Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

radiotv10by radiotv10
14/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye mu kongera umubare w’abanyeshuri bitabira amasomo, nubwo hari ibibazo by’ibikorwa remezo bikiri kugaragara.

Umuyobozi w’ishuri rya GS Mushubi riri mu Karere ka Nyamagabe, Sr Umuja Ancille, avuga ko iyi gahunda yafashije abana benshi kwitabira ishuri kuko babona amafunguro ku ishuri, bikabafasha kwiga neza. Gusa avuga ko kubera ubwiyongere bw’abanyeshuri, ibikorwaremezo birimo inzu zo kuriramo ari ikibazo kuko ntabyo barira mu mashuri.

Yagize ati “Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yafashije cyane mu kongera umubare w’abanyeshuri bitabira amasomo. Ariko usanga ibikorwaremezo bitajyanye n’ubwiyongere bwabo, ku buryo hari aho abana baririra mu mashuri kubera kubura inzu zabugenewe zo kuriramo.”

Musabyemariya Immaculée nawe ni  umuyobozi wa GS Ruhango  mu Karere ka Ruhango, agaragaza ko kubura inzu zo kuriramo (refectoire) mu bigo bimwe na bimwe bigira ingaruka ku myigire y’abanyeshuri.

Ati “Iyo abana baririye mu mashuri bakoreramo amasomo, bituma gahunda z’amasomo zidakorwa neza kandi n’isuku ntibe imeze neza nk’iyo baba bafite inzu zabugenewe zo kuriramo.”

Aba bayobozi b’amashuri bavuga ko usibye ikibazo cy’inzu zo kuriramo, hari n’ikibazo cy’amashuri adahagije, aho usanga mu byumba bimwe abanyeshuri bicara ari benshi ku ntebe imwe.

Ku ruhande rwa Minisiteri y’Uburezi, umuyobozi mukuru ushinzwe ubuzima n’imibereho myiza by’abanyeshuri, Nsengiyumva Jean Damascene, avuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yagize uruhare runini mu kugabanya abana bataga ishuri bitewe n’uko ababyeyi batabashaga kubabonera amafunguro.

Ati “Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yatumye umubare w’abanyeshuri wiyongera cyane. Ibi byatumye ibikorwaremezo bimwe na bimwe birimo inzu zo kuriramo n’amashuri biba bike, ariko hari gahunda yo kubyongera kugira ngo bijyane n’ubwiyongere bw’abanyeshuri.”

Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko iyi gahunda yabanje gufasha gukemura ikibazo cy’abana bataga ishuri kubera ubukene bw’imiryango yabo, aho bamwe mu babyeyi batashoboraga kubabonera amafunguro. Ikigiye gukurikira  ni ugukomeza kongera ibikorwaremezo birimo ibyumba by’amashuri n’inzu zo kuriramo, kugira ngo abanyeshuri bigire mu buzima bwiza kandi batekereje ku masomo yabo neza.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Next Post

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.