• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Chelsea FC yo mu Bwongereza, warangiye iyi kipe y’i Paris isanzwe inamamaza Visit Rwanda inyagiye ibitego 5-2 iyo mu Bwongereza.

Ni umukino ubanza wabaye mu ijoro ryacyeye i Paris mu Bufaransa, aho Perezida Paul Kagame yaranitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku ngufu za Nikeleyeri, yanatangiyemo ikiganiro ku wa Kabiri tariki 10 Werurwe 2026.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko “Muri iri joro i Paris, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa UEFA Champions League kuri Parc des Princes, aho ikipe y’umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda Paris Saint-Germain yabonye intsinzi y’ibitego 5-2 bya Chelsea FC.”

Muri Sitade, Perezida Kagame yari yicaranye na Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, wanagiye asura u Rwanda mu bihe binyuranye birimo ubwo yarugendereraga muri 2010 ubwo yari akiri Umukuru wa kiriya Gihugu.

U Rwanda n’iyi kipe ya Paris Saint-Germain, binjiye mu masezerano y’imikoranire mu kwamamaza gahunda ya Visit Rwanda muri 2019, aho iyi kipe yamamaza iki kirango muri iriya sitade ya Parc des Princes yanabereyemo uyu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame.

Nyuma yuko aya masezerano y’imyaka itatu yari arangiye muri 2023, yarongerewe agera muri 2025, na bwo yaje kongerwa akazageza muri 2028.

Ni umukino wabereye muri Parc des Princes
Perezida Kagame na Nicolas Sarkozy

Perezida Kagame yahawe impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + thirteen =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Next Post

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.