• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Sandra wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko mu yitwa City Maid yakinagamo yitwa Nadia, yatangaje ko yigeze gukundana n’umusoe banaganira ku by’ubukwe ariko agatahura ko yamubeshyaga.

Uyu mukobwa udaheruka kugaragara muri filimi, dore ko kuva yasezera muri iyi y’uruhererekane yitwa City Maid muri 2023 nta yindi arongera kugaragaramo.

Gusa avuga ko yakomeje kuba hafi y’uru ruganda, kandi ko hari indi filimi agiye kongera kugaragaramo yamaze no gukorwa ariko itarajya hanze, ikazasohoka vuba.

Uyu mukobwa wamenyekanye muri City Maid aho yakinaga afite umusore bakundana, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Chita Magic, abajijwe niba atajya akumbura inkuru z’urukundo nk’urwo yakinaga, yasubije ati “Urukungo se ko umuntu aruhoramo, ntabwo warukumburira kuri screen gusa.”

Sandra avuga ko kimwe n’abandi bakobwa bose, na we yanyuze mu bigeragezo bikunze kwibasira abakobwa, byo kubeshywa urukundo no gushakwa, ku buryo hari n’umusore wamubwiraga ko bazakorana ubukwe ariko akaza gutahura ko yamubeshyaga.

Avuga ko uwamubwiraga ko bagiye gukorana ubukwe, na we yabonaga ibimenyetso ko butazataha. Ati “Umuntu ukubeshya ntabwo ushobora kumuyoberwa.”

Gusa avuga ko icyo gihe na we yumvaga atarageze igihe cyo gukora iki gikorwa cyo gushyingiranwa n’umuntu bakazabana akaramata.

Ati “Nanjye ntabwo nari ndi muri position yo kumva ko ubwo bukwe bushobora kubaho, numvaga nyine ari ibintu […] ariko umuntu ukubeshya ntabwo ushobora kumuyoberwa, ajya kugera ku kinyoma cy’ubukwe yarakubeshye ibintu byinshi.”

Sandra avuga ko ari we wafashe icyemezo cyo kubihagarika kuko na we yabonaga ubwo bukwe butazabaho ariko mbere yabonaga bishoboka kubera urukundo. Ati “Njya nicara ngashima Imana, nkavuga nti ‘Mana urandinda’.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Next Post

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.