Igisirikare cya Israel cyemeje ko kishe umuyobozi wo mu nzego zo hejuru muri Iran, uherutse gusaba Perezdia Donald Trumo ko “akwiye kwitonda cyangwa akazicwa”.
Ali Larijani wari umuyobozi w’Inama Nkuru y’Umutekano w’Igihugu muri Iran, yishwe nyuma y’iminsi mike agaragaye ari kumwe na Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi mu mihanda ya Tehran mu rugendo rwabaye ku wa Gatanu ubwo hizihizwaha umunsi uzwi nka pro-Palestinian Quds.
Ubwo yaganiraga na televiziyo, Larijani yagize ati “Ikibazo cya Trump ni uko atumva ko Igihugu cya Iran gifite ubunararibonye kandi gihamye.”
Larijani w’imyaka 67 yari umwe mu bayobozi 10 ba Repubulika ya Iran bari bashyiriweho miliyoni $10 na Leta Zunze Ubumwe za America ku wa Gatanu ku bazamwivugana.
Nanone kandi mu rindi tangazo ry’Igisirikare cya Israel, cyemeje ko kivuganye na Gen. Gholam Reza Soleimani, wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Revolutionary Guard’s all-volunteer Basij force, aho cyavuze ko yivuganywe “mu gitero cyari kimugambiriye muri Tehran.”
Iri tangazo rya IDF, rivuga ko “mu myigaragambyo yabaye mu Gihugu cya Iran byumwihariko mu bihe bya vuba, igisirikare cya Basij cyiyobowe na Soleimani, cyakoze ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu, guta muri yombi abaturage no gukoresha ingufu z’umurengera ku basivile bigaragambyaga.”
Itangazo ry’igisirikare cya Israel, rivuga ko “larijani n’Umugaba mukuru wa Basij bishwe mu mu ijoro ryakeye,” kandi ko bakurikiye [Ayatollah Ali] Khamenei, n’abandi bayobozi ngo bari bakuriye ibikorwa bibi.
RADIOTV10








