Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuze ko intambara na Iran izarangira vuba.

Ibiciro by’amavuta byari byarazamutse birenga amadorali 100 y’Amerika ku wa Mbere, kikaba ari cyo giciro cyo hejuru cyane cyari kibayeho kuva mu 2022, ubwo u Burusiya bwateraga Ukraine bigahungabanya isoko ry’ingufu ku rwego rw’Isi.

Ibyo byatewe n’uko ibihugu nka Saudi Arabia n’ibindi byo mu Burasirazuba bwo Hagati bitanga peteroli ku Isi bihagaritse kuyohereza, kubera intambara ya Amerika na Israel kuri Iran ikomeje gufata indi ntera, bituma habaho ubwoba bw’uko isoko ry’ibikomoka kuri peteroli ryahungabana.

Gusa izo mpungenge zabaye nk’izigabanuka nyuma y’aho ibiciro by’amavuta bitangiye kugabanuka. Iryo gabanuka ryabaye nyuma y’uko Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin agiranye ibiganiro kuri telefoni na Perezida Donald Trump baganira ku buryo bwo kurangiza iyi ntambara yo muri Iran, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Putin, Kremlin, kuri uyu wa Kabiri.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, Perezida Donald Trump yavuze ko atekereza ko intambara yo muri Iran ishobora kuba yamaze kurangira, kandi ko Washington yayirangije mbere y’igihe yari yateganyije kiri hagati y’ibyumweru bine na bitanu.

Gusa Trump yanatangaje ko Amerika ishobora kongera kugaba ibitero bikomeye kuri Iran iramutse igerageje guhagarika ubwikorezi bw’amabato atwara ibikomoka kuri peteroli anyura mu muhora wa Hormuz, inzira y’amazi icamo hafi igice cya kabiri cy’amavuta ajya hirya no hino ku Isi.

Perezida Trump yagize ati: “Iran niramuka igize icyo ikora kigamije kubihagarika, izahita ihura n’ibitero bikomeye cyane kurushaho.

Nzabarasa bikomeye kandi mu gihe gito cyane, ku buryo batazigera bongera kwisuganya na rimwe. Niba bashaka gukina uwo mukino, byaba byiza batabikoze… Rero bagomba gufungura inzira ya Hormuz, kuko kuyifunga bigira ingaruka ku bindi bihugu kurusha uko bigira kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko twe ubu dufite Venezuela nk’umufatanyabikorwa mushya wacu mwiza cyane.

Icyo twe turi gukora ni ukurinda Isi ibikorwa by’ubusazi Iran igerageza gukora, kandi turimo kubigeraho neza cyane.”

Nyuma y’uko Trump atangaje ibyo, kuri uyu wa Kabiri ingabo zo mu mutwe udasanzwe wa Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), zatangaje ko batazemerera ko hari na litiro imwe y’amavuta izava mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bikomeje.

Kugeza ubu, iyi ntambara imaze guhitana ubuzima bw’abaturage basaga 1,330 muri Iran, kuva Amerika na Israel batangira kuyigabaho ibitero, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bakomeretse muri iyi ntambara.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eight =

Previous Post

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Next Post

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.