Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yemeje urupfu rw’umusirikare wa mbere w’iki Gihugu ubuze ubuzima kuva intambara yo mu burasirazuba bwo hagati yatangira, aho yapfiriye muri Iraq mu gitero cya Iran.
Uyu musirikare yaguye mu gace ka Erbil muri Kurdistan muri Irak. Emmanuel Macron yatangaje, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, ko umusirikare w’Umufaransa yapfuye “mu gitero” mu gace ka Erbil muri Kurdistan muri Irak.
Yagize ati “L’adjudant-chef Arnaud Frion wo muri Batayo ya 7 ya chasseurs alpins de Varces yapfiriye u Bufaransa mu gitero cyagabwe mu karere ka Erbil muri Irak.”
Perezida Emmanuel Macron kandi yatangaje ko hari abandi basirikare benshi b’u Bufaransa na bo bakomeretse.
Uyu ni we musirikare wa mbere w’Umufaransa wishwe kuva intambara yatangira mu Burasirazuba bwo Hagati, yatewe n’ibitero Israel na Leta Zunze Ubumwe za America bagabye kuri Iran ku ya 28 Gashyantare, aho iyi ntambara yahise igera mu bindi Bihugu byo muri kariya karere.
Nk’uko Perezida w’u Bufaransa abitangaza, iki gitero cyari kigamije kwibasira ingabo zirwanya iterabwoba. Nk’uko byatangajwe n’ihuriro mpuzamahanga rirwanya jihadist riyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America, abasirikare baturutse mu Bihugu byinshi, birimo u Butaliyani n’u Bufaransa, barimo gutoza abagize ingabo z’umutekano z’Aba- Kurde muri Kurdistan ya Iraq.
Perezida Macron avuga ko “iyi ntambara yo muri Iran idakwiye gukurikirwa n’ibitero nk’ibi.”
Umutwe witwaje intwaro ushyigikiye Iran, wa Ashab al-Kahf, watangaje kuri Telegram, ko kuri uyu wa Gatanu wibasira “inyungu zose z’Abafaransa muri Iraq no mu karere” nyuma yo kohereza indege z’Abafaransa Charles de Gaulle mu kigobe.
Uyu mutwe wasabye abaturage kuguma nibura kure muri metero 500 uvuye ku birindiro muri Kurdistan ya Irak aho ingabo z’Abafaransa ziri.
RADIOTV10










