Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubujura no gusambanya abana b’abakobwa babanje kubashukisha akazi bakoresheje amayeri babaga baziranyeho.

Aba basore berekanywe kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026, ni Sebahizi Jean Christosme w’imyaka 27 na mugenzi we Twagirayezu Jean Marie Vianney w’imyaka 34.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry avuga ko ibyaha bikekwa kuri aba baosre bihuriye ku guhamagarwa kw’abantu bizezwaga akazi gahemba neza no kubaremamo icyizere bitagatuma bibwa, bakanasambanwa.

Dr Murangira ati “Byatangiye ari ubwambuzi bushukana bikaranira havuyemo n’ibyaha biremereye byo gusambanya abantu.”

Avuga ko umwe muri aba basore yashakaga abakozi, undi akitwa Umuyobozi wa kampani. Sebahizi Jean Christosme yajyaga muri Gare ya Nyabugogo gushaka abana b’abakobwa bashobora gushukwa mu buryo byoroshye, agafata Telephone akivugisha ari irunde rwe ngo “Urampemukiye niriwe ngutegereje muri Gare none burije.” Agahita yegera uwo mukobwa uri hafi ye agatangira kumubwira ati “None ko hari umukozi umpemukiye ntiwaza ugakora akazi kugira ngo boss atambwira nabi.”

Uyu Sebahizi, mu ibazwa rye, yavugaga ko kugira ngo abone ko uwo mukobwa yashukwa, yarebaga uwo yabonaga usa nk’umuturage “washukwa mu buryo bworoshye.”

Dr Murangira avuga ko iyo uwo mwana w’umukobwa yabyemeraga, undi yahitaga amuhuza na boss we, ubundi bagahana gahunda, nyuma bakajya i Rwamagana, uwamutwaye yabonaga butarira akamutinza mu nzira mu mayeri atandukanye.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko iyo amasaha yasatiraga ko bwira, umwe muri aba basore yajyanaga uwo mwana w’umukobwa ahazwi nko ki Kijumba mu Karere ka Rwamagana, akamushuka ko boss we yamutumye inkoko, akamusaba ko bajya kuyimushakira.

Ati “Ubwo bakamanuka mu gashyamba agahita akuramo icyuma. Urumva umuntu nk’uwo ahita atungurwa, kumushyiraho icyuma, ati ‘zana ibyo ufitebyose, ryama hasi…’ akamusambanya yarangiza akamwaka ibyo afite byose akirukanka.”

Dr Murangira avuga ko abamaze gutanga ibirego ku byaha bishinjwa aba bantu, ari barindwi. Mu batanze ibirego, harimo babiri basambanirijwe mu gashyamba ko mu Murenge wa Musha.

Aba basore bakurkiranweho ibyaha bitanu birimo icyo gusambanya abana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ndetse n’icyaha cyo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 4 =

Previous Post

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Related Posts

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zatanze ibyumba by’amashuri zavuguruye i Cabo Delgado muri Mozambique

by radiotv10
10/03/2026
0

Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zatanze ibyumba bitatu by’ishuri zavuguruye, ku...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari abo iperereza ryafashe ku rupfu rw’umugore basanze yapfuye iruhande rwe hari icupa ry’inzoga

by radiotv10
10/03/2026
0

Iperereza ry'ibanze ku rupfu rw’umugore w’imyaka 40 basanze yapfuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, ryafashe abagabo babiri...

IZIHERUKA

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga
MU RWANDA

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

by radiotv10
10/03/2026
0

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

10/03/2026
Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.