Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye
Share on FacebookShare on Twitter

Inyandiko y’umusesenguzi ku gitero cya drone cyabaye i Goma, igaragaza ko nubwo kugeza ubu ubwoko bw’iriya ndege n’ubw’igisasu cyarashwe, bitarasobanuka, ariko bigaragara ko amahirwe menshi byakozwe n’igisirikare cya Leta ya DRC (FARDC).

Ibi bikubiye mu nyandiko ya Ladd Serwat, umusesenguzi wo hejuru w’ikigo ACLED gikora amagenzura kikanatanga amakuru ku makimbirane, aba ari mu Bihugu binyuranye.

Uyu musesenguzi avuga ko “nyuma y’igitero cya Drone cyabaye i Goma kigahitana umukozi w’Umufaransa, ubwoko bwa drone cyangwa ubwa misile yarashwe n’aho yarasiwe biracyari urujijo. Gusa bimwe mu bimenyetso biragaraza ko byaba byaragizwemo uruhare n’Igisirikare cya Congo (FARDC).”

Agaragaza ibi bimenyetso aheraho, avuga ko “icya mbere ari ukuba FARDC ari yo ivugwa mu bitero byinshi by’indege na drone bikorwa mu burasirazuba bwa DRC kuva muri 2025. ACLED yakusanyije amakuru y’ibitero birenga 60 byakozwe n’igisirikare cya Congo muri uyu mwaka wa 2026 gusa.” Nyuma yo gukaza umurego mu bikorwa byacyo mu gihembwe cya nyuma cya 2025.

Avuga ko ihuriro AFC/M23 ryo ryakoze ibitero by’indege biri munsi ya 5% hagati ya 2025 na 2026.

Akomeza agaragaza ko “icya kandi ni uko ibikorwa byo mu kirere n’indege bya FARDC byibasiye ibirindiro by’ingenzi bya M23 n’abayobozi bakuru bayo muri Kivu ya Ruguru, birimo n’igiheruka cyagabwe muri uyu mwaka hafi y’agace ka Rubaya gakungagaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyishe Umuvugizi wa AFC/M23.”

Nanone kandi FARDC yagabye igitero cy’indege hafi y’agace ka Mushaki mu burengerazuba bwa Goma, ku itariki 07 Werurwe, ubwo habaga imirwano hagati ya M23 na Wazalendo muri Virunga.

Ladd Serwat avuga ko “habayeho guhuza ibi byose, umwuka uhari ndetse no gukaza umurego kw’ibikorwa bya FARDC muri Kivu ya Ruguru, ndetse n’imirwano iherutse kubaho, ibi bishimangira ko hari amahirwe menshi ko Igisirikare cya Congo ari cyo cyagira uruhare mu bitero byagabwa mu bice bigenzurwa na M23.”

Nyuma y’iki gitero cyahitanye abantu batatu barimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF, Ihuriro AFC/M23 ryahise risohora itangazo ryemeza ko cyagabwe n’uruhare bahangaye rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rukomeje kudakozwa kubahiriza agahenge kemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Next Post

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.