Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in MU RWANDA
0
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho gusagarira abayobozi barimo Mayor n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, bari bagiye kumena inzoga zitemewe zengwa n’umuturage, aho umwe muri aba bayobozi bamukomerekeje.

Ibi byabaye ubwo bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bajyaga ahantu hakekwaga gukorerwa no gucururizwa inzoga zitemewe kugira ngo bazimene, ariko bamwe mu bakoreraga uwo muturage bazengaga izo nzoga babasagarira bashaka kubakubita, bituma bamwe mu bayobozi bakomereka.

Umwe mu baturage batuye muri uwo mudugudu yavuze ko byabaye mu buryo butunguranye, aho bamwe mu bakoreraga uwengaga izo nzoga bahise bagaragaza imyitwarire y’urugomo.

Yagize ati: “Abayobozi bari baje kumena inzoga zitemewe, ariko bamwe mu bakoreraga uwazengaga batera amabuye  umuyobozi w’akarere ari kumwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, nyuma umuyobozi w’akarere amaze kugenda haje umuyobozi w’umurenge ngo aganirize abaturage, abakozi ba wa muntu wengaga akanacuruza inzoga zitemewe  baramukubita baramukomeretsa.”

Undi muturage yavuze ko nyuma y’ibi byabaye bamwe mu bakekwaho uruhare muri uru rugomo bahise bacika, ariko ko hari abandi inzego z’umutekano zahise zitwara kugira ngo batange amakuru ku bagize uruhare muri ibyo bikorwa.

Ati “Hari abahise biruka baracika ntibafatwa, ariko hari abandi bafashwe kugira ngo batange amakuru. Twifuza ko abakoze ibi bashakishwa bagashyikirizwa ubutabera kuko kuba batarafatwa dufite ubwoba.’’

Abaturage bavuga kandi ko ibikorwa by’urugomo nk’ibi bidakwiye kwihanganirwa, cyane ko ngo si ubwa mbere bibaye muri uwo mudugudu.

Uyu muturage yagize ati: “Ibi bikorwa by’urugomo ntibikwiye kubaho. Turasaba inzego z’umutekano ko abakoze ibi bashakishwa bagahanwa kuko ngo nubundi bikunze gukorwa aho usanga bakorera urugomo abaturage kandi bigakorwa n’abantu bamwe aribo babo bagize uruhare mu gushaka gukubita abayobozi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko bamwe mu bagaragaye muri ibi bikorwa bari gukurikiranwa, anavuga ko iperereza rigikomeje kugira ngo ababigizemo uruhare bose bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

Ati “Bamwe mu baturage bari mu bikorwa bigayitse byo gukora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge,inzego zigiyeyo kubimena bamwe mu baturage bashaka kwihagararaho ngo bitamenwa,hari bamwe muribo polisi yafashe ubugenzacyaha buri kubakurikirana ku cyaha cyo gukora ibigakorwa bigayitse birimo gukora ibyo binyobwa bitemewe no kwigomeka ku mategeko.”

Yanaburiye abishora mu bikorwa nk’ibyo ko Polisi n’izindi nzego z’umutekano zitazihanganira uwo ari we wese uhungabanya umutekano.

Hagati aho bamwe mu baturage bavuga ko kuba abagize uruhare muri uru rugomo batarafatwa bose bibateye impungenge, bagasaba ko aka gace kacungirwa umutekano by’umwihariko mu gihe hagishakishwa abakekwaho uruhare muri ibi bikorwa.

Harimo hakorwa ibikorwa byo gufata abakora inzoga zitemewe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 1 =

Previous Post

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

Next Post

Rainy Season Tips: Stay Safe If You Get Cold Allergies

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rainy Season Tips: Stay Safe If You Get Cold Allergies

Rainy Season Tips: Stay Safe If You Get Cold Allergies

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.