Saturday, March 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

radiotv10by radiotv10
14/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye mu kongera umubare w’abanyeshuri bitabira amasomo, nubwo hari ibibazo by’ibikorwa remezo bikiri kugaragara.

Umuyobozi w’ishuri rya GS Mushubi riri mu Karere ka Nyamagabe, Sr Umuja Ancille, avuga ko iyi gahunda yafashije abana benshi kwitabira ishuri kuko babona amafunguro ku ishuri, bikabafasha kwiga neza. Gusa avuga ko kubera ubwiyongere bw’abanyeshuri, ibikorwaremezo birimo inzu zo kuriramo ari ikibazo kuko ntabyo barira mu mashuri.

Yagize ati “Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yafashije cyane mu kongera umubare w’abanyeshuri bitabira amasomo. Ariko usanga ibikorwaremezo bitajyanye n’ubwiyongere bwabo, ku buryo hari aho abana baririra mu mashuri kubera kubura inzu zabugenewe zo kuriramo.”

Musabyemariya Immaculée nawe ni  umuyobozi wa GS Ruhango  mu Karere ka Ruhango, agaragaza ko kubura inzu zo kuriramo (refectoire) mu bigo bimwe na bimwe bigira ingaruka ku myigire y’abanyeshuri.

Ati “Iyo abana baririye mu mashuri bakoreramo amasomo, bituma gahunda z’amasomo zidakorwa neza kandi n’isuku ntibe imeze neza nk’iyo baba bafite inzu zabugenewe zo kuriramo.”

Aba bayobozi b’amashuri bavuga ko usibye ikibazo cy’inzu zo kuriramo, hari n’ikibazo cy’amashuri adahagije, aho usanga mu byumba bimwe abanyeshuri bicara ari benshi ku ntebe imwe.

Ku ruhande rwa Minisiteri y’Uburezi, umuyobozi mukuru ushinzwe ubuzima n’imibereho myiza by’abanyeshuri, Nsengiyumva Jean Damascene, avuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yagize uruhare runini mu kugabanya abana bataga ishuri bitewe n’uko ababyeyi batabashaga kubabonera amafunguro.

Ati “Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yatumye umubare w’abanyeshuri wiyongera cyane. Ibi byatumye ibikorwaremezo bimwe na bimwe birimo inzu zo kuriramo n’amashuri biba bike, ariko hari gahunda yo kubyongera kugira ngo bijyane n’ubwiyongere bw’abanyeshuri.”

Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko iyi gahunda yabanje gufasha gukemura ikibazo cy’abana bataga ishuri kubera ubukene bw’imiryango yabo, aho bamwe mu babyeyi batashoboraga kubabonera amafunguro. Ikigiye gukurikira  ni ugukomeza kongera ibikorwaremezo birimo ibyumba by’amashuri n’inzu zo kuriramo, kugira ngo abanyeshuri bigire mu buzima bwiza kandi batekereje ku masomo yabo neza.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Related Posts

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

by radiotv10
14/03/2026
0

As children grow, their bodies naturally go through many changes. These changes can sometimes confuse or even scare them if...

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza,...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

by radiotv10
13/03/2026
0

Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z'Ingabo (Defence...

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

by radiotv10
13/03/2026
0

Every year, more people from across Africa, Europe, Asia, and America choose Kigali as a place to live, work, or...

IZIHERUKA

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga
IMIBEREHO MYIZA

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

14/03/2026
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

13/03/2026
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

13/03/2026
Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

13/03/2026
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

13/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.