Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 35, Kyle Walker, yatangaje ko asezeye gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, nyuma yo kutagaragara mu bakinnyi bahamagawe n’umutoza Thomas Tuchel.
Walker yakiniye Ubwongereza imikino 96, nyuma yo gukina umukino we wa mbere mu Ugushyingo 2011. Mu gihe yamaze mu ikipe y’igihugu, yakoranye n’abatoza bane ari bo Fabio Capello, Roy Hodgson, Gareth Southgate na Thomas Tuchel.
Umukino wa nyuma Walker yakiniye Ubwongereza ni uwo batsinzemo Albania ibitego 2-0 mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi muri Werurwe 2025. Nyuma y’aho, yasimbuwe na Reece James ku mukino wakurikiyeho wa Latvia, kuva icyo gihe ntiyongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu.
Walker, usanzwe akinira Burnley, yavuze ko gukinira Ubwongereza ari cyo cyubahiro gikomeye kurusha ibindi yagize mu mwuga we wo gukina ruhago.
Yagize ati “Gukinira Ubwongereza byabaye icyubahiro gikomeye mu buzima bwanjye bw’umupira w’amaguru. Buri gihe nambaraga umwambaro w’iyi kipe byari ibintu bikomeye kuri njye no ku muryango wanjye.”

Yakomeje avuga ko nyuma yo kubitekerezaho cyane, yabonye ko iki ari igihe cyiza cyo guha umwanya abakinnyi bato bazamuka.
Ati “Ndishimira urugendo nagize kandi ndashimira abatoza, bagenzi banjye n’abafana bose bagize uruhare muri uru rugendo.”
Umutoza w’Ubwongereza, Thomas Tuchel, na we yashimiye Walker ku kazi yakoze mu ikipe y’igihugu.
Yagize ati “Nzi neza ko abafana bose b’Ubwongereza bazafatanya nanjye gushimira Kyle ku rugendo rudasanzwe yagize mu ikipe y’igihugu.”
Tuchel yavuze ko imyaka 14 Walker amaze akinira ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ndetse n’amarushanwa akomeye atanu yitabiriye bigaragaza ubwitange bwe bukomeye mu ikipe y’igihugu.
Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10











