Friday, March 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye
Share on FacebookShare on Twitter

Inyandiko y’umusesenguzi ku gitero cya drone cyabaye i Goma, igaragaza ko nubwo kugeza ubu ubwoko bw’iriya ndege n’ubw’igisasu cyarashwe, bitarasobanuka, ariko bigaragara ko amahirwe menshi byakozwe n’igisirikare cya Leta ya DRC (FARDC).

Ibi bikubiye mu nyandiko ya Ladd Serwat, umusesenguzi wo hejuru w’ikigo ACLED gikora amagenzura kikanatanga amakuru ku makimbirane, aba ari mu Bihugu binyuranye.

Uyu musesenguzi avuga ko “nyuma y’igitero cya Drone cyabaye i Goma kigahitana umukozi w’Umufaransa, ubwoko bwa drone cyangwa ubwa misile yarashwe n’aho yarasiwe biracyari urujijo. Gusa bimwe mu bimenyetso biragaraza ko byaba byaragizwemo uruhare n’Igisirikare cya Congo (FARDC).”

Agaragaza ibi bimenyetso aheraho, avuga ko “icya mbere ari ukuba FARDC ari yo ivugwa mu bitero byinshi by’indege na drone bikorwa mu burasirazuba bwa DRC kuva muri 2025. ACLED yakusanyije amakuru y’ibitero birenga 60 byakozwe n’igisirikare cya Congo muri uyu mwaka wa 2026 gusa.” Nyuma yo gukaza umurego mu bikorwa byacyo mu gihembwe cya nyuma cya 2025.

Avuga ko ihuriro AFC/M23 ryo ryakoze ibitero by’indege biri munsi ya 5% hagati ya 2025 na 2026.

Akomeza agaragaza ko “icya kandi ni uko ibikorwa byo mu kirere n’indege bya FARDC byibasiye ibirindiro by’ingenzi bya M23 n’abayobozi bakuru bayo muri Kivu ya Ruguru, birimo n’igiheruka cyagabwe muri uyu mwaka hafi y’agace ka Rubaya gakungagaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyishe Umuvugizi wa AFC/M23.”

Nanone kandi FARDC yagabye igitero cy’indege hafi y’agace ka Mushaki mu burengerazuba bwa Goma, ku itariki 07 Werurwe, ubwo habaga imirwano hagati ya M23 na Wazalendo muri Virunga.

Ladd Serwat avuga ko “habayeho guhuza ibi byose, umwuka uhari ndetse no gukaza umurego kw’ibikorwa bya FARDC muri Kivu ya Ruguru, ndetse n’imirwano iherutse kubaho, ibi bishimangira ko hari amahirwe menshi ko Igisirikare cya Congo ari cyo cyagira uruhare mu bitero byagabwa mu bice bigenzurwa na M23.”

Nyuma y’iki gitero cyahitanye abantu batatu barimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF, Ihuriro AFC/M23 ryahise risohora itangazo ryemeza ko cyagabwe n’uruhare bahangaye rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rukomeje kudakozwa kubahiriza agahenge kemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Related Posts

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarimu bo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangaje ko...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa mbere w’u Bufaransa wishwe kuva intambara ya Iran yatangira

by radiotv10
13/03/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yemeje urupfu rw’umusirikare wa mbere w’iki Gihugu ubuze ubuzima kuva intambara yo mu burasirazuba bwo...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

by radiotv10
12/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyabaye i Goma kigahitana abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye,...

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

by radiotv10
12/03/2026
0

Abatuye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye...

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

by radiotv10
12/03/2026
0

Iran yatangaje ko isi igomba kwitegura ko igiciro cya peteroli gishobora gutumbagira kikagera ku madolari 200 ku kagunguru kamwe, nyuma...

IZIHERUKA

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye
AMAHANGA

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

by radiotv10
13/03/2026
0

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

13/03/2026
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

13/03/2026
Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

13/03/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

13/03/2026
Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

13/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.