Iran yatangaje ko isi igomba kwitegura ko igiciro cya peteroli gishobora gutumbagira kikagera ku madolari 200 ku kagunguru kamwe, nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, ingabo zayo zagabye ibitero ku mato y’ibicuruzwa yari ari kunyura mu nzira y’amazi Iran yafunze.
Iran kandi yarashe kuri Israel no ku bindi bice byo mu Burasirazuba bwo Hagati kuri uyu wa Gatatu, igaragaza ko igishoboye kwihimura no kurwana, nubwo Amerika yari yatangaje ko ibitero byayo na Israel kuri Iran ari byo bikomeye cyane byigeze kubaho kuva iyi ntambara yatangira.
Ibiciro bya peteroli byari byazamutse cyane mu ntangiriro z’iki cyumweru, icyakora kugeza kuri uyu wa Kabiri byari byatangiye kugabanuka, nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yatanze ikizere ko intambara yatangije afatanyije na Israel mu byumweru bibiri bishize ishobora kurangira vuba, kuko nta bintu byinshi bisigaye byo kugabwaho ibitero muri Iran.
Gusa kugeza ubu nta kugabanuka kw’imirwano kuragaragara muri iyi ntambara, ndetse nta n’ikimenyetso cyerekana ko amato ashobora kongera kunyura mu Muyoboro wa Hormuz mu mutekano, aho hafi kimwe cya gatanu cya peteroli ikoreshwa ku isi igifungiye inyuma y’uyu muhora ku nkombe za Iran.
Ibi bishobora guhungabanya bikomeye isoko ry’ingufu n’ibikomoka kuri peteroli ku isi, ibintu byaherukaga kubaho mu myaka ya 1970.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10










