Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Sandra wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko mu yitwa City Maid yakinagamo yitwa Nadia, yatangaje ko yigeze gukundana n’umusoe banaganira ku by’ubukwe ariko agatahura ko yamubeshyaga.

Uyu mukobwa udaheruka kugaragara muri filimi, dore ko kuva yasezera muri iyi y’uruhererekane yitwa City Maid muri 2023 nta yindi arongera kugaragaramo.

Gusa avuga ko yakomeje kuba hafi y’uru ruganda, kandi ko hari indi filimi agiye kongera kugaragaramo yamaze no gukorwa ariko itarajya hanze, ikazasohoka vuba.

Uyu mukobwa wamenyekanye muri City Maid aho yakinaga afite umusore bakundana, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Chita Magic, abajijwe niba atajya akumbura inkuru z’urukundo nk’urwo yakinaga, yasubije ati “Urukungo se ko umuntu aruhoramo, ntabwo warukumburira kuri screen gusa.”

Sandra avuga ko kimwe n’abandi bakobwa bose, na we yanyuze mu bigeragezo bikunze kwibasira abakobwa, byo kubeshywa urukundo no gushakwa, ku buryo hari n’umusore wamubwiraga ko bazakorana ubukwe ariko akaza gutahura ko yamubeshyaga.

Avuga ko uwamubwiraga ko bagiye gukorana ubukwe, na we yabonaga ibimenyetso ko butazataha. Ati “Umuntu ukubeshya ntabwo ushobora kumuyoberwa.”

Gusa avuga ko icyo gihe na we yumvaga atarageze igihe cyo gukora iki gikorwa cyo gushyingiranwa n’umuntu bakazabana akaramata.

Ati “Nanjye ntabwo nari ndi muri position yo kumva ko ubwo bukwe bushobora kubaho, numvaga nyine ari ibintu […] ariko umuntu ukubeshya ntabwo ushobora kumuyoberwa, ajya kugera ku kinyoma cy’ubukwe yarakubeshye ibintu byinshi.”

Sandra avuga ko ari we wafashe icyemezo cyo kubihagarika kuko na we yabonaga ubwo bukwe butazabaho ariko mbere yabonaga bishoboka kubera urukundo. Ati “Njya nicara ngashima Imana, nkavuga nti ‘Mana urandinda’.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Related Posts

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

Marriage Therapy: Why Seeking Help for Your Relationship Is a Sign of Strength

by radiotv10
11/03/2026
0

In many relationships, couples expect love to naturally overcome every challenge. When problems arise, arguments, distance, misunderstandings, many people assume...

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

by radiotv10
10/03/2026
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bitegura kurushingana, berekanywe imbere y’itorero mbere yo gusezerana. Aimée Beauté Mushashi na Francis Nyamaswa...

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

by radiotv10
09/03/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie, nyuma yo gutaramira Abanyarwanda baba mu Bubiligi bakamwereka urukundo rwinshi, yabasezeranyije ko mu gihe cya vuba azasubira...

How to know who is your true friend

How to know who is your true friend

by radiotv10
08/03/2026
0

Friendship is one of the most valuable parts of life. A true friend is someone who makes you feel safe,...

Easy Tips for a Great Weekend

Easy Tips for a Great Weekend

by radiotv10
06/03/2026
0

The weekend is almost here! Want it to be relaxing, fun, and full of good vibes? These simple self-care tips...

IZIHERUKA

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.