Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyabaye i Goma kigahitana abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye, inasaba impande zose kubahiriza ibyo ziyemeje mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bishinzwe Umugabane wa Afurika muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko mu mujyi wa Goma hagabwe kiriya gitero.
Iri tangazo ry’Ishami rishinzwe Afurika muri Guverinoma ya US, rivuga ko “Igitero cy’Indege cyagabwe i Goma cyishe umukozi wa UN n’abasivile babiri, baje biyongera ku zindi mpfu z’abantu b’abasivile bakomeje kuburira ubuzima mu burasirazuba bwa DRC.”
America yaboneyeho kwihanganisha imiryango y’ababuriye ubuzima muri kiriya gitero, inasaba impande zose ziri muri iriya mirwano mu burasirazuba bwa DRC kurinda abakozi b’Umuryango w’Ababumbye ndetse n’abandi bari mu bikorwa by’ubutabazi.
Muri iri tangazo, Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, ikomeza ivuga ko “Kugaba ibitero mu bice by’abasivile, ni ibintu bidashobora kwihanganirwa.”
Ibi biro bya America bishinzwe Umugabane wa Afurika, bisoza bigira biti “Leta Zunze Ubumwe za America yizeye ko impande zose ziri mu makimbirane zubahiriza ibyo ziyemeje.”
Si Leta Zunze Ubumwe za America zamaganye kiriya gitero gusa, kuko n’Umuryango w’Abibumbye wanaburiyemo umukozi wawo, kimwe n’ibindi Bihugu, nk’u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, na bo bacyamaganiye kure.
Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma wagabwemo kiriya gitero, na ryo rikomeje gusohora amatangazo yamagana kiriya gitero, ariko rinasaba amahanga kugira icyo akora, kuko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge kemeranyijweho.
RADIOTV10









