• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubujura no gusambanya abana b’abakobwa babanje kubashukisha akazi bakoresheje amayeri babaga baziranyeho.

Aba basore berekanywe kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026, ni Sebahizi Jean Christosme w’imyaka 27 na mugenzi we Twagirayezu Jean Marie Vianney w’imyaka 34.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry avuga ko ibyaha bikekwa kuri aba baosre bihuriye ku guhamagarwa kw’abantu bizezwaga akazi gahemba neza no kubaremamo icyizere bitagatuma bibwa, bakanasambanwa.

Dr Murangira ati “Byatangiye ari ubwambuzi bushukana bikaranira havuyemo n’ibyaha biremereye byo gusambanya abantu.”

Avuga ko umwe muri aba basore yashakaga abakozi, undi akitwa Umuyobozi wa kampani. Sebahizi Jean Christosme yajyaga muri Gare ya Nyabugogo gushaka abana b’abakobwa bashobora gushukwa mu buryo byoroshye, agafata Telephone akivugisha ari irunde rwe ngo “Urampemukiye niriwe ngutegereje muri Gare none burije.” Agahita yegera uwo mukobwa uri hafi ye agatangira kumubwira ati “None ko hari umukozi umpemukiye ntiwaza ugakora akazi kugira ngo boss atambwira nabi.”

Uyu Sebahizi, mu ibazwa rye, yavugaga ko kugira ngo abone ko uwo mukobwa yashukwa, yarebaga uwo yabonaga usa nk’umuturage “washukwa mu buryo bworoshye.”

Dr Murangira avuga ko iyo uwo mwana w’umukobwa yabyemeraga, undi yahitaga amuhuza na boss we, ubundi bagahana gahunda, nyuma bakajya i Rwamagana, uwamutwaye yabonaga butarira akamutinza mu nzira mu mayeri atandukanye.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko iyo amasaha yasatiraga ko bwira, umwe muri aba basore yajyanaga uwo mwana w’umukobwa ahazwi nko ki Kijumba mu Karere ka Rwamagana, akamushuka ko boss we yamutumye inkoko, akamusaba ko bajya kuyimushakira.

Ati “Ubwo bakamanuka mu gashyamba agahita akuramo icyuma. Urumva umuntu nk’uwo ahita atungurwa, kumushyiraho icyuma, ati ‘zana ibyo ufitebyose, ryama hasi…’ akamusambanya yarangiza akamwaka ibyo afite byose akirukanka.”

Dr Murangira avuga ko abamaze gutanga ibirego ku byaha bishinjwa aba bantu, ari barindwi. Mu batanze ibirego, harimo babiri basambanirijwe mu gashyamba ko mu Murenge wa Musha.

Aba basore bakurkiranweho ibyaha bitanu birimo icyo gusambanya abana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ndetse n’icyaha cyo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − four =

Previous Post

Eng.-President Kagame in Paris, France

Next Post

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.