Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka baraheba, babibazaho bagasabwa gukomeza gutegereza bihanganye.
Aba baturage bo mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagali ka Mahembe; bavuga ko mu gihe cyo kubaruza ubutaka babikoze nk’abandi baturage bose, ariko nyuma y’igihe kinini bategereje ibyangombwa baraheba. Bavuga ko byabateye impungenge nyuma yo kubona abandi babibonye bo ntibabihabwa.
Mukanemeye ati “Twategereje ibyangombwa birabura, nyuma tubaza impamvu batubwira ko tugomba gukomeza gutegereza ko bizaza. Ubu imyaka irashize tubitegereje twarahebye.”
Aba baturage bavuga ko kenshi inzego zishinzwe ubutaka ndetse n’abayobozi batandukanye bagiye babasura bakabizeza ko ikibazo cyabo kizakemuka vuba, ariko imyaka igashira indi igataha ntibahabwe ibyangombwa byabo.
Bavuga ko kutagira ibyangombwa by’ubutaka bibashyira mu bibazo bitandukanye birimo no kutabasha kububyaza umusaruro uko bikwiye cyangwa kubukoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Rubayiza ati “Kutagira ibyangombwa by’ubutaka bituma tutabasha gutera imbere uko bikwiye. Hari ibikorwa twakora ariko tukabibura kubera ko nta byangombwa byemeza ubutaka bwacu dufite.”
Aba baturage bavuga ko ikibazo atari icy’abantu bake kuko hari benshi mu Mudugudu wa Nyabisindu bafite ikibazo nk’icyo, bagasaba inzego zibishinzwe kugikurikirana bakabona ibyangombwa by’ubutaka byabo.
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukangenzi Alphonsine, ntiyashatse kugira byinshi atangaza kuri iki kibazo. Mu butumwa bugufi, yasabye ko ahabwa imyirondoro y’abaturage bafite ikibazo kugira ngo gikurikiranwe. Ati “Mwaramutse neza,wampa amazina yabo tukamenya aho ikibazo kiri tukagikurikirana.”
Aba baturage bavuga ko ikibababaje ari uko batigeze babwirwa impamvu ituma batabona ibyangombwa by’ubutaka bwabo, ahubwo bagahora babwirwa ko bazabibona vuba ariko imyaka igashira nta gikozwe, ibintu bavuga ko bisa no gusiragizwa. Bakomeje gusaba inzego zibishinzwe kubafasha iki kibazo kigakemuka bakabona ibyangombwa by’ubutaka byabo.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10









