Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyabaye i Goma kigahitana abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye, inasaba impande zose kubahiriza ibyo ziyemeje mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bishinzwe Umugabane wa Afurika muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko mu mujyi wa Goma hagabwe kiriya gitero.

Iri tangazo ry’Ishami rishinzwe Afurika muri Guverinoma ya US, rivuga ko “Igitero cy’Indege cyagabwe i Goma cyishe umukozi wa UN n’abasivile babiri, baje biyongera ku zindi mpfu z’abantu b’abasivile bakomeje kuburira ubuzima mu burasirazuba bwa DRC.”

America yaboneyeho kwihanganisha imiryango y’ababuriye ubuzima muri kiriya gitero, inasaba impande zose ziri muri iriya mirwano mu burasirazuba bwa DRC kurinda abakozi b’Umuryango w’Ababumbye ndetse n’abandi bari mu bikorwa by’ubutabazi.

Muri iri tangazo, Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, ikomeza ivuga ko “Kugaba ibitero mu bice by’abasivile, ni ibintu bidashobora kwihanganirwa.”

Ibi biro bya America bishinzwe Umugabane wa Afurika, bisoza bigira biti “Leta Zunze Ubumwe za America yizeye ko impande zose ziri mu makimbirane zubahiriza ibyo ziyemeje.”

Si Leta Zunze Ubumwe za America zamaganye kiriya gitero gusa, kuko n’Umuryango w’Abibumbye wanaburiyemo umukozi wawo, kimwe n’ibindi Bihugu, nk’u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, na bo bacyamaganiye kure.

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma wagabwemo kiriya gitero, na ryo rikomeje gusohora amatangazo yamagana kiriya gitero, ariko rinasaba amahanga kugira icyo akora, kuko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge kemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + eighteen =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Related Posts

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

by radiotv10
12/03/2026
0

Residents of the city of Goma in North Kivu Province, in the eastern part of the Democratic Republic of Congo,...

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

by radiotv10
12/03/2026
0

Abatuye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye...

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

by radiotv10
12/03/2026
0

Iran yatangaje ko isi igomba kwitegura ko igiciro cya peteroli gishobora gutumbagira kikagera ku madolari 200 ku kagunguru kamwe, nyuma...

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

by radiotv10
11/03/2026
0

Israel yatangaje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, yakomeretse amaguru yombi, umunsi se yiciweho, ari na byo bituma atagaragara mu...

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
11/03/2026
0

Abayobozi banyuranye mu Ihuriro AFC/M23, baravuga ko ibibombe byarashwe mu mujyi wa Goma n’uruhande bahanganye rukoresheje indege zitagira abapilote (drônes)...

IZIHERUKA

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government
AMAHANGA

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

by radiotv10
12/03/2026
0

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

12/03/2026
Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.