Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuze ko intambara na Iran izarangira vuba.
Ibiciro by’amavuta byari byarazamutse birenga amadorali 100 y’Amerika ku wa Mbere, kikaba ari cyo giciro cyo hejuru cyane cyari kibayeho kuva mu 2022, ubwo u Burusiya bwateraga Ukraine bigahungabanya isoko ry’ingufu ku rwego rw’Isi.
Ibyo byatewe n’uko ibihugu nka Saudi Arabia n’ibindi byo mu Burasirazuba bwo Hagati bitanga peteroli ku Isi bihagaritse kuyohereza, kubera intambara ya Amerika na Israel kuri Iran ikomeje gufata indi ntera, bituma habaho ubwoba bw’uko isoko ry’ibikomoka kuri peteroli ryahungabana.
Gusa izo mpungenge zabaye nk’izigabanuka nyuma y’aho ibiciro by’amavuta bitangiye kugabanuka. Iryo gabanuka ryabaye nyuma y’uko Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin agiranye ibiganiro kuri telefoni na Perezida Donald Trump baganira ku buryo bwo kurangiza iyi ntambara yo muri Iran, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Putin, Kremlin, kuri uyu wa Kabiri.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, Perezida Donald Trump yavuze ko atekereza ko intambara yo muri Iran ishobora kuba yamaze kurangira, kandi ko Washington yayirangije mbere y’igihe yari yateganyije kiri hagati y’ibyumweru bine na bitanu.
Gusa Trump yanatangaje ko Amerika ishobora kongera kugaba ibitero bikomeye kuri Iran iramutse igerageje guhagarika ubwikorezi bw’amabato atwara ibikomoka kuri peteroli anyura mu muhora wa Hormuz, inzira y’amazi icamo hafi igice cya kabiri cy’amavuta ajya hirya no hino ku Isi.
Perezida Trump yagize ati: “Iran niramuka igize icyo ikora kigamije kubihagarika, izahita ihura n’ibitero bikomeye cyane kurushaho.
Nzabarasa bikomeye kandi mu gihe gito cyane, ku buryo batazigera bongera kwisuganya na rimwe. Niba bashaka gukina uwo mukino, byaba byiza batabikoze… Rero bagomba gufungura inzira ya Hormuz, kuko kuyifunga bigira ingaruka ku bindi bihugu kurusha uko bigira kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko twe ubu dufite Venezuela nk’umufatanyabikorwa mushya wacu mwiza cyane.
Icyo twe turi gukora ni ukurinda Isi ibikorwa by’ubusazi Iran igerageza gukora, kandi turimo kubigeraho neza cyane.”
Nyuma y’uko Trump atangaje ibyo, kuri uyu wa Kabiri ingabo zo mu mutwe udasanzwe wa Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), zatangaje ko batazemerera ko hari na litiro imwe y’amavuta izava mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bikomeje.
Kugeza ubu, iyi ntambara imaze guhitana ubuzima bw’abaturage basaga 1,330 muri Iran, kuva Amerika na Israel batangira kuyigabaho ibitero, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bakomeretse muri iyi ntambara.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10











