Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

radiotv10by radiotv10
14/03/2026
in MU RWANDA
0
Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka baraheba, babibazaho bagasabwa gukomeza gutegereza bihanganye.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagali ka Mahembe; bavuga ko mu gihe cyo kubaruza ubutaka babikoze nk’abandi baturage bose, ariko nyuma y’igihe kinini bategereje ibyangombwa baraheba. Bavuga ko byabateye impungenge nyuma yo kubona abandi babibonye  bo ntibabihabwa.

Mukanemeye ati “Twategereje ibyangombwa birabura, nyuma tubaza impamvu batubwira ko tugomba gukomeza gutegereza ko bizaza. Ubu imyaka irashize tubitegereje twarahebye.”

Aba baturage bavuga ko kenshi inzego zishinzwe ubutaka ndetse n’abayobozi batandukanye bagiye babasura bakabizeza ko ikibazo cyabo kizakemuka vuba, ariko imyaka igashira indi igataha ntibahabwe ibyangombwa byabo.

Bavuga ko kutagira ibyangombwa by’ubutaka bibashyira mu bibazo bitandukanye birimo no kutabasha kububyaza umusaruro uko bikwiye cyangwa kubukoresha mu bikorwa bibateza imbere.

Rubayiza ati “Kutagira ibyangombwa by’ubutaka bituma tutabasha gutera imbere uko bikwiye. Hari ibikorwa twakora ariko tukabibura kubera ko nta byangombwa byemeza ubutaka bwacu dufite.”

Aba baturage bavuga ko ikibazo atari icy’abantu bake kuko hari benshi mu Mudugudu wa Nyabisindu bafite ikibazo nk’icyo, bagasaba inzego zibishinzwe kugikurikirana bakabona ibyangombwa by’ubutaka byabo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukangenzi Alphonsine, ntiyashatse kugira byinshi atangaza kuri iki kibazo. Mu butumwa bugufi, yasabye ko ahabwa imyirondoro y’abaturage bafite ikibazo kugira ngo gikurikiranwe. Ati “Mwaramutse neza,wampa amazina yabo tukamenya aho ikibazo kiri tukagikurikirana.”

Aba baturage bavuga ko ikibababaje ari uko batigeze babwirwa impamvu ituma batabona ibyangombwa by’ubutaka bwabo, ahubwo bagahora babwirwa ko bazabibona vuba ariko imyaka igashira nta gikozwe, ibintu bavuga ko bisa no gusiragizwa. Bakomeje gusaba inzego zibishinzwe kubafasha iki kibazo kigakemuka bakabona ibyangombwa by’ubutaka byabo.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Next Post

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.