Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Iperereza ry’ibanze ku rupfu rw’umugore w’imyaka 40 basanze yapfuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, ryafashe abagabo babiri bakekwaho kurugiramo uruhare nyuma yuko bimenyekanye ko bari biriwe basangira inzoga.

Urupfu rw’uyu mugore rwabaye mu ijoro ryo hagati ya tariki 08 n’iya 09 Werurwe 2026 mu Mudugudu wa Kigarama mu Kagari ka Nyanza.

Umurambo wa nyakwigendera wabonywe ufite amaraso ku munwa no ku mazuru, ari na byo byatumye hakekwa ko yishwe anizwe.

Polisi y’u Rwanda ikimenya amakuru y’urupfu rw’uyu mugore, yahise itangira iperereza, ndetse hafatwa abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, batabwa muri yombi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko “umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Nyanza.”

CIP Kamanzi ati “n’abagabo bakekwa kugira uruhare muri urwo rupfu bafashwe, bajya gufungirwa kuri polisi sitasiyo ya Busasamana.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo kandi atanga ubutumwa, asaba abantu kugendera kure ibikorwa by’urugomo nk’ibi bibangamire ituze rya bagenzi babo, binavamo urupfu nk’uko byagendekeye nyakwigendera.

 

Icyo itegeko riteganya

Aba bagabo baramutse bahamijwe icyaha bakurikiranyweho, bahanishwa igifungo cya burundu, nk’uko giteganywa n’Itegeko N⁰ 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rihana ibyaha mu Rwanda.

Ingingo y’ 107 y’iri Tegeko, ifite umutwe ugira uti “Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa”, ivuga ko “Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 19 =

Previous Post

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Related Posts

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

by radiotv10
10/03/2026
0

Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zatanze ibyumba bitatu by’ishuri zavuguruye, ku...

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

by radiotv10
10/03/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihigu, ubu akaba ari Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusubiza mu Buzima...

IZIHERUKA

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa
MU RWANDA

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

10/03/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

10/03/2026
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.