Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 35, Kyle Walker, yatangaje ko asezeye gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, nyuma yo kutagaragara mu bakinnyi bahamagawe n’umutoza Thomas Tuchel.

Walker yakiniye Ubwongereza imikino 96, nyuma yo gukina umukino we wa mbere mu Ugushyingo 2011. Mu gihe yamaze mu ikipe y’igihugu, yakoranye n’abatoza bane ari bo Fabio Capello, Roy Hodgson, Gareth Southgate na Thomas Tuchel.

Umukino wa nyuma Walker yakiniye Ubwongereza ni uwo batsinzemo Albania ibitego 2-0 mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi muri Werurwe 2025. Nyuma y’aho, yasimbuwe na Reece James ku mukino wakurikiyeho wa Latvia, kuva icyo gihe ntiyongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu.

Walker, usanzwe akinira Burnley, yavuze ko gukinira Ubwongereza ari cyo cyubahiro gikomeye kurusha ibindi yagize mu mwuga we wo gukina ruhago.

Yagize ati “Gukinira Ubwongereza byabaye icyubahiro gikomeye mu buzima bwanjye bw’umupira w’amaguru. Buri gihe nambaraga umwambaro w’iyi kipe byari ibintu bikomeye kuri njye no ku muryango wanjye.”

Kyle Walker yasezeye mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza

Yakomeje avuga ko nyuma yo kubitekerezaho cyane, yabonye ko iki ari igihe cyiza cyo guha umwanya abakinnyi bato bazamuka.

Ati “Ndishimira urugendo nagize kandi ndashimira abatoza, bagenzi banjye n’abafana bose bagize uruhare muri uru rugendo.”

Umutoza w’Ubwongereza, Thomas Tuchel, na we yashimiye Walker ku kazi yakoze mu ikipe y’igihugu.

Yagize ati “Nzi neza ko abafana bose b’Ubwongereza bazafatanya nanjye gushimira Kyle ku rugendo rudasanzwe yagize mu ikipe y’igihugu.”

Tuchel yavuze ko imyaka 14 Walker amaze akinira ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ndetse n’amarushanwa akomeye atanu yitabiriye bigaragaza ubwitange bwe bukomeye mu ikipe y’igihugu.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

Next Post

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

Related Posts

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

by radiotv10
10/03/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yasabye abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo kurangwa n’ubupfura, byumwihariko asaba Rugaju Reagan...

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Itsinda ‘Umurava APR Fan Club’ ry’abafana b’ikipe ya APR FC, ryafatiye icyemezo cyo kwirukana burundu umwe mu bari barigize, nyuma...

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa...

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

by radiotv10
09/03/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club igiye kuzana umukinnyi Quinn Cook wakinnye muri Shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

by radiotv10
08/03/2026
0

Ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS ntizahiriwe n'urugendo rw'i Rubavu dore ko zombi zahanganyirije ku munsi wa 23 wa...

IZIHERUKA

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye
AMAHANGA

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

by radiotv10
11/03/2026
0

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

11/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

11/03/2026
Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

11/03/2026
Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.