• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye
Share on FacebookShare on Twitter

Inyandiko y’umusesenguzi ku gitero cya drone cyabaye i Goma, igaragaza ko nubwo kugeza ubu ubwoko bw’iriya ndege n’ubw’igisasu cyarashwe, bitarasobanuka, ariko bigaragara ko amahirwe menshi byakozwe n’igisirikare cya Leta ya DRC (FARDC).

Ibi bikubiye mu nyandiko ya Ladd Serwat, umusesenguzi wo hejuru w’ikigo ACLED gikora amagenzura kikanatanga amakuru ku makimbirane, aba ari mu Bihugu binyuranye.

Uyu musesenguzi avuga ko “nyuma y’igitero cya Drone cyabaye i Goma kigahitana umukozi w’Umufaransa, ubwoko bwa drone cyangwa ubwa misile yarashwe n’aho yarasiwe biracyari urujijo. Gusa bimwe mu bimenyetso biragaraza ko byaba byaragizwemo uruhare n’Igisirikare cya Congo (FARDC).”

Agaragaza ibi bimenyetso aheraho, avuga ko “icya mbere ari ukuba FARDC ari yo ivugwa mu bitero byinshi by’indege na drone bikorwa mu burasirazuba bwa DRC kuva muri 2025. ACLED yakusanyije amakuru y’ibitero birenga 60 byakozwe n’igisirikare cya Congo muri uyu mwaka wa 2026 gusa.” Nyuma yo gukaza umurego mu bikorwa byacyo mu gihembwe cya nyuma cya 2025.

Avuga ko ihuriro AFC/M23 ryo ryakoze ibitero by’indege biri munsi ya 5% hagati ya 2025 na 2026.

Akomeza agaragaza ko “icya kandi ni uko ibikorwa byo mu kirere n’indege bya FARDC byibasiye ibirindiro by’ingenzi bya M23 n’abayobozi bakuru bayo muri Kivu ya Ruguru, birimo n’igiheruka cyagabwe muri uyu mwaka hafi y’agace ka Rubaya gakungagaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyishe Umuvugizi wa AFC/M23.”

Nanone kandi FARDC yagabye igitero cy’indege hafi y’agace ka Mushaki mu burengerazuba bwa Goma, ku itariki 07 Werurwe, ubwo habaga imirwano hagati ya M23 na Wazalendo muri Virunga.

Ladd Serwat avuga ko “habayeho guhuza ibi byose, umwuka uhari ndetse no gukaza umurego kw’ibikorwa bya FARDC muri Kivu ya Ruguru, ndetse n’imirwano iherutse kubaho, ibi bishimangira ko hari amahirwe menshi ko Igisirikare cya Congo ari cyo cyagira uruhare mu bitero byagabwa mu bice bigenzurwa na M23.”

Nyuma y’iki gitero cyahitanye abantu batatu barimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF, Ihuriro AFC/M23 ryahise risohora itangazo ryemeza ko cyagabwe n’uruhare bahangaye rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rukomeje kudakozwa kubahiriza agahenge kemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Next Post

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.