kagame kandi agiye mu Bufaransa nyuma y’ibyumweru bibiri, Felix Tshisekedi wa DRC na we agiriye uruzinduko muri iki Gihugu cy’i Burayi, aho byavuzwe ko mu byamugenzaga harimo n’itangwa ry’Umukandida wa DRC uzahatana mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo.

Nyuma y’umunsi umwe gusa Tshisekedi agiriye uru ruzinduko mu Bufaransa, DRC yahise itanga Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba, nk’umukandida uzahatana muri aya Matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Louise Mushikiwabo kandi, na we u Rwanda rwamaze kumutanga nk’Umukandida uzahatanira manda ya gatatu muri aya matora azaba mu kwezi k’Ugushyingo 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

Next Post

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.