Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet Mazimpaka ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagizwe umuyobozi wa Televiziyo ya KC2 asimbura Gloria Mukamabano uherutse gusezera.
Izamurwa mu ntera rya Japhet Mazimpaka wari usanzwe azwi kuri Radio Magic na yo y’iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, ryamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2026 nyuma y’iminsi micye uwo asimbuye [Gloria Mukamabano] asezeye ndetse agahita yerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Moses Iradukunda na we usanzwe ari umunyamakuru wa RBA, unahurira mu kiganiro ‘Samedi Detente’ na Japhet, yamwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano nshya yahawe zo kuyobora iyi shene ya televiziyo ya RBA (KC2).
Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga, Moses yagize ati “Ndakwifuriza ishya n’ihirwe ku nshingano nshya wahawe. Bigaragaza ko ibyo wakoze byose byahawe agaciro. Genda, uteze imbere KC2. Nzakumbura ibiganiro byose twakoranye, ariko kandi nishimiye intambwe wateye.”
Japhet Mazimpaka wize itangazamakuru n’itumanaho anafitiye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, anafite iy’icyiciro cya gatatu yakuye muri ULK, mu bijyanye n’imiyoborere, yahawe muri 2024.
Uyu munyamakuru unazwi mu ruganda rw’urwenya aho azwi cyane muri ‘Bigomba Guhinduka’ yari asanzwe akora ikiganiro ‘Magic Morning’ gitambuka kuri Magic FM mu masaha ya mu gitondo yakoranagamo na mugenzi we Anick Uwingabiye.


RADIOTV10











